• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uko Rusagara yakwirakwije amatwara ya RNC

Uko Rusagara yakwirakwije amatwara ya RNC

Ubwanditsi 07 Jan 2016 Mu Mahanga

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kane,Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwagarutse ku nyandiko z’ikoranabuhanga Rtd Brig. Gen. Frank Rusagara yagiye yoherereza abandi bantu binyuze muri emails, ubushinjacyaha bukabifata nko gukwirakwiza ibihuha kandi yari azi neza ukuri, aho kubinyomoza mu bushobozi yari afite.

Ubushinjacyaha burega Rusagara kuba yarafashe inyandiko zanditswe na Radio Mpuzamahanga y’Abafarasna, RFI, akazisangiza uwitwa Mukimbiri kuri email.

Izo nyandiko zari ibiganiro icyo kinyamakuru cyagiranye na Kayumba Nyamasa na Col Patrick Karegeya.

Muri iyo nyandiko Col Karegeya we ngo yavugaga ko bazi aho missiles zahanuye indege ya Habyarimana zavuye mu gihe Kayumba yavugagamo amagambo asebya Umukuru w’Igihugu.

Ubushinjacyaha buvuga ko byashoboraga guteza intugunda, kandi ngo kubigerageza no kubikora byose bihanwa kimwe.

Ubushinjacyaha buvuga ko nta cyiza cyarimo Rusagara yashakaga gusangiza uwitwa Mutabazi mu nyandiko isebya Umukuru w’Igihugu. Ibi ngo babihuza n’inyandikomvugo z’abandi batangabuhamya bamushinje bavuze ko yagendaga avuga amagambo atari meza ku Mukuru w’Igihugu.

Indi nyandiko ni iyo yoherereje Col Tom Byabagamba kuwa 13 Werurwe 2013, igaragaza ko u Rwanda rwahagarikiwe imfashanyo. Muri iyo nyandiko harimo ko u Rwanda rwateraga inkunga ibyaberaga muri Congo, Ubushinjacyaha bukabihuza n’aho yavuze ko abashinzwe dipolomasi batabyitwaramo neza.

Muri Mutarama 2013, Rusagara ngo yandikiye Sheena, Mukimbiri na Joseph Matsiko, abasangiza inyandiko isebya Umukuru w’Igihugu ya Rudasingwa Theogene, umwe mu bayobozi ba RNC,

Ibyo Ubushinjacyaha bubihuza n’inyandikomvugo zirimo iya Col Mulisa Jean Bosco zigaragaza uburyo yashimagizaga RNC.

Hari kandi inyandiko Rusagara yoherereje Capt David Kabuye kuwa 7 Gicurasi 2014, yo mu Kinyamakuru The Globe and Mail, ishinja Leta y’u Rwanda umugambi wo kwica abatavuga rumwe nayo.

Hari n’indi yari ikubiyemo uko abanyamahanga bavuga uko bishakiye kuri manda y’Umukuru w’Igihugu, hagamijwe kugumura abaturage.

Ubushinjacyaha buvuga ko ayo magambo Rusagara yayahaye Abanyarwanda n’Abanyamahanga, aho kubivuguruza nk’umunyabwenge n’umuntu wagize imirimo ikomeye mu gihugu, ahubwo we akabikwirakwiza.

Urubanza rurakomeje…..

2016-01-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’uburinganire muri Congo Brazaville yashimye imikorere ya Isange One Stop Center

Minisitiri w’uburinganire muri Congo Brazaville yashimye imikorere ya Isange One Stop Center

Ubwanditsi 14 Jun 2016
Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka

Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka

RUSHYASHYA 16 Jun 2026
Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Ubwanditsi 16 Jan 2023
Afunze akurikiranyweho impapuro mpimbano yibishije amafaranga 950,000 muri banki

Afunze akurikiranyweho impapuro mpimbano yibishije amafaranga 950,000 muri banki

Ubwanditsi 21 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gukomorerwa, Itorero Inganzo Ngari yateguye igitaramo cyo gususurutsa abakunzi ba gakondo
Amakuru

Nyuma yo gukomorerwa, Itorero Inganzo Ngari yateguye igitaramo cyo gususurutsa abakunzi ba gakondo

Ubwanditsi 09 Sep 2021
Ubwo Perezida Kagame yifurizaga Polisi y’u Rwanda umwaka muhire wa 2018 yayihaye umukoro wo kurushaho kunoza ibyo ikora
Mu Rwanda

Ubwo Perezida Kagame yifurizaga Polisi y’u Rwanda umwaka muhire wa 2018 yayihaye umukoro wo kurushaho kunoza ibyo ikora

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Aba-Ofisiye 1015 ba Polisi bazamuwe mu ntera, abandi 111 bashyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru
INKURU NYAMUKURU

Aba-Ofisiye 1015 ba Polisi bazamuwe mu ntera, abandi 111 bashyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 12 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru