• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»MINUSCA: Umunyamategeko w’Umufaransa yirukanwe azira gushinja ingabo z’u Rwanda ubwicanyi
Juan Branco

MINUSCA: Umunyamategeko w’Umufaransa yirukanwe azira gushinja ingabo z’u Rwanda ubwicanyi

Ubwanditsi 01 Jun 2018 ITOHOZA

Umwunganizi mu mategeko w’Umufaransa, Juan Branco, yirukanwe muri Centrafrica inkubagahu nyuma yo gushinja ubwicanyi ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri iki gihugu.

Juan Branco, impuguke mu mategeko mpuzamahanga, yari yahawe akazi n’Umuryango w’Abibumbye nk’impuguke yigenga ngo akorane n’umushinjacyaha udasanzwe w’urukiko mpanabyaha rudasanzwe, Minusca ikaba yahise isesa amasezerano yari afitanye nawe azira amagambo aherutse gutangaza.

Iyi nkuru dukesha RFI ivuga ko Juan Branco wari wahawe akazi yagombaga gufatanya n’abandi gushyiraho uburyo bwo guperereza ibyaha bikabije byakorewe muri Centrafrica kuva mu 2003 kubw’umushinjacyaha udasanzwe, yirukanwe mu gihe uru rukiko rudasanzwe mpanabyaha (Cour pénale spéciale) rwendaga gutangira imirimo yarwo.

Biravugwa ko uyu mugabo aherutse kunyuza kuri twitter ye ubutumwa bushinja ingabo z’u Rwanda muri Minusca, kuba zarishe abaturage 30 kuwa 10 Mata mu gace ka PK5 I Bangui ndetse no kuba yarashidikanyaga ku kuba uru rukiko ruzakora iperereza ku byaha byakozwe n’ingabo za Loni.

Umuvugizi wa Minusca, Vladimir Monteiro, yatangaje ko ibyo yanditse kuri twitter  kandi bijyanye n’akazi ke byashoboraga gushyira mu kaga umutekano we ubwe, umutekano w’itsinda bagombaga gukorana ndetse n’uw’ubutumwa bwa Loni muri Centrafrica, akaba ari yo mpamvu bafashe icyemezo cyo kumwirukana.

Ku ruhande rwe ariko, Juan Branco aravuga ko iri yirukanwa rye ari ikimenyetso cy’uko uru rukiko mpanabyaha rudasanzwe rutazaba rwigenga.

2018-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

DONALD TRUMP  abaye Perezida wambere urahiriye  gutegeka Amerika adakunzwe

DONALD TRUMP abaye Perezida wambere urahiriye gutegeka Amerika adakunzwe

Ubwanditsi 24 Jan 2017
Al Gore, Blair, Kofi Annan n’abaperezida batanu bategerejwe i Kigali mu nama yiga ku buhinzi

Al Gore, Blair, Kofi Annan n’abaperezida batanu bategerejwe i Kigali mu nama yiga ku buhinzi

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda

Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda

Ubwanditsi 21 Apr 2021
IFOTO Y’UMUNSI : aba bagabo bombi bapfana iki ?

IFOTO Y’UMUNSI : aba bagabo bombi bapfana iki ?

Ubwanditsi 02 Aug 2018

5 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    June 1, 20187:27 pm -

    JUAN BRANCO ni docteur ntacyo bimubwiye ntabwo azabura akazi!!!

    Subiza
  2. Peres
    June 1, 20187:43 pm -

    None se yarabeshyeee???

    Subiza
    • muti
      June 2, 20183:23 pm -

      atabeshya se wowe waruhari? ziriya mbwa zarashwe nabanyarwanda nabarwanyi ntabwo ari abaturage.ikimenyimenyi bashatsemo abana nabagore barabura.icyakabiri nibo bateye ingabo zurwanda.ceceka rero ibitakureba ureba hejuru kandi ntugashyanuke mubyo utazi

      Subiza
  3. Juru
    June 2, 20184:54 pm -

    Akabaye icwende NgO ntikoga

    Subiza
  4. rwaka
    June 6, 20189:50 am -

    ariko kuki batajya muri siria ku ruhande bashyigikiye ngo twumve uko bavuga ? iy’ahaguma ! naho ibindi abamushyigikiye muguseby’ingabo z’uRwanda bavuga turabamenyereye, gusa abafaransa har’igihe bazamenya ko burya atari buno,kdi L’ONI irabizi niyo mpamvu yamucyuye, naho uvuga ngo ni Dr ntazabur’akazi ubanza nawe mu mutwe ?????? ibaze Dr wirukanwa na l’oni ukumva ari ntakibazo ? hhhh

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri
Amakuru

Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri

Ubwanditsi 25 Jan 2023
U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga iziga ku micungire y’imyanda mu mijyi
Mu Rwanda

U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga iziga ku micungire y’imyanda mu mijyi

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya
ITOHOZA

Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya

Ubwanditsi 26 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru