• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»APR FC yanyagiye Marines FC ikomeza kwanikira Rayon Sports

APR FC yanyagiye Marines FC ikomeza kwanikira Rayon Sports

Ubwanditsi 21 Apr 2018 IMIKINO

APR FC yatsinze Marines FC ibitego bitanu kuri bibiri mu mukino w’umunsi wa 17 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, ishyiramo ikinyuranyo cy’amanota ane hagati yayo na Rayon Sports iyikurikiye.

Shampiyona y’u Rwanda igeze ahakomeye aho kuri ubu urugamba ruri hagati y’amakipe abiri akomeye mu gihugu anamenyereweho gutwara ibikombe, APR FC na Rayon Sports.

Kuri uyu wa Gatanu kuri Stade Amahoro, APR FC yari yakiriye Marines FC y’i Rubavu iyinyagira ibitego 5-2 harimo bibiri bya Hakizimana Muhadjiri ku munota wa 28 n’uwa 34, icya Rugwiro Herve ku wa 49, Omborenga Fitina ku wa 78 na Amran Nshimiyimana wasoje akazi ku munota wa nyuma w’umukino mu gihe Mahoro Nicolas na Ishimwe Christian batsinze impozamarira za Marines FC.

Gutsinda uyu mukino byafashije APR FC y’Umutoza Ljupko Petrović gushimangira umwanya wa mbere by’agateganyo n’amanota 34 irusha Rayon Sports ya kabiri amanota ane mu gihe yo igifite imikino ibiri itarakina bitewe n’amarushanwa ya CAF Confederation Cup yari irimo gukina.

Mu yindi mikino yabaye kuri uyu wa Gatanu, Etincelles FC yatsinze Espoir FC igitego 1-0; Kirehe FC itsinda Amagaju FC 2-1; Bugesera FC inganya na Musanze FC 0-0 naho Gicumbi FC mu rugo ikura amanota atatu kuri Sunrise iyitsinze igitego 1-0.

Kuri uyu wa Gatandatu nta mukino wa shampiyona uzaba kuko Ikipe y’Igihugu y’Abatarengeje imyaka 20 izaba ihanganye na Kenya mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika; indi mikino izaba ku Cyumweru, aho Kiyovu SC izisobanura na Rayon Sports FC kuri Stade ya Kigali mu gihe Miroplast FC izaba yakiriye AS Kigali kuri Stade yo kwa Mironko.

APR FC yongereye ikinyuranyo cy’amanota irusha Rayon Sports nyuma yo gutsinda Marines FC


2018-04-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AFCON 2019: Amavubi mu itsinda rimwe na Cote d’Ivoire na Guinea

AFCON 2019: Amavubi mu itsinda rimwe na Cote d’Ivoire na Guinea

Ubwanditsi 13 Jan 2017
Ngoga Shema Fabrice yemejwe nk’umukandida rukumbi wemerewe kwiyamamariza umwanya w’Umuyobozi wa FERWAFA

Ngoga Shema Fabrice yemejwe nk’umukandida rukumbi wemerewe kwiyamamariza umwanya w’Umuyobozi wa FERWAFA

Ubwanditsi 12 Aug 2025
Uban Boys ikoze amateka yo kuba itsinda ryambere ryegukanye Guma Guma kunshuro yayo ya 6 ibera hano mu Rwanda

Uban Boys ikoze amateka yo kuba itsinda ryambere ryegukanye Guma Guma kunshuro yayo ya 6 ibera hano mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2016
Volleyball : Batatu barimo Nkurunziza Gustave wari Perezida bari mu maboko ya Polisi

Volleyball : Batatu barimo Nkurunziza Gustave wari Perezida bari mu maboko ya Polisi

Ubwanditsi 18 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukobwa wigaga mu cyaho ari KIE bamusanze mu nzu yabagamo yimanitse mu mugozi
ITOHOZA

Umukobwa wigaga mu cyaho ari KIE bamusanze mu nzu yabagamo yimanitse mu mugozi

Ubwanditsi 12 May 2017
Mkapa wigeze kuyobora Tanzania ageze i Musanze
UBUKERARUGENDO

Mkapa wigeze kuyobora Tanzania ageze i Musanze

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.
Amakuru

Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.

Ubwanditsi 09 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru