• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere

U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere

Editorial 04 Jun 2018 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burusiya uri mu Rwanda afatanyije na minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda batangaje ko ibihugu byombi bigiye kurushaho ubufatanye mu by’ubwirinzi, ndetse mu biganiro bagiranye batangaza ko u Burusiya bugiye guha u Rwanda ibikoresho by’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere.

Kuri iki cyumweru, itariki 03 Kamena 2018 nibwo u Rwanda rwagiranye ibiganiro n’u Burusiya ku kuntu rwagura uburyo bw’ubwirinzi bwo mu kirere nk’uko byatangajwe na minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burusiya, Lavlov.

Mu kiganiro n’itangazamakuru nyuma yo kubonana na minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, minisitiri Sergey Lavlov yagize ati: “Ubufatanye bwacu mu bya gisirikare na tekiniki ni bwiza. Inzego z’umutekano, igisirikare, abashinzwe kubahiriza amategeko b’Abanyarwanda bakoresha za kajugujugu zacu,   Hari n’amakamyo manini akoreshwa n’igisirikare n’izindi nzego z’umutekano hamwe n’intwaro nto nyinshi. Ubu ikiri kuganirwaho ni ugutanga systems z’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere.”

Ibihugu byombi byari biherutse gushyiraho komisiyo mpuzaguverinoma ku bufatanye mu bya gisirikare na tekiniki yateranye ku nshuro ya mbere mu muhindo ushize. Inama nshya ikaba iteganyijwe mu muhindo utaha.

Ku ruhande rw’u Rwanda, minisitiri Mushikiwabo yavuze ko u Burusiya busanzwe bunafasha u Rwanda mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ikoranabuhanga mu isakazamakuru, aho ibihugu byombi byatangiye gufatanya kandi bishaka kuzamura iyi mikoranire.

Ati: “Nko mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, guhera mu 2016 badufashije mu bijyanye n’abahanga mu gupima ubutaka dushakisha ahaba hari amabuye y’agaciro mu bice bitandukanye by’igihugu, kandi ako kazi karakomeje.”

Yongeyeho ko minisitiri w’ikoranabuhanga mu Burusiya yasuye u Rwanda mu mwaka ushize mu nama ya Transform Africa, ndetse ibihugu byombi biri gufatanya mu bwirinzi mu by’ikoranabuhanga ndetse basabye u Burusiya kugira uruhare muri gahunda ya Smart Africa ifite icyicaro i Kigali.

Minisitiri Mushikiwabo yanatangaje ko u Rwanda rwiteguye guhuza Afurika y’Iburasirazuba n’u Burusiya haba mu bijyanye n’ubukungu na politiki, aho u Rwanda rwemeye kuba nk’umuyoboro w’itumanaho ry’u Burusiya n’ibi bihugu byo mu karere. 

Minisitiri Sergey Lavrov w’imyaka wari mu Rwanda kuri iki Cyumweru, aho yagiranye ikiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise

Mushikiwabo, cyitabiriwe n’abayobozi barimo Minisitiri w’Ingabo Gen. James Kabarebe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen. Patrick Nyamvumba. Ni nyuma yo kubonana na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

2018-06-04
Editorial

IZINDI NKURU

Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Editorial 02 Mar 2024
Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Editorial 07 Jul 2019
Umwiherero: Abayobozi bakuru bazindukiye mu myitozo ngorora-mubiri

Umwiherero: Abayobozi bakuru bazindukiye mu myitozo ngorora-mubiri

Editorial 09 Mar 2019
Abandi bantu babiri basanganywe Coronavirus mu Rwanda, abakize biyongeraho 6 baba 60

Abandi bantu babiri basanganywe Coronavirus mu Rwanda, abakize biyongeraho 6 baba 60

Editorial 17 Apr 2020
Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Editorial 02 Mar 2024
Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Editorial 07 Jul 2019
Umwiherero: Abayobozi bakuru bazindukiye mu myitozo ngorora-mubiri

Umwiherero: Abayobozi bakuru bazindukiye mu myitozo ngorora-mubiri

Editorial 09 Mar 2019
Abandi bantu babiri basanganywe Coronavirus mu Rwanda, abakize biyongeraho 6 baba 60

Abandi bantu babiri basanganywe Coronavirus mu Rwanda, abakize biyongeraho 6 baba 60

Editorial 17 Apr 2020
Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Editorial 02 Mar 2024
Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Editorial 07 Jul 2019
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    November 23, 201812:31 pm -

    Urwanda se narwo nikindi gihugu batera baciye mukirere? Ese Kagome afite ingabo zingahe zobatatera baciye kubutaka?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru