• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Ubwanditsi 23 Jul 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma yo guhamwa n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akanakatirwa igifungo cy’imyaka 30, urwego rushinzwe kurangiza imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho uRwanda,ICTR rwatangaje ko Augustin Ngirabatware azasoreza igihano cye muri gereza muri Senegal avuye Arusha muri Tanzaniya, aho yari afungiye kuva mu mwaka wa 2008.

Senegal ni kimwe mu bihugu 5 byagiranye amasezerano na Loni yo kwakira imfungwa zakatiwe na ICTR, kimwe na Mali,Benin, Ubusuwisi n’Ubufaransa.

Augustin Ngirabatwa yahoze ari Minisitiri w’Igenamigambi muri Leta yakoze Jenoside, akaba n’umukwe wa Kabuga Felisiyani, nawe uri mu maboko y’ubutabera mpuzamahanga bumukurikiranyeheho ibyaha birimo n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Augustin Ngirabatware yafatiwe mu Budage mu mwaka wa 2007, yoherezwa Arusha mu mwaka wakurikiyeho. Mu w’2014 urwa mbere rw’iremezo rwamukatiye igifungo cy’imyaka 35, ariko muw’2019 igihano gishyirwa ku myaka 30 amaze guhanagurwaho icyaha cyo gusambanya abagore ku ngufu.

Byinshi mu byaha byamuhamye bifitanye isano n’ubwicanyi bwakorewe Abatutsi mu yahoze ari Komini Nyamyumba, muri Gisenyi, ari naho akomoka.

Nyuma yaje kuregwa ikindi cyaha cyo gutera ubwoba abatangabuhamya no gutanga ruswa ngo bamushinjure, kiza no kumuhama, maze tariki 25 Kamena uyu mwaka akatirwa igihano cy’inyongera cyo gufungwa indi myaka 2.

Augustin Ngirabatware ni umwe mu bantu 61 Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho uRwanda rwakatiye ibihano binyuranye, kuri 93 rwashinje ibyaha bifitanye isano na Jenside yakorewe Abatutsi.

Magingo aya 30 baracyari muri gereza mu bihugu binyuranye, 22 barangije ibihano, naho 9 bapfuye batabishoje. Uvanyemo imyaka amaze muri gereza, Augustin Ngirabatware w’imyaka 64 y’amavuko asigaje indi 18 mu ibohero.

2021-07-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abatwara ibinyabiziga baratungwa agatoki mu gufasha abacuruza ibiyobyabwenge.

Abatwara ibinyabiziga baratungwa agatoki mu gufasha abacuruza ibiyobyabwenge.

Ubwanditsi 06 Mar 2016
Dr Rose Mukankomeje yagaramye  ibyaha byose aregwa ( Yavuguruwe )

Dr Rose Mukankomeje yagaramye ibyaha byose aregwa ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 29 Mar 2016
Twiteguye kugenda kuri Kigali tugafata Kagame ari muzima – Imbonerakure

Twiteguye kugenda kuri Kigali tugafata Kagame ari muzima – Imbonerakure

Ubwanditsi 09 Dec 2018
U Rwanda rwanditse amateka yo gusoza itsinda badatsinzwe muri shampiyona y’isi ya Sitting Volleyball mu bagore , baba aba mbere babikoze muri Afurika

U Rwanda rwanditse amateka yo gusoza itsinda badatsinzwe muri shampiyona y’isi ya Sitting Volleyball mu bagore , baba aba mbere babikoze muri Afurika

Ubwanditsi 08 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntacyo u Burundi buzungukira  mu gukomanyiriza u Rwanda
Mu Rwanda

Ntacyo u Burundi buzungukira mu gukomanyiriza u Rwanda

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda
Amakuru

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2023
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”
HIRYA NO HINO

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Ubwanditsi 15 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru