• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: ibya Leta n’impunzi bikomeje kujya i rudubi

Burundi: ibya Leta n’impunzi bikomeje kujya i rudubi

Ubwanditsi 04 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, Uncategorized

Ni mugihe leta y’ u Burundi yari imaze iminsi ikangurira impunzi z’ Abarundi zari zarahungiye mu bihugu bitandukanye byo mu karere gutaha ikazizeza ko mu gihugu cyabo hari umutekano usesuye ndetse zimwe zikemera gutaha ku bushake babifashijwemo na Leta ndetse na UNHCR ariko ngo zamara kugera i Burundi abagabo bagafungwa babaryoza kuba ngo barahunze Leta bakongera kugaruka bayisanga. Iryo totezwa ry’urudaca ngo ni ryo ryatumye bongera guhunga.

Ibi byatangajwe n’ abarundi bongeye guhungira mu Rwanda kuri uyu wa 2 Nzeri 2018 baturutse mu Ntara ya Kirundo ubwo baganiraga n’ ikinyamakuru Rushyashya. Aba ni bamwe mu bari barahungiye mu Nkambi y’Impunzi ya Kakuma mu gihugu cya Kenya, bavuga ko Ambasaderi w’ Uburundi muri Kenya afatanyije na Minisitiri w’umutekano babakanguriye gutaha ku bushake babizeza ko mu gihugu cyabo ari amahoro.

Mirongo ine na batanu (45) muri bo bemeye gutaha ndetse babategera indege yabakuye I Nairobi ibageza i Bujumbura kuwa 11 Nyakanga 2018 ariko ngo basanze barabakanguriye gutaha atari uko hari umutekano ahubwo ngo wari umugambi wo kuzabica urusorongo.

Baragira bati “Ambasaderi na Minisitiri wa Intérieur batubwiye ko mu Burundi hari umutekano, baca batwuriza indege idukura i Nairobi idushitsa i Bujumbura.” Baca baduha ivyo kujya tuja ku Matongo i wacu, mugabo baca bapfunga abagabo abagore n’abana basigara mu kangaratete, babapfunguye Imbonerakure zikomeza kuza ziraza kubatwara mu ijoro!” Bakomeza bagira bati “turahunze kuko tubona baratugaruye ngo batwice buke bukeyi.”

Kuri iyi nshuro hahunze cumi na batanu ariko Rushyashya ikaba yarahawe amakuru ko na bamwe mu bamaze iminsi bahunguka bava mu Rwanda bongeye guhunga, ariko ngo hari n’abari mu mazu y’imbohe abandi barindishijwe Imbonerakure ngo batongera guhunga.

Ibi bikaba biteye inkeke abarundi bifuzaga gutaha mu gihugu cyabo bakava mu buhunzi kuko ngo basanga Leta y’u Burundi ibabeshya ko umutekano wabo uzaba urinzwe ntakibazo bazagira, ikabizeza kubaha ibizabatunga ndetse ngo iboherereza amafaranga y’urugendo mu buryo w’ibanga ariko ngo ikaba ishaka kuzabihimuraho kuko ngo bayihunze ariko bakaba bagarutse bayisanga.

Bavuga ko ngo iyo bageze i Burundi abayobozi n’abashinzwe umutekano babazengurutsa mu baturage bababwira ngo bavuge ko bashatse gutaha cyera ariko Leta y’ u Rwanda ikababuza kandi bari babayeho nabi, ariko ngo barangiza gukora ako kazi bagatangira gutotezwa.

Hashize igihe Leta y’u Burundi ishinja iy’ u Rwanda kubuza impunzi gutaha ku bushake. Nonese ko aba baribarahungiye muri Kenya Leta ikabakurayo ibizeza amahoro n’umutekano yabageza yo igatangira kubihimuraho? Nonese abari baratashye ku bushake bavuye mu Rwanda ko bongera bagahunga bavuga ko Leta ituma Imbonerakure kubahiga, ubwo bizarangira bite?

2018-09-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu inzego z’iperereza muri Uganda zategetse ifungwa ry’ imbuga za internet z’ ibinyamakuru byigenga byo mu Rwanda

Impamvu inzego z’iperereza muri Uganda zategetse ifungwa ry’ imbuga za internet z’ ibinyamakuru byigenga byo mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2019
“Ibyavuzwe n’Umuvugabutumwa Niyibikora Nicolas kuri Radio Amazing Grace binyibutsa  RTLM “- Ingabire Marie Immaculée

“Ibyavuzwe n’Umuvugabutumwa Niyibikora Nicolas kuri Radio Amazing Grace binyibutsa RTLM “- Ingabire Marie Immaculée

Ubwanditsi 08 Feb 2018
Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi

Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi

Ubwanditsi 17 Dec 2018
U Burundi bwasubije Congo abarwanyi 34 ba Mai-Mai bari barahahungiye imirwano

U Burundi bwasubije Congo abarwanyi 34 ba Mai-Mai bari barahahungiye imirwano

Ubwanditsi 03 Feb 2018

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    September 4, 20182:48 pm -

    RUSHYASHYA IBIHUHA MWANDIKA NTAWE IBYITAHO!!!!
    BBC GAHUZA KO ITABYANDITSE? RFI.FR
    TV 5?FRANCE 24.FR ET VOA KO BATABYANDITSE
    MUVANE AHO IBIHUHA!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi wa Radio Amazing Grace yatawe muri yombi 
HIRYA NO HINO

Umuyobozi wa Radio Amazing Grace yatawe muri yombi 

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Urugendo rurerure rwa Fred Gisa Rwigema
Mu Mahanga

Urugendo rurerure rwa Fred Gisa Rwigema

Ubwanditsi 04 Feb 2016
RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23
INKURU NYAMUKURU

RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

Ubwanditsi 15 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru