• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yahaye FERWAFA uburenganzira bwo gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya 2 mu bagabo ndetse n’ayo mu kiciro cya 1 n’icya 2 mu bagore (2021)

Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yahaye FERWAFA uburenganzira bwo gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya 2 mu bagabo ndetse n’ayo mu kiciro cya 1 n’icya 2 mu bagore (2021)

Ubwanditsi 17 Aug 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, tariki ya 16 Kanama 2021 nibwo Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yemereye ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, ko bemerewe gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya kabiri mu bagabo ndetse n’ikiciro cya mbere ndetse n’icyakabiri mu bagore mu mwaka w’imikino wa 2020-2021.

Aya marushanwa agiye gukinwa nyuma y’ubusabe bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, aho mu kwezi kwa Kamena 2021 bandikiye Minisiteri ya Siporo bayisaba ko basubukura ibi byicior byombi biheruka kugaragara mu marushanwa ya 2019-2020, ni nyuma yaho mu Rwanda ndetse no hirya no hino ku isi icyirezo cya Koronavirusi cyari kibasiye isi muri rusange bityo amarushanwa yo muri ibyo byiciro byombi ntiyaba.

Mu ibaruwa Minisiteri ya Siporo yandikiye FERWAFA, yemereraga iri shyirahamwe gusubukura amarushanwa mu byiciro bitandukanye. Aha ni naho ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ribinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter banditse bavuga ko bemerewe gusubukura amarushanwa.

Bagize bati “Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yahaye FERWAFA uburenganzira bwo gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya 2 mu bagabo ndetse n’ayo mu kiciro cya 1 n’icya 2 mu bagore (2021).”

FERWAFA kandi yaboneyeho gutangaza ko mu gihe cya vuba, baza gushyura hanze uko amakipe azahura muri ayo marushanwa, bati “mu minsi mike cyane, tuzatangaza ingengabihe y’ayo marushanwa kimwe n’ingamba zivuguruye zo kwirinda COVID-19 zizakurikizwa.”

Hari amakuru ikinyamakuru RUSHYASHYA cyamenye ko amakipe 15 yo mu kiciro cya kabiri ariyo yari yiyandikishije ngo azahatanire gukina imikino izabazana mu kiciro cya mbere hashakishwa amakipe abiri azasimbura ikipe ya Sunrise FC ndetse na AS Muhanga yamanutse mu kiciro cya kabiri cya 2021-2022.

Mu minsi ishize nibwo hari amakuru yavugaga ko iki kiciro kitazakinwa kuko hari hamazwe gutangaza ko ikiciro cya mbere cya 2021-2022 kizatangira ku itariki ya 16 Ukwakira 2021, bityo bamwe bagaheraho bavuga ko ikiciro cya kabiri cy’umwaka wa 2020-2021 kitazakinwa bityo ko AS Muhanga na Sunrise zo zizaguma mu kiciro cya mbere.

Ibi byatumye ku ruhande rwa Sunrise FC yiyongerera imbaraga, aho yari imaze kongerera amasezerano y’imyaka ibiri abakinnyi bayo babibiri Twagirimana Innocent uzwi nka Kavatiri na Wanji Pius, iyi kipe kandi yanaguze Rucogoza Dhijad wakinaga muri Bugesera FC.

Ku ruhande rwa AS Muhanga nyuma yaho yari yatandukanye na Nduwantare Ismael nk’umutoza wayo mukuru, iyi kipe nayo yari mu nzira zo kwiyubaka ishaka umutoza mukuru. Amakuru yavaga muri iyi kipe ngo nuko Thierry Hitimana na Kayiranga Babptiste aribo iyi kipe yarimo ishaka kureba ko umwe muribo bakorana mu gihe iyi kipe yaba igumye mu kiciro cya mbere.

2021-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali : Perezida Kagame arahamagarira inzego z’umutekano ku isi guhuza

Kigali : Perezida Kagame arahamagarira inzego z’umutekano ku isi guhuza

Ubwanditsi 04 Aug 2016
De Gaulle uyobora Ferwafa arashinjwa kwihemba amafaranga ya Manda ataratorerwa

De Gaulle uyobora Ferwafa arashinjwa kwihemba amafaranga ya Manda ataratorerwa

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Inama y’intekorusange ya Gicumbi FC yasize uwari Visi Perezida wayo, Niyitanga Desiré atorewe kuyiyobora

Inama y’intekorusange ya Gicumbi FC yasize uwari Visi Perezida wayo, Niyitanga Desiré atorewe kuyiyobora

Ubwanditsi 25 Oct 2022
Cristiano Ronaldo yatwaye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka wa 2016

Cristiano Ronaldo yatwaye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka wa 2016

Ubwanditsi 10 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamagabe: Umugore yasanzwe anagana mu mugozi yapfuye
Mu Rwanda

Nyamagabe: Umugore yasanzwe anagana mu mugozi yapfuye

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi
Amakuru

Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Ubwanditsi 19 Aug 2023
Gicumbi: Abamotari bibukijwe akamaro ko gutangira amakuru ku gihe
Mu Mahanga

Gicumbi: Abamotari bibukijwe akamaro ko gutangira amakuru ku gihe

Ubwanditsi 04 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru