• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda

Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda

Ubwanditsi 21 Apr 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Bikimara kumenyekana ko Kaminuza ya Cambridge yo mu Bwongereza yakira Judi Rever kuri uyu wa gatatu tariki 21Mata 2020, Umuryango “Ibuka” uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abandi bantu bakabakaba 200 barimo abarimu muri za kaminuza, abashakashatsi n’ abanyamakuru bakomeye ku isi, bahise bandikira ubuyobozi bw’iyi Kaminuza, basaba guhagarika icyemezo kigayitse cyo guha urubuga umuntu upfobya Jenoside, kuko binyuranye n’amahame ndetse n’amategeko mpuzamahanga.

Ibi Kaminuza ya Cambridge yabyimye amatwi, ngo kuko “ikomeye ku ihame ry’uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo”.
Amakuru dukesha”Versity”, ikinyamakuru kigenga, kimaze imyaka 74 cyandikwa n’abanyeshuri ndetse n’abarimu ba Kaminuza ya Cambridge, aravuga ko iyi nkuru yo kwakira Judi Rever yatangaje kandi ikababaza benshi muri bo, ngo kuko amagambo ya Judi Rever adakwiriye kuvugirwa muri kaminuza yiyubashye nka Cambridge.

Ku rundi ruhade ariko ayo makuru ya “Versity” arasesengura uburyo Judi Rever ashobora kuba yitaye mu mutego, kuko ngo impuguke, abashakashatsi n’abandi bantu bazi neza ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi bashobora kuza kumusebereza mu ruhame, bamwereka ko ibyo agenda akwiza bihabanye cyane n’ukuri. Ikindi ngo Judi Rever yibeshye ku gihe cyo kuvugira amahomvu ye, kuko agiye guhabwa ijambo muri Kaminuza ya Cambridge nyuma ya raporo ebyiri zikomeye cyane, zigaragaza uruhare rw’uBufatansa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho abashakashatsi berekanye ko icyo gihugu cyashyigikiye Leta ya Yuvenari Habyarimana muri iyo Jenoside.

Ibi byegeranyo kandi bishimangira ko Jenoside yakorewe Abatutsi yahagaritswe na FPR-Inkotanyi, mu gihe i Judi Rever we yihanukira agahamya ko FPR-Inkotanyi ariyo yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi. Uku guhuzagurika no kunyuranya n’abakoze ubushakashatsi bwimbitse kandi bwizewe, ngo bishobora kutagwa neza Judi Rever

Ikinyamakuru “Versity”cyo muri Kaminuza ya Cambridge gikomeza cyerekana amakosa akomeye ari mu cyo Judi Rever yise”ubushakashatsi”, ashingiye ku buhamya bw’abantu batazwi cyangwa batanabayeho, ibp yabwiwe abahamwe n’icyaha cya jenoside bagerageza kwigira abere, n’ibindi binyuranye n’ibyemejwe bidasubirwaho ku rwego mpuzamahanga.

Izi nenge zose rero nk’uko “Versity” isoza ibivuga, ngo zishobora kubera Judi Rever nka cya gihu cyikururiye amakara, ngo kuko ashobora kuza gukanja amanwa n’ahatwa ibibazo n’abazi neza ukuri. Mu bandi baza gufata ijambo harimo Filipp Reyntjens, Umubiligi nawe wiyemeje kugoreka amateka y’uRwanda, dore ko yari inkoramutima ndetse n’umucurabwenge w’ubutegetsi bwateguye bukanashyira mu bikorwa Jenoside.

Iri tsinda ry’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ryakomeje kwamaganwa ntiryashirwa, ariko ibiza kuba ku barigize bishobora gutuma abarigize bicuza kuba bihaye rubanda muri Kaminuza ya Cambridge. Amakinamico yabo ashobora kurushaho kubatesha , nubwo ako bafite n’ubundi gaciriritse.

2021-04-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Ubwanditsi 06 Jun 2025
Ku myaka 81 y’amavuko, umunyarwenya Yaphet Kotto wamenyekanye nka Dr Kananga muri filime yiswe James Bond 007 yitabye Imana

Ku myaka 81 y’amavuko, umunyarwenya Yaphet Kotto wamenyekanye nka Dr Kananga muri filime yiswe James Bond 007 yitabye Imana

Ubwanditsi 16 Mar 2021
Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Ubwanditsi 22 Aug 2021
Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba yatangiranye intsinzi

Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba yatangiranye intsinzi

Ubwanditsi 22 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana
Mu Mahanga

I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

Ubwanditsi 30 Oct 2017
Gatera wa BK  agiye  kuyobora Crystal Ventures Ltd
Mu Mahanga

Gatera wa BK agiye kuyobora Crystal Ventures Ltd

Ubwanditsi 10 Feb 2016
Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.
Amakuru

Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.

Ubwanditsi 11 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru