• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»APR FC yanyagiye Marines FC ikomeza kwanikira Rayon Sports

APR FC yanyagiye Marines FC ikomeza kwanikira Rayon Sports

Ubwanditsi 21 Apr 2018 IMIKINO

APR FC yatsinze Marines FC ibitego bitanu kuri bibiri mu mukino w’umunsi wa 17 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, ishyiramo ikinyuranyo cy’amanota ane hagati yayo na Rayon Sports iyikurikiye.

Shampiyona y’u Rwanda igeze ahakomeye aho kuri ubu urugamba ruri hagati y’amakipe abiri akomeye mu gihugu anamenyereweho gutwara ibikombe, APR FC na Rayon Sports.

Kuri uyu wa Gatanu kuri Stade Amahoro, APR FC yari yakiriye Marines FC y’i Rubavu iyinyagira ibitego 5-2 harimo bibiri bya Hakizimana Muhadjiri ku munota wa 28 n’uwa 34, icya Rugwiro Herve ku wa 49, Omborenga Fitina ku wa 78 na Amran Nshimiyimana wasoje akazi ku munota wa nyuma w’umukino mu gihe Mahoro Nicolas na Ishimwe Christian batsinze impozamarira za Marines FC.

Gutsinda uyu mukino byafashije APR FC y’Umutoza Ljupko Petrović gushimangira umwanya wa mbere by’agateganyo n’amanota 34 irusha Rayon Sports ya kabiri amanota ane mu gihe yo igifite imikino ibiri itarakina bitewe n’amarushanwa ya CAF Confederation Cup yari irimo gukina.

Mu yindi mikino yabaye kuri uyu wa Gatanu, Etincelles FC yatsinze Espoir FC igitego 1-0; Kirehe FC itsinda Amagaju FC 2-1; Bugesera FC inganya na Musanze FC 0-0 naho Gicumbi FC mu rugo ikura amanota atatu kuri Sunrise iyitsinze igitego 1-0.

Kuri uyu wa Gatandatu nta mukino wa shampiyona uzaba kuko Ikipe y’Igihugu y’Abatarengeje imyaka 20 izaba ihanganye na Kenya mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika; indi mikino izaba ku Cyumweru, aho Kiyovu SC izisobanura na Rayon Sports FC kuri Stade ya Kigali mu gihe Miroplast FC izaba yakiriye AS Kigali kuri Stade yo kwa Mironko.

APR FC yongereye ikinyuranyo cy’amanota irusha Rayon Sports nyuma yo gutsinda Marines FC


2018-04-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ronaldo yakomerekeye mu mukino wahuje Real Madrid na Deportivo La Coruna

Ronaldo yakomerekeye mu mukino wahuje Real Madrid na Deportivo La Coruna

Ubwanditsi 22 Jan 2018
Amavubi yagarutse i Kigali azanye intsinzi

Amavubi yagarutse i Kigali azanye intsinzi

Ubwanditsi 07 Sep 2019
Abakinnyi ba filme 9 bakunzwe mu Rwanda bazajya bahembwa buri kwezi

Abakinnyi ba filme 9 bakunzwe mu Rwanda bazajya bahembwa buri kwezi

Ubwanditsi 18 Feb 2016
Umutoza w`Amavubi aratangaza ko bazakora ibishoboka byose  bagatsinda umukino wa mbere

Umutoza w`Amavubi aratangaza ko bazakora ibishoboka byose bagatsinda umukino wa mbere

Ubwanditsi 14 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika
Amakuru

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

Ubwanditsi 18 Oct 2023
Polisi y’u Rwanda ikomeje gukorera ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ikomeje gukorera ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri

Ubwanditsi 16 May 2016
Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique
Mu Rwanda

Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Ubwanditsi 26 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru