• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uko Rusagara yakwirakwije amatwara ya RNC

Uko Rusagara yakwirakwije amatwara ya RNC

Ubwanditsi 07 Jan 2016 Mu Mahanga

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kane,Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwagarutse ku nyandiko z’ikoranabuhanga Rtd Brig. Gen. Frank Rusagara yagiye yoherereza abandi bantu binyuze muri emails, ubushinjacyaha bukabifata nko gukwirakwiza ibihuha kandi yari azi neza ukuri, aho kubinyomoza mu bushobozi yari afite.

Ubushinjacyaha burega Rusagara kuba yarafashe inyandiko zanditswe na Radio Mpuzamahanga y’Abafarasna, RFI, akazisangiza uwitwa Mukimbiri kuri email.

Izo nyandiko zari ibiganiro icyo kinyamakuru cyagiranye na Kayumba Nyamasa na Col Patrick Karegeya.

Muri iyo nyandiko Col Karegeya we ngo yavugaga ko bazi aho missiles zahanuye indege ya Habyarimana zavuye mu gihe Kayumba yavugagamo amagambo asebya Umukuru w’Igihugu.

Ubushinjacyaha buvuga ko byashoboraga guteza intugunda, kandi ngo kubigerageza no kubikora byose bihanwa kimwe.

Ubushinjacyaha buvuga ko nta cyiza cyarimo Rusagara yashakaga gusangiza uwitwa Mutabazi mu nyandiko isebya Umukuru w’Igihugu. Ibi ngo babihuza n’inyandikomvugo z’abandi batangabuhamya bamushinje bavuze ko yagendaga avuga amagambo atari meza ku Mukuru w’Igihugu.

Indi nyandiko ni iyo yoherereje Col Tom Byabagamba kuwa 13 Werurwe 2013, igaragaza ko u Rwanda rwahagarikiwe imfashanyo. Muri iyo nyandiko harimo ko u Rwanda rwateraga inkunga ibyaberaga muri Congo, Ubushinjacyaha bukabihuza n’aho yavuze ko abashinzwe dipolomasi batabyitwaramo neza.

Muri Mutarama 2013, Rusagara ngo yandikiye Sheena, Mukimbiri na Joseph Matsiko, abasangiza inyandiko isebya Umukuru w’Igihugu ya Rudasingwa Theogene, umwe mu bayobozi ba RNC,

Ibyo Ubushinjacyaha bubihuza n’inyandikomvugo zirimo iya Col Mulisa Jean Bosco zigaragaza uburyo yashimagizaga RNC.

Hari kandi inyandiko Rusagara yoherereje Capt David Kabuye kuwa 7 Gicurasi 2014, yo mu Kinyamakuru The Globe and Mail, ishinja Leta y’u Rwanda umugambi wo kwica abatavuga rumwe nayo.

Hari n’indi yari ikubiyemo uko abanyamahanga bavuga uko bishakiye kuri manda y’Umukuru w’Igihugu, hagamijwe kugumura abaturage.

Ubushinjacyaha buvuga ko ayo magambo Rusagara yayahaye Abanyarwanda n’Abanyamahanga, aho kubivuguruza nk’umunyabwenge n’umuntu wagize imirimo ikomeye mu gihugu, ahubwo we akabikwirakwiza.

Urubanza rurakomeje…..

2016-01-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Zimbabwe: Inteko igiye kweguza Robert Mugabe

Zimbabwe: Inteko igiye kweguza Robert Mugabe

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Abasirikare ba Congo bagabye igitero ku nyeshyama z’Abarundi ziyobowe na Gen. Nzabampema Aloys

Abasirikare ba Congo bagabye igitero ku nyeshyama z’Abarundi ziyobowe na Gen. Nzabampema Aloys

Ubwanditsi 03 Apr 2019
Inama za RGB ku bayobozi baterwa ubwoba n’ Itangazamakuru rivuga ibitagenda

Inama za RGB ku bayobozi baterwa ubwoba n’ Itangazamakuru rivuga ibitagenda

Ubwanditsi 19 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.
Amakuru

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Ubwanditsi 02 May 2024
U Rwanda rugiye gusaba Uganda ibisobanuro ku magambo ya ba minisitiri bavuze ko rumeze nk’igikombe cy’igikoma
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rugiye gusaba Uganda ibisobanuro ku magambo ya ba minisitiri bavuze ko rumeze nk’igikombe cy’igikoma

Ubwanditsi 26 Nov 2018
Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo
INKURU NYAMUKURU

Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Ubwanditsi 16 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru