• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uburiganya : Mpayimana Philippe yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Uburiganya : Mpayimana Philippe yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Ubwanditsi 27 May 2017 ITOHOZA

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje ko mu bantu batatu bifuza kuzaba abakandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri Kanama uyu mwaka bari gusinyisha hirya no hino mu gihugu, harimo abari kubikora mu buryo bunyuranyije n’amategeko bafatira abantu mu tubari n’amasoko ndetse abandi baha abaturage amafaranga kugira ngo babasinyire.

Igikorwa cyo gushaka imikono y’abantu 600 kuri aba bifuza kuba abakandida, cyatangiye tariki 13 Gicurasi, iminsi 30 mbere y’uko gutanga kandidatire bitangira nkuko itegeko rigenga amatora mu Rwanda ribiteganya.

Kugeza ubu, abantu batatu batangiye guharanira kuzavamo abakandida bigenga mu matora yo ku wa 3 na 4 Kanama, harimo Mpayimana Philippe waje kwiyamamaza aturutse mu Bufaransa, aho yari amaze imyaka 14; Shima Rwigara Diane na Mwenedata Gilbert wigeze no kwiyamamariza kuba umudepite ntibyamuhira.

-6647.jpg

Mpayimana Philippe

Aba bantu bose batangiye ibikorwa byo gushaka imikono nkuko babisabwa n’itegeko ariko ngo hari abatangiye kubikora mu buryo butemewe. Ubusanzwe itegeko rivuga ko ushaka iyo mikono ashobora kubikora ku giti cye cyangwa agashaka abantu bamenyeshejwe Komisiyo y’Amatora babimufashamo, ariko abo bakabikora byabanje kumenyeshwa ubuyobozi bw’akarere bagiye kubikoreramo kandi bigakorerwa ahantu hamwe hazwi nabwo.

Ubwo kuri uyu wa Mbere tariki 22 Gicurasi 2017 habaga inama ihuje inzego zinyuranye ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru ku bijyanye n’amatora, Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, yavuze ko bamwe muri abo bantu bifuza kuzaba abakandida bigenga bari gushaka imikono mu buryo butemewe n’amategeko, babikorera ahantu hatemewe.

Ati “Twagiranye inama nabo ku wa Gatanu tumaze kumenya ko batangiye n’uko babyifatamo kuko hari abagenda bakabikorera mu kabari bagasengerera abantu, hari abagenda ababasinyiye bakabaha amafaranga; ibyo byose twarabimenye turababuza tubabwira ko bakwiye kunyura ku buyobozi bakimenyekanisha, ko bakwiriye kumenyekanisha aho bazabikorera.”

Yakomeje agira ati “Nka Philippe [Mpayimana], avuga ko agomba kugenda, ko afite uburenganzira, ko atagomba kujya kwiyerekana, tukamubwira tuti ‘mu Rwanda ntabwo ari uko bimeze, hari ubutegetsi, ugomba kubumenyesha icyo ugamije’. Uwo mukobwa Diane [Rwigara] we atanga amafaranga. Turamubwira tuti ‘ntabwo ukwiriye gutanga amafaranga’, ati ‘rwose abantu baransinyira nkabona ko bangiriye neza kandi ndeba bakennye nkashaka kubafasha kubakura mu bukene nkabaha amafaranga.”

-6648.jpg

Diane Rwigara

Prof Mbanda asaba abayobozi batandukanye korohereza abo bantu basinyisha, babafasha kubikora mu mutekano, bibuka ko nabo ari Abanyarwanda kimwe n’abandi kandi ko bafite uburenganzira bwo gutora no gutorwa.

Ibi kandi byashimangiwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Musabyimana Jean Claude, wavuze ko abashaka imikono bageze no mu ntara ayoboye ndetse hagira na bamwe babikora mu nzira zitari zo.

Ati “Abakandida baraje mu ntara yacu kandi turabakira gusa nabo icyo tubasaba ni uko banyura mu nzira zemewe n’amategeko nta gusanga umuntu ajya gushaka abantu nijoro, atanga ruswa ngo bamusinyire n’ibindi bikorwa bitarimo ubunyangamugayo. Baraza ku buyobozi bakatubwira icyo bashaka, tukaborohereza kugira ngo bakore ibabazanye kandi kugeza ubu biragenda neza.”

Yakomeje agira ati “Hari abazaga bakajya kwandikira abantu mu tubari babasengerera, gusinyisha abaturage batazi impamvu bari gusinya, umuntu akaba yaza akakubwira ngo hari uburyo nshaka kuguha imfashanyo none wansinyira aha ngaha cyangwa ngo nunsinyira nzaguha ibi n’ibi. Ibyo rero nibyo twanze.”

Amategeko agenga amatora ateganya ko umuntu ushaka kwiyamamaza nk’umukandida wigenga agomba kubona imikono y’abantu 600, ndetse ntagomba kujya munsi y’abantu 12 bamusinyira muri buri karere.

Biteganyijwe ko hagati ya tariki 12 na 23 Kamena, hazakirwa kandidatire. Tariki 27 uko kwezi, Komisiyo y’Amatora izatangaza kandidatire z’agateganyo mbere y’uko hatangazwa iza burundu tariki 7 Nyakanga.

Abazaba bemejwe nk’abakandida, bazatangira ibikorwa byo kwiyamamaza tariki 17 Nyakanga birangire ku wa 3 Kanama, bucya haba amatora ny’ir’izina.

2017-05-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

HIMBARA YACITSE URURONDOGORO NYUMA YO KUBONA UKO KAGAME YAKIRIWE MURI SENEGAL NA GUINEA-CONAKRY

HIMBARA YACITSE URURONDOGORO NYUMA YO KUBONA UKO KAGAME YAKIRIWE MURI SENEGAL NA GUINEA-CONAKRY

Ubwanditsi 14 Mar 2016
Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero muri Centrafrique, abandi umunani barakomereka

Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero muri Centrafrique, abandi umunani barakomereka

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Ikimwaro : Benzinge, Rujugiro  na RNC basohoye ‘Proclamation’, bayitirira ko yanditswe n’Umwami Kigeli V Ndahindurwa

Ikimwaro : Benzinge, Rujugiro na RNC basohoye ‘Proclamation’, bayitirira ko yanditswe n’Umwami Kigeli V Ndahindurwa

Ubwanditsi 04 Feb 2017
Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ubwanditsi 11 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku nshuro ya mbere polisi y’u Rwanda yohereje abapolisi biganjemo abagore mu butumwa bw’amahoro
Mu Rwanda

Ku nshuro ya mbere polisi y’u Rwanda yohereje abapolisi biganjemo abagore mu butumwa bw’amahoro

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Justus Kangwagye yagizwe umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’Igihugu ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Justus Kangwagye yagizwe umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’Igihugu ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 06 Mar 2016
Kuva Darfur 2004 kugera Cabo Delgado 2021; urugendo rw’u Rwanda mu gutabara abari mu kaga rwerekanye ko Afurika yakwishakamo ibisubizo
Amakuru

Kuva Darfur 2004 kugera Cabo Delgado 2021; urugendo rw’u Rwanda mu gutabara abari mu kaga rwerekanye ko Afurika yakwishakamo ibisubizo

Ubwanditsi 19 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru