• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Burera: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe gushyira imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana

Burera: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe gushyira imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana

Ubwanditsi 12 Sep 2016 Mu Mahanga

Ushinzwe uburinganire n’iterambere ry’umuryango mu karere ka Burera, Iyakaremye Jeannette yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze muri aka karere kongera imbaraga mu kurwanya no gukumira ihohoterwa rikorerwa abana.

Ubu butumwa yabutanze mu mpera z’icyumweru gishize mu nama yagiranye n’abashinzwe irangamimerere, abashinzwe imibereho myiza y’abaturage n’abashinzwe kubahiriza ihame ry’uburinganire mu mirenge ya Bungwe, Cyanika, Kivuye, Butaro, Kinyababa, Kagogo, Kinoni na Rugarama.

Iyo nama yitabiriwe kandi n’ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego mu karere ka Burera, Assistant Inspector of Police (AIP) Phelin Nshimiyumukiza, akaba mu butumwa bwe yarasabye abo bayobozi kujya basobanurira abo bayobora ko kutandikisha umwana mu bitabo by’irangamimerere; cyangwa gutinda kubikora, kutamuvuza, kumuvana mu ishuri no kumwima urubuga rwo gutanga ibitekerezo cyangwa kwidagadura ari ukumuvutsa uburenganzira, kandi ko ari ibyaha bihanwa mu Rwanda.

Yagize ati:”Hari abavana abana babo cyangwa abo barerera mu ishuri kugira ngo babafashe imirimo imwe n’imwe nko guhinga cyangwa gucuruza, abandi babakoresha mu bucukuzi bw’amabuye yo kubakisha. Murasabwa guca burundu ibyo bikorwa; ndetse n’ibindi binyuranije n’uburenganzira bwabo.”

Iyakaremye yababwiye kandi ati:”Mujye musobanurira abo muyobora ko kubahiriza uburenganzira bw’umwana no kumurera neza ari ukurerera igihugu kubera ko bituma bavamo abaturage beza bagiteza imbere; kandi na bo batisize. Umwana agomba rero kurindwa ihohoterwa iryo ari ryo ryose.”

Mu ijambo rye, AIP Nshimiyumukiza yabwiye abo bayobozi ko guhohotera umwana harimo kumukoresha imirimo ivunanye, kumuha ibihano bidahwanye n’icyo yakoze, kumucuruza (icuruzwa ry’abantu), kumushimuta, no kumusambanya.

Yabasabye kujya bakangurira abatuye mu bice bayobora kwirinda amakimbirane kuko ari mu bituma abana bahunga iwabo; aho bamwe bava mu ishuri bakajya kwibera ku mihanda aho bakorera ibinyuranije n’amategeko nko kwishora mu biyobyabwenge.

AIP Nshimiyumukiza yababwiye kandi ati:”Mujye mubakangurira kudahishira bene iryo hohoterwa; ahubwo batange amakuru y’uwarikorewe ndetse n’uwarikoze kugira ngo bikurikiranwe mu maguru mashya. Ntimukabure kandi kubasaba kwirinda ibiyobyabwenge mubabwira ko bitera ababinyoye guhohotera abana babasambanya, kubakubira, n’ibindi byaha.”

-4033.jpg

Yabibukije ko amakuru y’ihohoterwa ryakorewe abana atangwa kuri Sitasiyo ya Polisi, cyangwa uyafite agahamagara nomero za telefone zitishyurwa 116 na 3029 (Isange One Stop Center).

RNP

2016-09-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Ubwanditsi 14 Jul 2016
Irobo yitwa Sophie yahuye na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia

Irobo yitwa Sophie yahuye na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Denmark: Twagirayezu uregwa Jenoside araburana ku koherezwa mu Rwanda

Denmark: Twagirayezu uregwa Jenoside araburana ku koherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Jan 2018
Impuguke zasabye gushyiraho ingamba zihangana n’ubuhezanguni

Impuguke zasabye gushyiraho ingamba zihangana n’ubuhezanguni

Ubwanditsi 23 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irakangurira Abaturarwanda gufata ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irakangurira Abaturarwanda gufata ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 14 Apr 2017
Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC
ITOHOZA

Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC

Ubwanditsi 20 Jul 2016
Leopold Munyakazi arashyize yoherejwe mu Rwanda kuburanishwa ibyaha yakoze
ITOHOZA

Leopold Munyakazi arashyize yoherejwe mu Rwanda kuburanishwa ibyaha yakoze

Ubwanditsi 27 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru