• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ubwanditsi 17 Sep 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ibimenyetso bitandukanye bigaragaza ko hari abanyamakuru b’Abanyarwanda bakorera ibitangazamakuru mpuzamahanga nka BBC cyangwa VOA bagize uruhare mu gukwirakwiza amakuru yerekeranye n’ibikorwa bya FLN n’ impuzamashyaka MRCD ya Paul Rusesabagina.

Ibimenyetso Ubushinjacyaha bw’ u Rwanda bwabonye bubihawe n’abayobozi b’u Bubiligi binyuze mu bufatanye mu by’ubutabera, bigaragaza ko hari abanyamukuru b’ibinyamakuru bibiri bizwi aribyo BBC na VOA , byakoranaga bya hafi na Rusesabagina n’abo bakoranaga, bahanahana amakuru hagati y’umwaka wa 2018 na 2019 mu gihe FLN yagabaga ibitero mu Rwanda.

Ubutumwa bwa WhatsApp bwagaragaye muri mudasobwa na telefoni bya Rusesabagina byabonywe n’Ubushinjacyaha bw’u Bubiligi igihe bwajyaga gusaka inzu ya Rusesabagina i Buruseli, bugaragaza ko hari abanyamakuru bamwe b’Ijwi rya Amerika (VOA) muri serivisi y’Ikinyarwanda na BBC Gahuzamiryango babanzaga guha Rusesabagina inkuru bateguye kugira ngo azemeze mbere y’uko bazitangaza.
Hari n’aho bigaragara ko hari abanyamakuru b’ibyo bitangazamakuru ndetse n’abayobozi babo (editors) bakoranaga cyane na Rusesabagina n’ikipe ye, cyane cyane mu bihe bishyira ifatwa ry’umuvugizi wa FLN Callixte Nsabimana, muri Mata 2019.

Muri kimwe mu biganiro byabaye nyuma y’ifatwa rya Callixte Nsabimana, Rusesabagina (witwaga ‘Humura’ mu buryo bwo kujijisha) yaganiriye na Mukashema, Thomas Kamirindi na Etienne Karekezi bakorera Ijwi rya Amerika, biga uko bagomba gutangaza ibijyanye n’ifatwa ry’umuvugizi wa FLN Callixte Nsabimana, nyuma bemeranya ko babyita ‘gushimutwa’.

Muri icyo kiganiro kandi ngo hazamo undi muntu witwa Appolinaire Nsengiyumva, n’umunyamakuru wa BBC abagenzacyaha bemeje ko yari Ally Yussuf Mugenzi, aganira ku kiganiro Perezida Paul Kagame yari yagiranye n’abanyamakuru, kikavuga ku bibazo byo mu karere .

Ikiganiro kimwe cyo kuri whatsapp kigaragaza Rusesabagina aganira n’abagize MRCD hakagarukamo n’abanyamakuru b’ibitangazamakuru mpuzamahanga

Muri icyo kiganiro, bigaragara ko Karekezi wa Karekezi yoherereje ‘MRCD’ inkuru (audio) yari yakozwe n’umunyakuru witwa Eric Bagiruwubusa, kugira ‘MRCD’ iyemeze mbere y’uko itangazwa. Ndetse uwo Karekezi abihanangiriza kugira undi muntu uwo ari we wese utari muri iryo tsinda bayisangiza.

Muri icyo kiganiro, bigaragara ko Rusesabagina na bagenzi be, icyo gihe barimo bategura uburyo bwiza bwo gutangaza ibijyanye n’ifatwa rya Nsabimana Callixte ndetse akanazanwa mu Rwanda, bakabikora ku buryo bidahungabanya abagize FLN, nyuma bakanashyiraho Nsengimana Herman nk’umuvugizi mushya wa FLN .

“Mwaramutse , ndasaba Humura (Rusesabagina) inama, nibaba ngombwa abe ari we uvuga. Aho ndi ntabwo binyemerera kuvugira kuri Radio cyangwa gukora ku buryo bweruye ”. Ibyo ni ibyavuzwe na Nsengiyumva, iryo zina rikaba ryaravuzwe kenshi mu rubanza rwa FLN, abwira itsinda ryarimo Rusesabagina, ubwo butumwa bigaragara ko yabwohereje 05:52 ku itariki 20 Mata 2019.
Nsengiyumva wari uzwi ku izina rya ‘Pasteur’, ni umunyamuryango wa MRCD akaba n’umucuruzi icyo gihe wakoreraga muri Zambia, agatinya rero kuvugira kuri Radio nka BBC cyangwa se Ijwi rya Amerika kuko byari kumushyira mu bibazo n’ubuyobozi bw’igihugu kimucumbikiye.

Muri iki kiganiro, bigaragara nk’aho Karekezi w’Ijwi rya Amerika yasabaga ko inkuru ibanza gusuzumwa mbere y’uko itambutswa

Uwo Nsengiyumva yemeje ko yavuganye na Rusesabagina (Humura) kugira ngo ari abe ari we utanga ikiganiro ku Ijwi rya Amerika (VOA).
Yagize ati “Maze kumvikana na Humura, araza kuvugana na Espérance na BBC na Kamirindi” .
Mu bundi butumwa bwo ku itariki 2 Nyakanga 2019, ku isaha ya 16:38, Rusesabagina yavuganye na nomero ya telefoni Abagenzacyaha bemeje ko ari iya Ally Yussuf Mugenzi, imubwira ibyari byavugiwe mu kiganiro Perezida Kagame yari yagiranye n’itangazamakuru , avuga ko u Rwanda rwiteguye gufasha Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) , mu bikorwa irimo byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.

Muri icyo kiganiro, Karekezi wa Radio Ijwi rya Amerika yasangije inkuru y’amajwi (audio) n’intangiriro yayo (intro) yari yakozwe na Eric Bagiruwubusa ayiha umwe mu banyamuryango ba MRCD.

“Kuri uyu wa Kabiri, u Rwanda rwatangaje ko rwiteguye gufasha igihugu gituranyi cya Repubulika ya Demokarasi ya Kongo mu rugamba rwo kurwanya imitwe yitwaje intwaro iba ku butaka bwa Kongo. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, Perezida Paul Kagame yavuze ko iyo mitwe itabangamira Congo gusa, ahubwo inabangamira ibihugu bituranyi n’abandi”. Ibyo ni byo byari muri iyo ntangiriro y’inkuru (intro) ya Eric Bagiruwubusa.

Mu kindi kiganiro bigaragara ko cyabaye tariki 30 Mata 2019, saa 14:38, Ally Yussuf Mugenzi yaganiriye na Rusesabagina ku bijyanye n’aho Nsabimana Callixte yaba aherereye, uyu akaba yarahoraga aha amakuru izi radio zombi yerekeranye n’umuvugizi wa FLN, dore ko byari bikomeje kuvugwa ko yaba yatawe muri yombi.

Rusesabagina ngo yaba yaravuganaga kenshi na Ally Yusuf Mugenzi wa BBC

Nk’uko bigaragazwa n’abagenzacyaha, ibimenyetso bigaragaza ko imikoranire yari hagati y’izo Radio mpuzamahanga zombi na MRCD/FLN yari irenze iyo ikinyamakuru cyagirana n’uwo gikuraho inkuru bisanzwe.
Biteganyijwe ko umwanzuro w’urubanza rwa Rusesabagina n’abandi 20 uzasomwa ku itariki 20 Nzeri 2021.

2021-09-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Afungiwe kudatanga inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga no kugerageza gutanga ruswa

Afungiwe kudatanga inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga no kugerageza gutanga ruswa

Ubwanditsi 11 Nov 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023
Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?

Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?

Ubwanditsi 06 Jan 2023
Bamwe mu Bajenerali muri Kongo Batangiye Kwerurira Tshisekedi Ko Barambiwe Imiyoborere ye Igihe Kurimbura Igihugu

Bamwe mu Bajenerali muri Kongo Batangiye Kwerurira Tshisekedi Ko Barambiwe Imiyoborere ye Igihe Kurimbura Igihugu

Ubwanditsi 28 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR Fc yabonye amanota atatu i Rubavu mu mukino w’ikirarane
IMIKINO

APR Fc yabonye amanota atatu i Rubavu mu mukino w’ikirarane

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Abarimo Glen Habimana bahamagwe mu  ikipe hy’u Rwandan U23 bitegura guhura na Mali mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike ya CAN U23
Amakuru

Abarimo Glen Habimana bahamagwe mu ikipe hy’u Rwandan U23 bitegura guhura na Mali mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike ya CAN U23

Ubwanditsi 14 Oct 2022
Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw
UBUKUNGU

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Ubwanditsi 04 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru