• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: ibya Leta n’impunzi bikomeje kujya i rudubi

Burundi: ibya Leta n’impunzi bikomeje kujya i rudubi

Ubwanditsi 04 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, Uncategorized

Ni mugihe leta y’ u Burundi yari imaze iminsi ikangurira impunzi z’ Abarundi zari zarahungiye mu bihugu bitandukanye byo mu karere gutaha ikazizeza ko mu gihugu cyabo hari umutekano usesuye ndetse zimwe zikemera gutaha ku bushake babifashijwemo na Leta ndetse na UNHCR ariko ngo zamara kugera i Burundi abagabo bagafungwa babaryoza kuba ngo barahunze Leta bakongera kugaruka bayisanga. Iryo totezwa ry’urudaca ngo ni ryo ryatumye bongera guhunga.

Ibi byatangajwe n’ abarundi bongeye guhungira mu Rwanda kuri uyu wa 2 Nzeri 2018 baturutse mu Ntara ya Kirundo ubwo baganiraga n’ ikinyamakuru Rushyashya. Aba ni bamwe mu bari barahungiye mu Nkambi y’Impunzi ya Kakuma mu gihugu cya Kenya, bavuga ko Ambasaderi w’ Uburundi muri Kenya afatanyije na Minisitiri w’umutekano babakanguriye gutaha ku bushake babizeza ko mu gihugu cyabo ari amahoro.

Mirongo ine na batanu (45) muri bo bemeye gutaha ndetse babategera indege yabakuye I Nairobi ibageza i Bujumbura kuwa 11 Nyakanga 2018 ariko ngo basanze barabakanguriye gutaha atari uko hari umutekano ahubwo ngo wari umugambi wo kuzabica urusorongo.

Baragira bati “Ambasaderi na Minisitiri wa Intérieur batubwiye ko mu Burundi hari umutekano, baca batwuriza indege idukura i Nairobi idushitsa i Bujumbura.” Baca baduha ivyo kujya tuja ku Matongo i wacu, mugabo baca bapfunga abagabo abagore n’abana basigara mu kangaratete, babapfunguye Imbonerakure zikomeza kuza ziraza kubatwara mu ijoro!” Bakomeza bagira bati “turahunze kuko tubona baratugaruye ngo batwice buke bukeyi.”

Kuri iyi nshuro hahunze cumi na batanu ariko Rushyashya ikaba yarahawe amakuru ko na bamwe mu bamaze iminsi bahunguka bava mu Rwanda bongeye guhunga, ariko ngo hari n’abari mu mazu y’imbohe abandi barindishijwe Imbonerakure ngo batongera guhunga.

Ibi bikaba biteye inkeke abarundi bifuzaga gutaha mu gihugu cyabo bakava mu buhunzi kuko ngo basanga Leta y’u Burundi ibabeshya ko umutekano wabo uzaba urinzwe ntakibazo bazagira, ikabizeza kubaha ibizabatunga ndetse ngo iboherereza amafaranga y’urugendo mu buryo w’ibanga ariko ngo ikaba ishaka kuzabihimuraho kuko ngo bayihunze ariko bakaba bagarutse bayisanga.

Bavuga ko ngo iyo bageze i Burundi abayobozi n’abashinzwe umutekano babazengurutsa mu baturage bababwira ngo bavuge ko bashatse gutaha cyera ariko Leta y’ u Rwanda ikababuza kandi bari babayeho nabi, ariko ngo barangiza gukora ako kazi bagatangira gutotezwa.

Hashize igihe Leta y’u Burundi ishinja iy’ u Rwanda kubuza impunzi gutaha ku bushake. Nonese ko aba baribarahungiye muri Kenya Leta ikabakurayo ibizeza amahoro n’umutekano yabageza yo igatangira kubihimuraho? Nonese abari baratashye ku bushake bavuye mu Rwanda ko bongera bagahunga bavuga ko Leta ituma Imbonerakure kubahiga, ubwo bizarangira bite?

2018-09-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Ubwanditsi 29 Aug 2024
Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Ubwanditsi 05 Dec 2019
Inama y’abaminisitiri yahagaritse ku mirimo abayobozi b’ikigo cy’igihugu giteza imbere Uburezi (REB)

Inama y’abaminisitiri yahagaritse ku mirimo abayobozi b’ikigo cy’igihugu giteza imbere Uburezi (REB)

Ubwanditsi 12 Apr 2018
Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, akomoza  ku gahinda ababyeyi baterwa n’ibiyobyabwenge mu bana

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, akomoza ku gahinda ababyeyi baterwa n’ibiyobyabwenge mu bana

Ubwanditsi 19 Dec 2017

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    September 4, 20182:48 pm -

    RUSHYASHYA IBIHUHA MWANDIKA NTAWE IBYITAHO!!!!
    BBC GAHUZA KO ITABYANDITSE? RFI.FR
    TV 5?FRANCE 24.FR ET VOA KO BATABYANDITSE
    MUVANE AHO IBIHUHA!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora
Mu Mahanga

Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora

Ubwanditsi 20 Mar 2016
Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo
UBUKUNGU

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Ubwanditsi 16 May 2016
Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw
UBUKUNGU

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ubwanditsi 24 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru