• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Ubwanditsi 23 Jul 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma yo guhamwa n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akanakatirwa igifungo cy’imyaka 30, urwego rushinzwe kurangiza imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho uRwanda,ICTR rwatangaje ko Augustin Ngirabatware azasoreza igihano cye muri gereza muri Senegal avuye Arusha muri Tanzaniya, aho yari afungiye kuva mu mwaka wa 2008.

Senegal ni kimwe mu bihugu 5 byagiranye amasezerano na Loni yo kwakira imfungwa zakatiwe na ICTR, kimwe na Mali,Benin, Ubusuwisi n’Ubufaransa.

Augustin Ngirabatwa yahoze ari Minisitiri w’Igenamigambi muri Leta yakoze Jenoside, akaba n’umukwe wa Kabuga Felisiyani, nawe uri mu maboko y’ubutabera mpuzamahanga bumukurikiranyeheho ibyaha birimo n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Augustin Ngirabatware yafatiwe mu Budage mu mwaka wa 2007, yoherezwa Arusha mu mwaka wakurikiyeho. Mu w’2014 urwa mbere rw’iremezo rwamukatiye igifungo cy’imyaka 35, ariko muw’2019 igihano gishyirwa ku myaka 30 amaze guhanagurwaho icyaha cyo gusambanya abagore ku ngufu.

Byinshi mu byaha byamuhamye bifitanye isano n’ubwicanyi bwakorewe Abatutsi mu yahoze ari Komini Nyamyumba, muri Gisenyi, ari naho akomoka.

Nyuma yaje kuregwa ikindi cyaha cyo gutera ubwoba abatangabuhamya no gutanga ruswa ngo bamushinjure, kiza no kumuhama, maze tariki 25 Kamena uyu mwaka akatirwa igihano cy’inyongera cyo gufungwa indi myaka 2.

Augustin Ngirabatware ni umwe mu bantu 61 Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho uRwanda rwakatiye ibihano binyuranye, kuri 93 rwashinje ibyaha bifitanye isano na Jenside yakorewe Abatutsi.

Magingo aya 30 baracyari muri gereza mu bihugu binyuranye, 22 barangije ibihano, naho 9 bapfuye batabishoje. Uvanyemo imyaka amaze muri gereza, Augustin Ngirabatware w’imyaka 64 y’amavuko asigaje indi 18 mu ibohero.

2021-07-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Oct 2019
Abandi bayoboke ba Zebiya nabo basubiye mu gihugu cyabo nyuma yo kwinangira bakanga kubahiriza amabwiriza agenga impunzi

Abandi bayoboke ba Zebiya nabo basubiye mu gihugu cyabo nyuma yo kwinangira bakanga kubahiriza amabwiriza agenga impunzi

Ubwanditsi 03 Apr 2018
Ibyinshi utari uzi kuri FDLR ifata urugero kuri Hitler

Ibyinshi utari uzi kuri FDLR ifata urugero kuri Hitler

Ubwanditsi 21 Sep 2019
Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi

Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi

Ubwanditsi 04 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubutegetsi mu Burundi ntibubona impamvu yo gushyikirana n’ababurwanya
Mu Rwanda

Ubutegetsi mu Burundi ntibubona impamvu yo gushyikirana n’ababurwanya

Ubwanditsi 09 Feb 2017
N’iki cyihishe inyuma yo gutangaza kwa bamwe ko bashaka kuyobora u Rwanda 2017
ITOHOZA

N’iki cyihishe inyuma yo gutangaza kwa bamwe ko bashaka kuyobora u Rwanda 2017

Ubwanditsi 03 Feb 2016
“Inzego Z’ubutasi Za Uganda Zikomeje Gahunda Yo Guharabika U Rwanda, Zifashishije Chimpreports”
INKURU NYAMUKURU

“Inzego Z’ubutasi Za Uganda Zikomeje Gahunda Yo Guharabika U Rwanda, Zifashishije Chimpreports”

Ubwanditsi 10 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru