• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu inzego z’iperereza muri Uganda zategetse ifungwa ry’ imbuga za internet z’ ibinyamakuru byigenga byo mu Rwanda

Impamvu inzego z’iperereza muri Uganda zategetse ifungwa ry’ imbuga za internet z’ ibinyamakuru byigenga byo mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Ku mabwiriza y’urwego rw’ubutasi bwa gisilikare muri Ugana [ CMI ] Ikigo kigenzura ibijyanye n’Itumanaho muri Uganda bita Uganda Communications Commission [ UCC ], cyandikiye ibigo bitanga serivisi za internet, kibitegeka gufunga isomwa ry’imbuga z’amakuru zo mu Rwanda zirimo IGIHE, The New Times, Rushyashya na Virungapost yo muri Uganda ku bantu bari muri Uganda ubu ntibashobora kubifungura.

Ku wa 21 Kanama 2019 ninjoro, urwo rwego nibwo rwatangaje ko rwafunze imbuga zo mu Rwanda, ruvuga ko zihembera urwango muri Uganda.

Nkuko  The ChimpReports cyibitangaza, ngo umuvugizi w’urwego rushinzwe itumanaho muri Uganda Ibrahim Bbosa urwo rwego  rwandikiye abashinzwe imbuga nkoranyambaga abasaba gufunga imbuga zo mu Rwanda.

Amakuru aturuka muri Uganda avuga ko ibi bibaye nyuma y’ibyumweru bike imbuga zo mu Rwanda zanditse inkuru kuri Perezida Museveni, zikemanga ubwenegihugu bwe na nyina nyakwigendera Esiteeri Kokundeka, na murumuna we Salim Saleh. Iyi nkuru ngo yababaje Museveni, asaba inzego ze gufunga ibyo binyamakuru.

Uru rwego kandi rukaba rutangaza ko ngo ibinyamakuru biza ku isonga mu kubiba urwango muri Uganda ari Rushyashya, The New Times, Virunga n’Igihe.com.

Uyu mwanzuro Uganda yawufashe mu gihe Perezida w’u Rwanda na mugenzi we wa Uganda, Yoweri Museveni bari bamaze umwanya muto basinye amasezerano 10 kuri  buri kibazo u Rwanda rwashinjaga Uganda ndetse n’ubushake bwo kugikemura, bugaragazwa n’imikono ya Perezida Paul Kagame na Yoweri Museveni mu muhango wabereye i Luanda muri Angola kuri uyu wa Gatatu.

Ni amasezerano yasinywe hagati ya Perezida Paul Kagame na Yoweri Museveni, hari na Perezida João Lourenço wa Angola, Félix Tshisekedi wa RDC na Denis Sasso Nguesso wa Repubulika ya Congo.

Mu kiganiro kuri telefoni, Umuyobozi ushinzwe Itangazamakuru muri UCC, Ibrahim Bbosa, yabwiye The New Times ko habayeho iryo hagarikwa.

Ati “Twandikiye ibigo bitanga serivisi za intenet tubasaba guhagarika izo mbuga.”

Yavuze ko izo mbuga ngo zifite amakuru abangamiye umutekano w’igihugu.

Ni igikorwa cyafashwe nk’igishyira akabazo ku bushake icyo gihugu gifite mu kubahiriza  ubwisanzure bw’itangazamakuru no kubahiriza amasezerano yashyizweho umukono n’ibihugu byombi hagamijwe kuzahura umubano. Aya masezerano abasesenguzi bakomeje kugaragaza ko ashobora kuzamera nk’amwe y’Arusha.

Amasaha macye nyuma y’isinywa ry’amasazerano, Uganda yatangije igisa n’intambara ku bitangazamakuru byo mu Rwanda bikorera kuri internet, itegeka amasosiyete y’itumanaho yose akorera muri icyo gihugu kuniga imbuga zo mu Rwanda. Mugihe kandi mu itangazamakuru rya Uganda mbere gato y’isinywa ry’ariya masezerano ndetse na nyuma yaho hakomeje gucicikana inkuru zuzuye ibinyoma ku Rwanda, harimo nk’imwe yavugaga ko Gen James Kabarebe afunze ngo kandi ko umuhungu we yambuwe passport, byose bihabanye n’ukuri. Ibi bisa n’ibyo iri tangazamakuru rimaze igihe rikora, aho kenshi na kenshi usangamo ibihuha biteye isoni byibasira abayobozi bakuru  mu ngabo no mu nzego zisanzwe.

2019-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jenerali de Brigade Cômes Semugeshi umujenerali wari inkingi ya mwamba ya FDLR  munzira aza mu Rwanda

Jenerali de Brigade Cômes Semugeshi umujenerali wari inkingi ya mwamba ya FDLR munzira aza mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Ubwanditsi 09 Feb 2020
Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Ubwanditsi 22 Oct 2020
U Rwanda ruzakira inama y’inteko rusange ya 2024 y’impuzamashirahamwe y’umukino w’amamodoka  ku Isi(FIA)

U Rwanda ruzakira inama y’inteko rusange ya 2024 y’impuzamashirahamwe y’umukino w’amamodoka ku Isi(FIA)

Ubwanditsi 09 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza
Amakuru

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Ubwanditsi 13 Dec 2024
“Urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”-Rtd Lt.Col. Guillaume Ancel
INKURU NYAMUKURU

“Urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”-Rtd Lt.Col. Guillaume Ancel

Ubwanditsi 25 Mar 2018
Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 10 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru