• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»MINUSCA: Umunyamategeko w’Umufaransa yirukanwe azira gushinja ingabo z’u Rwanda ubwicanyi
Juan Branco

MINUSCA: Umunyamategeko w’Umufaransa yirukanwe azira gushinja ingabo z’u Rwanda ubwicanyi

Ubwanditsi 01 Jun 2018 ITOHOZA

Umwunganizi mu mategeko w’Umufaransa, Juan Branco, yirukanwe muri Centrafrica inkubagahu nyuma yo gushinja ubwicanyi ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri iki gihugu.

Juan Branco, impuguke mu mategeko mpuzamahanga, yari yahawe akazi n’Umuryango w’Abibumbye nk’impuguke yigenga ngo akorane n’umushinjacyaha udasanzwe w’urukiko mpanabyaha rudasanzwe, Minusca ikaba yahise isesa amasezerano yari afitanye nawe azira amagambo aherutse gutangaza.

Iyi nkuru dukesha RFI ivuga ko Juan Branco wari wahawe akazi yagombaga gufatanya n’abandi gushyiraho uburyo bwo guperereza ibyaha bikabije byakorewe muri Centrafrica kuva mu 2003 kubw’umushinjacyaha udasanzwe, yirukanwe mu gihe uru rukiko rudasanzwe mpanabyaha (Cour pénale spéciale) rwendaga gutangira imirimo yarwo.

Biravugwa ko uyu mugabo aherutse kunyuza kuri twitter ye ubutumwa bushinja ingabo z’u Rwanda muri Minusca, kuba zarishe abaturage 30 kuwa 10 Mata mu gace ka PK5 I Bangui ndetse no kuba yarashidikanyaga ku kuba uru rukiko ruzakora iperereza ku byaha byakozwe n’ingabo za Loni.

Umuvugizi wa Minusca, Vladimir Monteiro, yatangaje ko ibyo yanditse kuri twitter  kandi bijyanye n’akazi ke byashoboraga gushyira mu kaga umutekano we ubwe, umutekano w’itsinda bagombaga gukorana ndetse n’uw’ubutumwa bwa Loni muri Centrafrica, akaba ari yo mpamvu bafashe icyemezo cyo kumwirukana.

Ku ruhande rwe ariko, Juan Branco aravuga ko iri yirukanwa rye ari ikimenyetso cy’uko uru rukiko mpanabyaha rudasanzwe rutazaba rwigenga.

2018-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Ubwanditsi 12 Mar 2024
Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Ubwanditsi 09 Aug 2019
Ibibazo 10 bibazwa Kayumba Nyamwasa

Ibibazo 10 bibazwa Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 10 Oct 2016
Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Ubwanditsi 15 May 2024

5 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    June 1, 20187:27 pm -

    JUAN BRANCO ni docteur ntacyo bimubwiye ntabwo azabura akazi!!!

    Subiza
  2. Peres
    June 1, 20187:43 pm -

    None se yarabeshyeee???

    Subiza
    • muti
      June 2, 20183:23 pm -

      atabeshya se wowe waruhari? ziriya mbwa zarashwe nabanyarwanda nabarwanyi ntabwo ari abaturage.ikimenyimenyi bashatsemo abana nabagore barabura.icyakabiri nibo bateye ingabo zurwanda.ceceka rero ibitakureba ureba hejuru kandi ntugashyanuke mubyo utazi

      Subiza
  3. Juru
    June 2, 20184:54 pm -

    Akabaye icwende NgO ntikoga

    Subiza
  4. rwaka
    June 6, 20189:50 am -

    ariko kuki batajya muri siria ku ruhande bashyigikiye ngo twumve uko bavuga ? iy’ahaguma ! naho ibindi abamushyigikiye muguseby’ingabo z’uRwanda bavuga turabamenyereye, gusa abafaransa har’igihe bazamenya ko burya atari buno,kdi L’ONI irabizi niyo mpamvu yamucyuye, naho uvuga ngo ni Dr ntazabur’akazi ubanza nawe mu mutwe ?????? ibaze Dr wirukanwa na l’oni ukumva ari ntakibazo ? hhhh

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isomo Leta ya Tshisekedi ikuye mu nama ya FRANCOPHONIE nyuma yo gushaka kwitambika kongera gutorwa kwa Louise Mushikiwabo 
Amakuru

Isomo Leta ya Tshisekedi ikuye mu nama ya FRANCOPHONIE nyuma yo gushaka kwitambika kongera gutorwa kwa Louise Mushikiwabo 

Ubwanditsi 20 Nov 2022
Burundi: Abasirikare bane biciwe mu gitero cy’abitwaje intwaro abandi 6 barakomereka
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Abasirikare bane biciwe mu gitero cy’abitwaje intwaro abandi 6 barakomereka

Ubwanditsi 21 Oct 2018
U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)
Amakuru

U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 21 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru