• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Al Gore, Blair, Kofi Annan n’abaperezida batanu bategerejwe i Kigali mu nama yiga ku buhinzi

Al Gore, Blair, Kofi Annan n’abaperezida batanu bategerejwe i Kigali mu nama yiga ku buhinzi

Ubwanditsi 07 Aug 2018 ITOHOZA

Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, abaherwe n’abandi banyapolitiki bakomeye ku Isi barenga 300, bagiye guhurira i Kigali, mu nama mpuzamahanga yiga ku kurengera ibidukikije no guteza imbere ubuhinzi muri Afurika, iteganijwe ku wa 3-7 Nzeri 2018.

Iyo nama mpuzamahanga y’ihuriro Nyafurika ryita ku bidukikije, Africa Green Revolution Forum (AGRF), biteganijwe ko Al Gore wahoze ari Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Kofi Annan, wahoze ari Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Tony Blair wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza n’abandi bakomeye bazatangamo ibiganiro.

Iyi nama izahuza abakuru b’ibihugu bari hagati ya batatu na batanu, abahagarariye za Guverinoma bagera kuri 15, n’abandi baherwe bakomeye ku Isi nk’Umunyamerika Howard Buffett, Umunya-Zimbabwe Strive Masiyiwa, Umunya-Algeria Issad Rebrab, Umuhinde Sunny Verhese, Umunya Nigeria Aliko Dangote n’abandi.

Uretse abo, iyi nama ishobra kuzitabirwa n’Umuherwe ukomeye ku Isi, Umunya-Amerika Bill Gates, umugore we Melinda Gates n’abahagarariye Rockefeller Foundation igamije guteza imbere imibereho myiza y’abatuye Isi ari nawo wateye inkunga iri huriro rya 2018, rigiye kuba ku nshuro ya Karindwi.

Biteganijwe abazaryitabira bazahuriza hamwe ibitekerezo bizabafasha mu gushakisha miliyoni $30 yo gukora ubuhinzi bugamije impinduka ku mugabane wa Afurika.

Inama nk’izi ebyiri ziheruka zabereye muri Kenya na Côte d’Ivoire, zakusanyirijwemo miliyoni 36$ yo kuzamura ishoramari, kongera umusaruro, guhanga amahirwe y’ishoramari ku bacuruzi baciritse n’abafite imishinga y’ubuhinzi muri Afurika mu gihe cy’imyaka 10.

Umuyobozi w’iryo huriro, Dr. Agnes Kalibata, yabwiye KT Press ko kuba u Rwanda rwaratoranyijwe kwakira inama y’uyu mwaka ari amahirwe yo kugaragaza iterambere rugezeho mu buhinzi no kubona inkunga yo gufasha abikorera bafite imishinga ibushamikiyeho.

Muri iyi nama kandi Komite yigenga ishinzwe gutanga ibihembo, ikuriwe na Olusegun Obasanjo wahoze ayobora Nigeria, biteganijwe ko izatanga igihembo ku muntu cyangwa ikigo cyahize ibindi mu bikorwa bigamije impinduka mu buhinzi muri Afurika.

Biteganijwe ko Perezida Kagame azatangaza inyandiko y’ibyemerejwe i Kigali ‘The Kigali Declaration’, ishishikariza ibihugu gushyira hamwe kugira ngo bigere ku iterambere n’ahazaza heza.

2018-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Banki ikomeye mu Bufaransa yajyanwe mu nkiko ishinjwa gutanga amafaranga yaguzwe  Intwaro  ku bwa Col Bagosora

Banki ikomeye mu Bufaransa yajyanwe mu nkiko ishinjwa gutanga amafaranga yaguzwe Intwaro ku bwa Col Bagosora

Ubwanditsi 29 Jun 2017
Ese Museveni yaba atariwe vunja rikwiye guhandurwa muri politiki ya Uganda?

Ese Museveni yaba atariwe vunja rikwiye guhandurwa muri politiki ya Uganda?

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Ubwanditsi 18 Jul 2019
U Burundi bwemeye kwitabira inama ya EAC iheruka gusubikwa

U Burundi bwemeye kwitabira inama ya EAC iheruka gusubikwa

Ubwanditsi 16 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe
ITOHOZA

Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Ubwanditsi 23 May 2017
Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa
Amakuru

Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Ubwanditsi 26 Mar 2024
Mugisha Gilbert wa APR FC yanditse amateka yo gutsinda igitego cya mbere muri Stade Amahoro ivuguruye
Amakuru

Mugisha Gilbert wa APR FC yanditse amateka yo gutsinda igitego cya mbere muri Stade Amahoro ivuguruye

Ubwanditsi 02 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru