• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15

France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15

Ubwanditsi 15 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu rubanza rubera i Paris mu Bufaransa, ubushinjacyaha bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana igifungo cy’imyaka 15 kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi akurikiranyweho

Kuri uyu wa gatatu tariki 15 Ukuboza 2021 nibwo urukiko rw’ i Paris mu Bufaransa rwumvise imyanzuro y’ ubushinjacyaha n’iy’ubwunganizi bwa Claude Muhayimana, Umunyarwanda ufite n’ubwenegihugu bw’Ubufaransa, akaba aregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

 

 

Uyu mugabo w’imyaka 60 ashinjwa kuba yarakoresheje imodoka ya Hotel Guest House yatwaraga, akajyana Interahamwe mu bitero binyuranye byaguyemo Abatutsi benshi mu mujyi wa Kibuye no mu nkegero zayo.

Ubushinjacyaha bwabwiye abacamanza ko bushingiye ku byavuzwe n’ abatangabuhamya bashinje Claude Muhayimana, ndetse n’ibimenyetso bimuhamya icyaha, bumusabira gufungwa imyaka 15. Ni mu gihe Me Philippe Meilhac umwunganira mu mategeko asaba ko”umukiliya” we agirwa umwere, ngo kuko nta bubasha yari afite bwo kwanga amabwiriza yo gutwara abicanyi.

Mu ntangiriro z’urubanza, Impuzamiryango CPCR iharanira Ubutabera n’Inyungu z’Abakotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ari nayo yakomeje guhirimbana kugeza Claude Muhayimana agejejwe mu butabera, yabwiye itangazamakuru ko kubera uburemere bw’ibyaha bimuhama, Claude Muhayimana yagombye guhanishwa gufungwa burundu.

Uru rubanza rwatangiye tariki 22 Ugushyingo uyu mwaka, humvwa abatangabuhamya babarirwa muri 50, barimo n’umugore wa Claude Muhayimana, Mediatrice Musengeyezu, wavuze ko yamwiboneye yica Abatutsi. Harimo kandi abakoranye ibyaha nawe, babyemeye bakanabisabira imbabazi.

Imyanzuro y’urukiko itegerejwe kuri uyu wa kane, tariki 16 Ukuboza 2021.
Uru ni urubanza rwa 3 rubunashirije mu Bufaransa abaregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu zindi 2 zabanje, abagabo babiri bahoze ari ba burugumesitiri, Tito Barahira na Octavien Ngenzi, bahanishijwe gufungwa burundu, naho Pascal Simbikangwa wari kapiteni mu ngabo zatsinzwe ahanishwa igifungo cy’imyaka 25.

2021-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abagande bakomeje gufatirwa ku mupaka bakora ubucuruzi butemewe

Abagande bakomeje gufatirwa ku mupaka bakora ubucuruzi butemewe

Ubwanditsi 02 Jul 2019
Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Ubwanditsi 07 Sep 2022
Nyaruguru: Ababyeyi basabwe kurushaho gushishikariza abana kugira umuco wo gusoma barushaho kubyaza umusaruro amasomero ahari

Nyaruguru: Ababyeyi basabwe kurushaho gushishikariza abana kugira umuco wo gusoma barushaho kubyaza umusaruro amasomero ahari

Ubwanditsi 09 Sep 2022
Abaturage b’I Rubavu bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka uhuza u Rwanda na DRC barashimira Leta yabagabanyirije ibiciro byo kwipimisha Covid 19

Abaturage b’I Rubavu bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka uhuza u Rwanda na DRC barashimira Leta yabagabanyirije ibiciro byo kwipimisha Covid 19

Ubwanditsi 30 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera

Ubwanditsi 13 Sep 2019
Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”
Amakuru

Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”

Ubwanditsi 08 Mar 2022
Abakinnyi 10 batsinze ibitego byinshi muri shampiyona zo ku mugabane w’u Burayi
IMIKINO

Abakinnyi 10 batsinze ibitego byinshi muri shampiyona zo ku mugabane w’u Burayi

Ubwanditsi 15 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru