• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Insoresore zisaga 50 za NRM zatawe muri yombi

Uganda: Insoresore zisaga 50 za NRM zatawe muri yombi

Ubwanditsi 14 Jan 2019 Mu Mahanga

Insoresore zisaga 50 zo mu ishyaka NRM riri ku butegetsi muri Uganda, kuri uyu wa Mbere zatawe muri yombi n’igipolisi ubwo zasatiraga ahakorera inteko ishinga amategeko zigiye gusaba Perezidante w’Inteko Ishinga Amategeko, Rebecca Kadaga gusaba u Bwongereza kurekeraho kwivanga mu bibazo bya Uganda.

Igipolisi kiravuga ko aba batawe muri yombi kubera gutegura igikorwa kitemewe n’amategeko.

Izi nsoresore zari ziganjemo izambaye imyambaro y’umuhondo, ibara ry’ishyaka NRM, zari zishyiriye umukuru w’inteko ishinga amategeko urwandiko bamaganamo ikiganiro mpaka giherutse kuba mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza ku bibazo bijyanye na demokarasi, imiyoborere n’iyubahirizwa ry’amategeko muri Uganda.

Bakavuga ko igikorwa cy’abagize inteko ishinga amategeko y’u Bwongereza cyo kwivanga mu bibazo bya politiki bya Uganda bibangamiye ubusugire bw’igihugu.

Iyi nkuru dukesha urubuga Softpower rwegereye Guverinoma ya Uganda iravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere itsinda ry’abapolisi ryahanganiye bikomeye n’izi nsoresore za NRM ku marembo y’Inteko Ishinga Amategeko zishaka kubonana na Rebecca Kadaga.

Umwe muri izi nsoresore avugana n’itangazamakuru yagize ati: “Ntabwo twaje hano ngo tuzanywe n’ubugizi bwa nabi. Icyo tudashaka ni uko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakoresha abanyamahanga mu kwivanga mu bibazo byacu.”

Undi we yavuze ko u Bwongereza bufite gahunda buhishe zirimo izo kuvoma umutungo kamere wa Uganda.

Nyuma yaho, biravugwa ko ushinzwe itangazamakuru mu nteko, Chris Obore, yaje kubonana n’izo nsoresore hanze y’inteko agashyikirizwa inyandiko yijeje ko ashyikiriza umuyobozi w’inteko.

Umuvugizi wungirije w’igipolisi muri Kampala, ASP Luke Owoyesigire aravuga ko izi nsoresore zisaga 50 zatawe muri yombi zifungiye kuri station ya polisi ya Kampala.

Mu cyumweru gishize abandi basore batatu bo muri NRM batawe muri yombi n’igipolisi bafatiwe kuri ambasade y’u bwongereza bigaragambya ku mpamvu nk’izi.

Muri iki cyumweru gishize kandi nibwo umudepite Dr Paul Williams wo mu bwongereza wari muri icyo kiganirompaka, yavuze ko uko abibona ndetse n’uko abaturage b’u Bwongereza babibona, demokarasi n’ubwisanzure bwa komisiyo y’amatora muri Uganda bibangamiwe n’ubuyobozi bwa Perezida Museveni.

Yavuze ko ubwisanzure n’uburenganzira bw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi nka Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) bakomeje gutotezwa ndetse benshi bagakorerwa iyicarubozo abadepite b’u bwongereza nk’inshuti za Uganda bakaba bakeneye amahirwe yo kubiganiraho.

2019-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Jan 2022
Nyamagabe : Abayobozi 4 batawe muri yombi bazira  kunyereza umutungo wa rubanda muri gahunda ya Gir’inka

Nyamagabe : Abayobozi 4 batawe muri yombi bazira kunyereza umutungo wa rubanda muri gahunda ya Gir’inka

Ubwanditsi 14 Sep 2016
Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa

Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Lieutenant Seyoboka ukekwaho Jenoside yagejejwe i Kigali

Lieutenant Seyoboka ukekwaho Jenoside yagejejwe i Kigali

Ubwanditsi 18 Nov 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Musengimana Jean Claude Ruhango Mbuye Rugarama
    January 16, 20195:28 am -

    Banange Ebintu Sibyangu

    http://www.musenge50@gmail.com

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi
UBUKUNGU

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Ubwanditsi 18 May 2018
Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame
Amakuru

Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame

Ubwanditsi 17 Mar 2025
Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza
Amakuru

Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Ubwanditsi 26 Aug 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru