• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

  • Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba   |   21 Jan 2021

  • Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi   |   19 Jan 2021

  • U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura   |   18 Jan 2021

  • Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!   |   18 Jan 2021

  • Ikipe y’igihugu ya Zimbabwe “The Warriors” yashinje amarozi n’ubupfumu ikipe ya Cameroon yakiriye amarushanwa   |   17 Jan 2021

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: ibya Leta n’impunzi bikomeje kujya i rudubi

Burundi: ibya Leta n’impunzi bikomeje kujya i rudubi

Editorial 04 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, Uncategorized

Ni mugihe leta y’ u Burundi yari imaze iminsi ikangurira impunzi z’ Abarundi zari zarahungiye mu bihugu bitandukanye byo mu karere gutaha ikazizeza ko mu gihugu cyabo hari umutekano usesuye ndetse zimwe zikemera gutaha ku bushake babifashijwemo na Leta ndetse na UNHCR ariko ngo zamara kugera i Burundi abagabo bagafungwa babaryoza kuba ngo barahunze Leta bakongera kugaruka bayisanga. Iryo totezwa ry’urudaca ngo ni ryo ryatumye bongera guhunga.

Ibi byatangajwe n’ abarundi bongeye guhungira mu Rwanda kuri uyu wa 2 Nzeri 2018 baturutse mu Ntara ya Kirundo ubwo baganiraga n’ ikinyamakuru Rushyashya. Aba ni bamwe mu bari barahungiye mu Nkambi y’Impunzi ya Kakuma mu gihugu cya Kenya, bavuga ko Ambasaderi w’ Uburundi muri Kenya afatanyije na Minisitiri w’umutekano babakanguriye gutaha ku bushake babizeza ko mu gihugu cyabo ari amahoro.

Mirongo ine na batanu (45) muri bo bemeye gutaha ndetse babategera indege yabakuye I Nairobi ibageza i Bujumbura kuwa 11 Nyakanga 2018 ariko ngo basanze barabakanguriye gutaha atari uko hari umutekano ahubwo ngo wari umugambi wo kuzabica urusorongo.

Baragira bati “Ambasaderi na Minisitiri wa Intérieur batubwiye ko mu Burundi hari umutekano, baca batwuriza indege idukura i Nairobi idushitsa i Bujumbura.” Baca baduha ivyo kujya tuja ku Matongo i wacu, mugabo baca bapfunga abagabo abagore n’abana basigara mu kangaratete, babapfunguye Imbonerakure zikomeza kuza ziraza kubatwara mu ijoro!” Bakomeza bagira bati “turahunze kuko tubona baratugaruye ngo batwice buke bukeyi.”

Kuri iyi nshuro hahunze cumi na batanu ariko Rushyashya ikaba yarahawe amakuru ko na bamwe mu bamaze iminsi bahunguka bava mu Rwanda bongeye guhunga, ariko ngo hari n’abari mu mazu y’imbohe abandi barindishijwe Imbonerakure ngo batongera guhunga.

Ibi bikaba biteye inkeke abarundi bifuzaga gutaha mu gihugu cyabo bakava mu buhunzi kuko ngo basanga Leta y’u Burundi ibabeshya ko umutekano wabo uzaba urinzwe ntakibazo bazagira, ikabizeza kubaha ibizabatunga ndetse ngo iboherereza amafaranga y’urugendo mu buryo w’ibanga ariko ngo ikaba ishaka kuzabihimuraho kuko ngo bayihunze ariko bakaba bagarutse bayisanga.

Bavuga ko ngo iyo bageze i Burundi abayobozi n’abashinzwe umutekano babazengurutsa mu baturage bababwira ngo bavuge ko bashatse gutaha cyera ariko Leta y’ u Rwanda ikababuza kandi bari babayeho nabi, ariko ngo barangiza gukora ako kazi bagatangira gutotezwa.

Hashize igihe Leta y’u Burundi ishinja iy’ u Rwanda kubuza impunzi gutaha ku bushake. Nonese ko aba baribarahungiye muri Kenya Leta ikabakurayo ibizeza amahoro n’umutekano yabageza yo igatangira kubihimuraho? Nonese abari baratashye ku bushake bavuye mu Rwanda ko bongera bagahunga bavuga ko Leta ituma Imbonerakure kubahiga, ubwo bizarangira bite?

2018-09-04
Editorial

IZINDI NKURU

Kayumba ni umuterabwoba, aho kuba umudemokarate nkuko yifuza ko isi imumenya gutyo

Kayumba ni umuterabwoba, aho kuba umudemokarate nkuko yifuza ko isi imumenya gutyo

Editorial 07 May 2019
Paul Rusesabagina na Sankara kwitwerera ibitero bya baringa mu Nyungwe  bimubyariye amazi nk’ibisusa  

Paul Rusesabagina na Sankara kwitwerera ibitero bya baringa mu Nyungwe  bimubyariye amazi nk’ibisusa  

Editorial 24 Oct 2018
Abakuru b’ibihugu barindwi bazitabira ibirori by’Umunsi wo Kwibohora

Abakuru b’ibihugu barindwi bazitabira ibirori by’Umunsi wo Kwibohora

Editorial 03 Jul 2019
Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Editorial 26 Mar 2020

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    September 4, 20182:48 pm -

    RUSHYASHYA IBIHUHA MWANDIKA NTAWE IBYITAHO!!!!
    BBC GAHUZA KO ITABYANDITSE? RFI.FR
    TV 5?FRANCE 24.FR ET VOA KO BATABYANDITSE
    MUVANE AHO IBIHUHA!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru