• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyamategeko wa Gen. Kale Kayihura yavuze ku buzima bwe nyuma y’iminsi umunani avanywe iwe

Umunyamategeko wa Gen. Kale Kayihura yavuze ku buzima bwe nyuma y’iminsi umunani avanywe iwe

Ubwanditsi 21 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umunyamategeko wa Gen. Kale Kayihura uheruka gukurwa ku buyobozi bwa Polisi ya Uganda, yagarutse ku buzima bwe nyuma y’iminsi umunani ahamagajwe n’igisirikare, aho abenshi bahamyaga ko afunzwe, bategereje igihe azagerezwa imbere y’ubutabera.

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo NBS yo muri Uganda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, umunyamategeko wa Gen Kayihura, Jet Tumwebaze, yavuze ko uyu musirikare mukuru ameze neza nubwo atorohewe n’ibinyoma byinshi biri kunyura mu itangazamakuru.

Yagize ati “Twamusuye inshuro nyinshi mu Kigo cya Gisirikare cya Makindye, bamuhaye inzu ifite aho kurara n’uruganiriro, ntabwo afunzwe. Nta cyaha na kimwe aramenyeshwa ko akurikiranyweho. Uyu mugabo ni umwere ku byaha byose.”

Tumwebaze yanavuze ko Gen. Kayihura nta nyandikomvugo n’imwe yakoreshejwe ndetse ngo ntiyigeze anahatwa ibibazo n’igisirikare ku byaha byose bikomeza guhwihwiswa mu itangazamakuru.

Ibinyamakuru binyuranye bivuga ko ari gukorwaho iperereza ku byaha bikomeye birimo ubugambanyi, kurema umutwe witwaje intwaro hagamijwe kugirira nabi ubutegetsi n’ibindi.

Tumwebaze yavuze ko ariko yizeye ko igisirikare, umunsi cyabishatse kizamenyesha abaturage ibintu byinshi ku biri kuba.

Yanagarutse ku gikorwa cyo gusaka urugo rwa Gen. Kayihura cyabaye mu cyumweru gishize, ashimangira ko nta kintu kigize icyaha na kimwe basanze iwe.

Yakomeje agira ati “Ibyabonywe mu nzu ye ni ibintu bisanzwe mu rugo rwa jenerali, nta n’imbunda bahasanze. Ibivugwa mu itangazamakuru byose ni ibinyoma.”

“Kuba waba umaze imyaka 33 ukorera igisirikare, kuguhamagaza ntabwo byagukangaranya. Gen. Kayihura ni umwere ku byaha byose itangazamakuru rikomeza kumwitirira.”

Umugore we, Angela Kayihura, ku wa Mbere nawe yasohoye itangazo ashimangira ko umuryango wahawe umwanya uhagije wo kumusura hamwe n’abanyamategeko babo bo mu kigo Kampala Associated Advocates.

Gen. Kayihura yayoboye Polisi ya Uganda imyaka igera kuri 13 ndetse ni nawe wamaze kuri uwo mwanya igihe kinini kurusha abandi, ariko muri Werurwe Perezida Museveni yamusimbuje Okoth Ochola wari umwungirije.

Ku wa 12 Kamena 2018 nibwo yasabwe kwitaba Umuyobozi Mukuru wa UPDF Gen. David Muhoozi ku cyicaro gikuru cy’ingabo i Mbuya. Kajugujugu yoherejwe kumuzana ariko ubwo yahageraga, Gen. Kale yari yagiye i Mbarara maze ihita igaruka ku birindiro by’ingabo zo mu kirere bya Entebbe.

Ku munsi wakurikiyeho nibwo iyo Kajugujugu yasubiye kumuzana, imugejeje i Kampala ntihongera gutangazwa amakuru ye, ku buryo abenshi bahamyaga ko afunzwe.

2018-06-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwamaganye  raporo ya Human Rights Watch igamije  Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

U Rwanda rwamaganye raporo ya Human Rights Watch igamije Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

Ubwanditsi 28 Jan 2020
Kayumba Nyamwasa yirwaje Coronavirus ngo adakomeza kubazwa izimira rya Ben Rutabana

Kayumba Nyamwasa yirwaje Coronavirus ngo adakomeza kubazwa izimira rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 03 Apr 2020
Mozambique: Ubugizi bwa nabi ku banyarwanda bukomeje gufata indi ntera;  Hitimana Vital yarasiwe mu modoka ye

Mozambique: Ubugizi bwa nabi ku banyarwanda bukomeje gufata indi ntera; Hitimana Vital yarasiwe mu modoka ye

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Ubwanditsi 13 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe
Mu Mahanga

Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Umunyamakuru Ntamuhanga Cassien yatorotse Gereza ya Mpanga
ITOHOZA

Umunyamakuru Ntamuhanga Cassien yatorotse Gereza ya Mpanga

Ubwanditsi 04 Nov 2017
Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE
Amakuru

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Ubwanditsi 07 Apr 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru