• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Al Gore, Blair, Kofi Annan n’abaperezida batanu bategerejwe i Kigali mu nama yiga ku buhinzi

Al Gore, Blair, Kofi Annan n’abaperezida batanu bategerejwe i Kigali mu nama yiga ku buhinzi

Ubwanditsi 07 Aug 2018 ITOHOZA

Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, abaherwe n’abandi banyapolitiki bakomeye ku Isi barenga 300, bagiye guhurira i Kigali, mu nama mpuzamahanga yiga ku kurengera ibidukikije no guteza imbere ubuhinzi muri Afurika, iteganijwe ku wa 3-7 Nzeri 2018.

Iyo nama mpuzamahanga y’ihuriro Nyafurika ryita ku bidukikije, Africa Green Revolution Forum (AGRF), biteganijwe ko Al Gore wahoze ari Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Kofi Annan, wahoze ari Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Tony Blair wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza n’abandi bakomeye bazatangamo ibiganiro.

Iyi nama izahuza abakuru b’ibihugu bari hagati ya batatu na batanu, abahagarariye za Guverinoma bagera kuri 15, n’abandi baherwe bakomeye ku Isi nk’Umunyamerika Howard Buffett, Umunya-Zimbabwe Strive Masiyiwa, Umunya-Algeria Issad Rebrab, Umuhinde Sunny Verhese, Umunya Nigeria Aliko Dangote n’abandi.

Uretse abo, iyi nama ishobra kuzitabirwa n’Umuherwe ukomeye ku Isi, Umunya-Amerika Bill Gates, umugore we Melinda Gates n’abahagarariye Rockefeller Foundation igamije guteza imbere imibereho myiza y’abatuye Isi ari nawo wateye inkunga iri huriro rya 2018, rigiye kuba ku nshuro ya Karindwi.

Biteganijwe abazaryitabira bazahuriza hamwe ibitekerezo bizabafasha mu gushakisha miliyoni $30 yo gukora ubuhinzi bugamije impinduka ku mugabane wa Afurika.

Inama nk’izi ebyiri ziheruka zabereye muri Kenya na Côte d’Ivoire, zakusanyirijwemo miliyoni 36$ yo kuzamura ishoramari, kongera umusaruro, guhanga amahirwe y’ishoramari ku bacuruzi baciritse n’abafite imishinga y’ubuhinzi muri Afurika mu gihe cy’imyaka 10.

Umuyobozi w’iryo huriro, Dr. Agnes Kalibata, yabwiye KT Press ko kuba u Rwanda rwaratoranyijwe kwakira inama y’uyu mwaka ari amahirwe yo kugaragaza iterambere rugezeho mu buhinzi no kubona inkunga yo gufasha abikorera bafite imishinga ibushamikiyeho.

Muri iyi nama kandi Komite yigenga ishinzwe gutanga ibihembo, ikuriwe na Olusegun Obasanjo wahoze ayobora Nigeria, biteganijwe ko izatanga igihembo ku muntu cyangwa ikigo cyahize ibindi mu bikorwa bigamije impinduka mu buhinzi muri Afurika.

Biteganijwe ko Perezida Kagame azatangaza inyandiko y’ibyemerejwe i Kigali ‘The Kigali Declaration’, ishishikariza ibihugu gushyira hamwe kugira ngo bigere ku iterambere n’ahazaza heza.

2018-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

KAYUMBA NYAMWASA munzira zo kubana n’umupfakazi wa Habyarimana Agathe Kanziga

KAYUMBA NYAMWASA munzira zo kubana n’umupfakazi wa Habyarimana Agathe Kanziga

Ubwanditsi 24 Oct 2016
Umukwe wa Trump azatanga amakuru mu iperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu matora ya USA

Umukwe wa Trump azatanga amakuru mu iperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu matora ya USA

Ubwanditsi 28 Mar 2017
Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru  bibogama – Mbanda

Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru bibogama – Mbanda

Ubwanditsi 25 Aug 2017
Urutonde rw’Abanyeshuri n’Abatoza b’Ubugome na Jenoside

Urutonde rw’Abanyeshuri n’Abatoza b’Ubugome na Jenoside

Ubwanditsi 17 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we
INKURU NYAMUKURU

Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we

Ubwanditsi 04 Aug 2020
Irumbuka ry’ibitego ku munsi wa 25 wa PNL, Rayon Sports, Gasogi United na Musanze FC muzatsinzwe byinshi – Ibyaranze uyu munsi
Amakuru

Irumbuka ry’ibitego ku munsi wa 25 wa PNL, Rayon Sports, Gasogi United na Musanze FC muzatsinzwe byinshi – Ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 03 Apr 2023
Super Cup: Hemejwe ko umukino wasubitswe kubera ibura ry’umuriro uzakomereza aho wari ugeze
ITOHOZA

Super Cup: Hemejwe ko umukino wasubitswe kubera ibura ry’umuriro uzakomereza aho wari ugeze

Ubwanditsi 25 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru