• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Insoresore zisaga 50 za NRM zatawe muri yombi

Uganda: Insoresore zisaga 50 za NRM zatawe muri yombi

Ubwanditsi 14 Jan 2019 Mu Mahanga

Insoresore zisaga 50 zo mu ishyaka NRM riri ku butegetsi muri Uganda, kuri uyu wa Mbere zatawe muri yombi n’igipolisi ubwo zasatiraga ahakorera inteko ishinga amategeko zigiye gusaba Perezidante w’Inteko Ishinga Amategeko, Rebecca Kadaga gusaba u Bwongereza kurekeraho kwivanga mu bibazo bya Uganda.

Igipolisi kiravuga ko aba batawe muri yombi kubera gutegura igikorwa kitemewe n’amategeko.

Izi nsoresore zari ziganjemo izambaye imyambaro y’umuhondo, ibara ry’ishyaka NRM, zari zishyiriye umukuru w’inteko ishinga amategeko urwandiko bamaganamo ikiganiro mpaka giherutse kuba mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza ku bibazo bijyanye na demokarasi, imiyoborere n’iyubahirizwa ry’amategeko muri Uganda.

Bakavuga ko igikorwa cy’abagize inteko ishinga amategeko y’u Bwongereza cyo kwivanga mu bibazo bya politiki bya Uganda bibangamiye ubusugire bw’igihugu.

Iyi nkuru dukesha urubuga Softpower rwegereye Guverinoma ya Uganda iravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere itsinda ry’abapolisi ryahanganiye bikomeye n’izi nsoresore za NRM ku marembo y’Inteko Ishinga Amategeko zishaka kubonana na Rebecca Kadaga.

Umwe muri izi nsoresore avugana n’itangazamakuru yagize ati: “Ntabwo twaje hano ngo tuzanywe n’ubugizi bwa nabi. Icyo tudashaka ni uko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakoresha abanyamahanga mu kwivanga mu bibazo byacu.”

Undi we yavuze ko u Bwongereza bufite gahunda buhishe zirimo izo kuvoma umutungo kamere wa Uganda.

Nyuma yaho, biravugwa ko ushinzwe itangazamakuru mu nteko, Chris Obore, yaje kubonana n’izo nsoresore hanze y’inteko agashyikirizwa inyandiko yijeje ko ashyikiriza umuyobozi w’inteko.

Umuvugizi wungirije w’igipolisi muri Kampala, ASP Luke Owoyesigire aravuga ko izi nsoresore zisaga 50 zatawe muri yombi zifungiye kuri station ya polisi ya Kampala.

Mu cyumweru gishize abandi basore batatu bo muri NRM batawe muri yombi n’igipolisi bafatiwe kuri ambasade y’u bwongereza bigaragambya ku mpamvu nk’izi.

Muri iki cyumweru gishize kandi nibwo umudepite Dr Paul Williams wo mu bwongereza wari muri icyo kiganirompaka, yavuze ko uko abibona ndetse n’uko abaturage b’u Bwongereza babibona, demokarasi n’ubwisanzure bwa komisiyo y’amatora muri Uganda bibangamiwe n’ubuyobozi bwa Perezida Museveni.

Yavuze ko ubwisanzure n’uburenganzira bw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi nka Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) bakomeje gutotezwa ndetse benshi bagakorerwa iyicarubozo abadepite b’u bwongereza nk’inshuti za Uganda bakaba bakeneye amahirwe yo kubiganiraho.

2019-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rulindo: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye

Rulindo: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Muhongerwa Patricie atorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu mujyi wa Kigali

Muhongerwa Patricie atorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu mujyi wa Kigali

Ubwanditsi 20 Dec 2016
Impuguke mu karere zateraniye I Kigali mu kwigira hamwe uko hahashywa ibikorwa by’iterabwoba

Impuguke mu karere zateraniye I Kigali mu kwigira hamwe uko hahashywa ibikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 22 Feb 2017
Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Ubwanditsi 22 Jun 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Musengimana Jean Claude Ruhango Mbuye Rugarama
    January 16, 20195:28 am -

    Banange Ebintu Sibyangu

    http://www.musenge50@gmail.com

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Volleyball : Batatu barimo Nkurunziza Gustave wari Perezida bari mu maboko ya Polisi
IMIKINO

Volleyball : Batatu barimo Nkurunziza Gustave wari Perezida bari mu maboko ya Polisi

Ubwanditsi 18 Feb 2017
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yavuze impamvu nyamukuru yatumye adahamagara Bakame
IMIKINO

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yavuze impamvu nyamukuru yatumye adahamagara Bakame

Ubwanditsi 23 Aug 2018
APR FC izahura na Pyramids yo mu Misiri, Rayon Sports ihure na Singida Black Stars mu irushanwa rya mbere ry’Imikino Nyafurika.
Uncategorized

APR FC izahura na Pyramids yo mu Misiri, Rayon Sports ihure na Singida Black Stars mu irushanwa rya mbere ry’Imikino Nyafurika.

Ubwanditsi 09 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru