• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kenya na Sudan y’Epfo bishobora gutuma inteko ya EAC itinda cyane gutangira akazi

Kenya na Sudan y’Epfo bishobora gutuma inteko ya EAC itinda cyane gutangira akazi

Ubwanditsi 08 Jun 2017 Mu Rwanda

Kenya na Sudan y’Epfo zigeye gutuma inteko nshingamategeko ya EAC ikomeza gutinda gutangira imirimo yayo kubera impamvu zihariye usanga muri ibyo bihugu byombi.

Inteko ya kane y’umuryango w’uburasirazuba bwa Afurika (EALA) yari gutangira imirimo yayo tariki eshanu z’uku kwezi ariko birananirana kubera abadepite kuva muri Kenya batabonetse n’abo muri Sudan y’Epfo batashoboye kwemerwa kubera yuko ibyabo bidasobanutse !

Iby’uko Sudan y’Epfo yaba yarohereje abadepite dasobanutse muri EAC wabihera no ku buryo ubwayo yinjiye muri uyu muryango. Iki gihugu kikibona ubwigenge kuva kuri Sudan ya ruguru muri 2011 cyahise gisaba kwinjira muri EAC, gitinda kwemererwa ariko tariki 15 Mata 2016 gikingurirwa imiryango yose ngo gihite cyinjira ariko kigaseta ibirenge !

Impamvu zatumaga Sudan y’Epfo itinda kwinjira muri EAC, kandi yaremerewe, zirumvikana n’ubwo ubwazo ari inenge zanagatumye itakabaye yaremerewe kwinjira itararangiza ibibazo byayo !

-6846.jpg

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta

Nyuma gato icyo gihugu kibonye ubwigenge, ababukigejejeho (SPLM) basubiranyemo, batangiye kwirwanira ubwabo bituma inzego nyinshi z’ubutegetsi zihagarara gukora.

Ntabwo rero ibyo kwinjira muri EAC byari bikiri igikorwa kihutirwa kurusha gushakisha uko intambara yahagarara, nubwo na n’ubu umwiryane ugikomeje. UNHCR igaragaza yuko umwaka ushize abantu 1,867,870 bahunze ubutegetsi bwa Perezida Salva Kiir cyangwa intambara z’abamurwanya bashyigikiye Visi Perezida Riek Machar, nawe ubu uri mu buhungiro muri Afurika y’Epfo.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka ariko Juba yagaragaje kwiyemeza gufata ibyicaro byayo muri EAC nta kabuza. Tariki 11 Werurwe uyu mwaka Sudan y’Epfo yatangaje amazi y’abantu icyenda bazayihagararira muri EALA. Iyi yari intambwe ikomeye iki gihugu cyari giteye kwinjira muri uyu muryango ugizwe n’ibihugu biwufitemo uburenganzira n’inshingano zingana.

Inteko nshingamategeko ya gatatu (iyari iriho) ya EALA yacyuye igihe tariki 02/06/2017, iseswa n’uwari umuyobozi wayo, Dan Fred Kidega, ukomoka mu gihugu cya Uganda. Inteko ya kane, yari gusimbura iyo ya gatatu, yagombaga gutangira imirimo yayo tariki eshanu z’uku kwezi ariko ntibyashoboka kubera igihugu cya Sudan y’Epfo hamwe na Kenya, nk’uko twabikomojeho.

Amategeko agenga EAC ateganya yuko buri gihugu kigize uyu muryango cyohereza abadepite icyenda mu nteko nshingamategeko yawo (EALA). Abo badepite ariko bagomba kuba baratowe n’inteko nshingamategeko ya buri gihugu kibohereje.

Sudan y’Epfo umubare w’abadepite icyenda yarawubahirije ariko ikurikije ingingo y’itegeko ryayo ryo gusaranganya ubutegetsi. Uko niko hoherejwe Gabriel Garang Aher Arol, Gabriel Alaak Garang, Dai Deng Nhail, Ann Ito, Tomas Tut na Isaac Aziz Justne Basugbwa.

Abo uko ari batandatu boherejwe bahagarariye leta (SPLM ya Kiir), naho Adil Alias Sandrai na Gideon Gatpan bahagarariye abayirwanya (SPLM-IO). Uwa cyenda yagombaga kuva mu mashyaka atavuga rumwe na leta ariko atari no mu mirwano, hoherezwa Joseph Ukel Ubango, ukuriye ishyaka the Unuted Sudan African Party (USAP).

Ikirego cy’uko abo bantu boherejwe guhagararira Sudan mu buryo bunyuranijwe n’amategeko agenga EAC cyashyikirijwe urukiko rw’uyu muryango kikaba cyaremewe, kizatangira kuburanishwa tariki 15 z’uku kwezi.

-6847.jpg

Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo

Impamvu zatumye abo badepite ba Sudan batoranywa mu bundi buryo zishobora kuba zumvikana kuko uretse no kuba baroherejwe hubahirijwe amasezerano y’amahoro, ntabwo inteko nshingamategeko y’icyo gihugu irashobora kuba yakongera guterana kubera ibyo bibazo by’intambara. Ibyo aribyo byose ntabwo abo badepite boherejwe n’inteko nshingamategeko ya Sudan y”Epfo nk’uko amategeko ya EAC abiteganya. Ntabwo bemerewe kurahira nk’uko kutarahizwa kwabo bitumama n’abo mu bindi bihugu batarahira !

Ikindi twavuze gituma abadepite muri iyi nteko ya kane ya EALA badashobora kurahira ni Kenya itaroherezayo abayo, kuko bataraboneka !

Ubu igihugu cya Kenya kiritegura amatora, azaba tariki 08/08/2017, harimo nay’abadepite. Abadepite basanzweho muri Kenya ubu barahuze cyane bashakisha uko bazongera bagatsinda amatora, ku buryo batakigira umwanya wo kwitabira ibikorwa by’inteko yabo. Uko niko inteko nshingamategeko ya Kenya yabuze uko yatora abadepite bajya guhagararira icyo gihugu muri EALA !

Aho ikibazo gishobora gukomerera kurushaho n’uko iyo nteko nshingamategeko iriho ubu muri Kenya izaseswa tariki 15 z’uku kwezi, ibya EALA bikazategereza habonetse abadepite bashya nyuma y’amatora !

Casmiry Kayumba

2017-06-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Col. Chance Ndagano  wari Umucamanza mu rukiko  rwa gisilikare niwe wagizwe umuyobozi mushya wa Rwandair

Col. Chance Ndagano wari Umucamanza mu rukiko rwa gisilikare niwe wagizwe umuyobozi mushya wa Rwandair

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa

Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa

Ubwanditsi 07 Oct 2021
Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje  Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi

Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi

Ubwanditsi 20 Jul 2017
Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya

Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya

Ubwanditsi 17 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wa Perezida Zuma aracyakurikiranyweho kuroga umugabo we
ITOHOZA

Umugore wa Perezida Zuma aracyakurikiranyweho kuroga umugabo we

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN
Amakuru

Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ubwanditsi 17 Sep 2021
Uwo bavuga ko ari umwana w’Umwami Kigeli V n’umusirikare ukomeye muri Uganda
Mu Rwanda

Uwo bavuga ko ari umwana w’Umwami Kigeli V n’umusirikare ukomeye muri Uganda

Ubwanditsi 23 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru