• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Ubwanditsi 28 Nov 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Icyemezo cyo kwisubiraho bitunguranye, nyamara Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wari waremeye kohereza muri Kongo-Kinshasa indorererezi zo gukurikirana amatora rusange ahateganyijwe mu kwezi gutaha, cyafashwe na Bwana Josep Barrel ushinzwe ububanyi n’amahanga muri uwo muryango.

Nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Bwana Barrel, gusubika iyo gahunda ngo byatewe n’amananiza leta ya Kongo idahwema gushyiraho, nko gukata imirongo ya telefone n’irindi tumanaho , kugirango ubujura mu matora buzabe mu muhezo!

Ibyo kohereza indorerezi z’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ariko n’ubundi byari byanenzwe cyane n’abakurikiranira hafi imyiteguro y’amatora ateganyijwe muri Kongo, basangaga byaba ari ugutiza umurindi ubutegetsi bwa Tshisekedi bushaka amatora afifitse.

Uretse muri Kongo, nta handi higeze haba amatora, arimo n’ay’umukuru w’igihugu, hatazwi umubare w’abaturage, by’umwihariko abemerewe gutora. Twibutsa ko muri Kongo imyaka ibaye agahishyi batazi icyitwa ibarura-rusange ry’abaturage.

Mu gihe hasigaye iminsi 22 gusa ngo amatora abe, dore ko ateganyijwe tariki 20 z’ukwezi gutaha, abazatora ntaho banditse, amakarita y’itora aratangwa mu kajagari ku buryo abenshi ntayo baranahabwa, ibiro by’itora ntibizwi nta n’igkoresho kiragezwayo, komisiyo y’amatora irataka ikibazo cy’amikoro, muri make abakandida bariyamamaza byo kurangiza umuhango, kuko nta kintu na kimwe kiri mu buryo, cyakwemeza ko amatora azaba koko.

Mu gihe twateguraga iyi nkuru, i Kinshasa hari hamaze gutahurwa ikiguri cy’abatekamutwe bakora amakarita y’itora y’ibicupuri. Biravugwa ko icyo kiguri gikorana na leta, cyane ko mu bakwirakwizaga ibyo bicupuri mu baturage hafatiwemo abapolisi bakuru n’abakozi ba komisiyo y’amatora.

Haribazwa kandi ukuntu amatora yaba igice kinini cy’igihugu kiri mu ntambara, bisobanuye ko nko mu burasirazuba abaturage benshi cyane batazatora. Ibi bivuze ko Perezida uzajyaho batazaba bamuzi kuko batamutoye nyine. Ubwo bazishyiriraho uwabo, ya “balkanizasion ” birirwa bashinja u Rwanda ku maherere, abategetsi ba Kongo babe barayikoreye ubwabo.

Hari amakuru ariko avuga ko amatora ashobora no gusubikwa, ndetse ngo komisiyo y’amatora ikaba yitegura gusaba urukiko rurinda itegekonshinga ko amatora yakwigizwayo mu gihe cy’amezi nibura 6.

Guhagarika amatora biramutse bibaye, byaba biri mu nyungu za Perezida Tshisekedi wakomeje gushakisha uko amatora yapfa, harimo no kwanga imishyikirano na M23 ngo intambara ihagarare. ubu noneho akaba yanatangiye gutinya ko Moïse Katumbi ashobora kumugaragura. Tubitege amaso.

2023-11-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu gihe cy’iminsi itatu, Inyubako ya BK Arena igiye kwakira imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball, “2023 FIBA Basketball World Cup, African Qualification”

Mu gihe cy’iminsi itatu, Inyubako ya BK Arena igiye kwakira imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball, “2023 FIBA Basketball World Cup, African Qualification”

Ubwanditsi 01 Jul 2022
Bane bafashwe bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Bane bafashwe bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 15 Sep 2016
Perezida Kenyatta aramenya ibye kuri uyu wa mbere

Perezida Kenyatta aramenya ibye kuri uyu wa mbere

Ubwanditsi 19 Nov 2017
Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Ubwanditsi 13 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I Rubavu hasojwe amarushanwa y’abari munsi y’imyaka 15 yiswe CAF African Schools Championship 2022
Amakuru

I Rubavu hasojwe amarushanwa y’abari munsi y’imyaka 15 yiswe CAF African Schools Championship 2022

Ubwanditsi 25 Jul 2022
Uganda: Abanyarwanda 72 bafatiwe mu nzira bagarurwa mu Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda: Abanyarwanda 72 bafatiwe mu nzira bagarurwa mu Rwanda

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Perezida Kagame na Idriss Déby wa Chad barasura Guinea
POLITIKI

Perezida Kagame na Idriss Déby wa Chad barasura Guinea

Ubwanditsi 23 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru