• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ubwanditsi 17 Sep 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ibimenyetso bitandukanye bigaragaza ko hari abanyamakuru b’Abanyarwanda bakorera ibitangazamakuru mpuzamahanga nka BBC cyangwa VOA bagize uruhare mu gukwirakwiza amakuru yerekeranye n’ibikorwa bya FLN n’ impuzamashyaka MRCD ya Paul Rusesabagina.

Ibimenyetso Ubushinjacyaha bw’ u Rwanda bwabonye bubihawe n’abayobozi b’u Bubiligi binyuze mu bufatanye mu by’ubutabera, bigaragaza ko hari abanyamukuru b’ibinyamakuru bibiri bizwi aribyo BBC na VOA , byakoranaga bya hafi na Rusesabagina n’abo bakoranaga, bahanahana amakuru hagati y’umwaka wa 2018 na 2019 mu gihe FLN yagabaga ibitero mu Rwanda.

Ubutumwa bwa WhatsApp bwagaragaye muri mudasobwa na telefoni bya Rusesabagina byabonywe n’Ubushinjacyaha bw’u Bubiligi igihe bwajyaga gusaka inzu ya Rusesabagina i Buruseli, bugaragaza ko hari abanyamakuru bamwe b’Ijwi rya Amerika (VOA) muri serivisi y’Ikinyarwanda na BBC Gahuzamiryango babanzaga guha Rusesabagina inkuru bateguye kugira ngo azemeze mbere y’uko bazitangaza.
Hari n’aho bigaragara ko hari abanyamakuru b’ibyo bitangazamakuru ndetse n’abayobozi babo (editors) bakoranaga cyane na Rusesabagina n’ikipe ye, cyane cyane mu bihe bishyira ifatwa ry’umuvugizi wa FLN Callixte Nsabimana, muri Mata 2019.

Muri kimwe mu biganiro byabaye nyuma y’ifatwa rya Callixte Nsabimana, Rusesabagina (witwaga ‘Humura’ mu buryo bwo kujijisha) yaganiriye na Mukashema, Thomas Kamirindi na Etienne Karekezi bakorera Ijwi rya Amerika, biga uko bagomba gutangaza ibijyanye n’ifatwa ry’umuvugizi wa FLN Callixte Nsabimana, nyuma bemeranya ko babyita ‘gushimutwa’.

Muri icyo kiganiro kandi ngo hazamo undi muntu witwa Appolinaire Nsengiyumva, n’umunyamakuru wa BBC abagenzacyaha bemeje ko yari Ally Yussuf Mugenzi, aganira ku kiganiro Perezida Paul Kagame yari yagiranye n’abanyamakuru, kikavuga ku bibazo byo mu karere .

Ikiganiro kimwe cyo kuri whatsapp kigaragaza Rusesabagina aganira n’abagize MRCD hakagarukamo n’abanyamakuru b’ibitangazamakuru mpuzamahanga

Muri icyo kiganiro, bigaragara ko Karekezi wa Karekezi yoherereje ‘MRCD’ inkuru (audio) yari yakozwe n’umunyakuru witwa Eric Bagiruwubusa, kugira ‘MRCD’ iyemeze mbere y’uko itangazwa. Ndetse uwo Karekezi abihanangiriza kugira undi muntu uwo ari we wese utari muri iryo tsinda bayisangiza.

Muri icyo kiganiro, bigaragara ko Rusesabagina na bagenzi be, icyo gihe barimo bategura uburyo bwiza bwo gutangaza ibijyanye n’ifatwa rya Nsabimana Callixte ndetse akanazanwa mu Rwanda, bakabikora ku buryo bidahungabanya abagize FLN, nyuma bakanashyiraho Nsengimana Herman nk’umuvugizi mushya wa FLN .

“Mwaramutse , ndasaba Humura (Rusesabagina) inama, nibaba ngombwa abe ari we uvuga. Aho ndi ntabwo binyemerera kuvugira kuri Radio cyangwa gukora ku buryo bweruye ”. Ibyo ni ibyavuzwe na Nsengiyumva, iryo zina rikaba ryaravuzwe kenshi mu rubanza rwa FLN, abwira itsinda ryarimo Rusesabagina, ubwo butumwa bigaragara ko yabwohereje 05:52 ku itariki 20 Mata 2019.
Nsengiyumva wari uzwi ku izina rya ‘Pasteur’, ni umunyamuryango wa MRCD akaba n’umucuruzi icyo gihe wakoreraga muri Zambia, agatinya rero kuvugira kuri Radio nka BBC cyangwa se Ijwi rya Amerika kuko byari kumushyira mu bibazo n’ubuyobozi bw’igihugu kimucumbikiye.

Muri iki kiganiro, bigaragara nk’aho Karekezi w’Ijwi rya Amerika yasabaga ko inkuru ibanza gusuzumwa mbere y’uko itambutswa

Uwo Nsengiyumva yemeje ko yavuganye na Rusesabagina (Humura) kugira ngo ari abe ari we utanga ikiganiro ku Ijwi rya Amerika (VOA).
Yagize ati “Maze kumvikana na Humura, araza kuvugana na Espérance na BBC na Kamirindi” .
Mu bundi butumwa bwo ku itariki 2 Nyakanga 2019, ku isaha ya 16:38, Rusesabagina yavuganye na nomero ya telefoni Abagenzacyaha bemeje ko ari iya Ally Yussuf Mugenzi, imubwira ibyari byavugiwe mu kiganiro Perezida Kagame yari yagiranye n’itangazamakuru , avuga ko u Rwanda rwiteguye gufasha Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) , mu bikorwa irimo byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.

Muri icyo kiganiro, Karekezi wa Radio Ijwi rya Amerika yasangije inkuru y’amajwi (audio) n’intangiriro yayo (intro) yari yakozwe na Eric Bagiruwubusa ayiha umwe mu banyamuryango ba MRCD.

“Kuri uyu wa Kabiri, u Rwanda rwatangaje ko rwiteguye gufasha igihugu gituranyi cya Repubulika ya Demokarasi ya Kongo mu rugamba rwo kurwanya imitwe yitwaje intwaro iba ku butaka bwa Kongo. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, Perezida Paul Kagame yavuze ko iyo mitwe itabangamira Congo gusa, ahubwo inabangamira ibihugu bituranyi n’abandi”. Ibyo ni byo byari muri iyo ntangiriro y’inkuru (intro) ya Eric Bagiruwubusa.

Mu kindi kiganiro bigaragara ko cyabaye tariki 30 Mata 2019, saa 14:38, Ally Yussuf Mugenzi yaganiriye na Rusesabagina ku bijyanye n’aho Nsabimana Callixte yaba aherereye, uyu akaba yarahoraga aha amakuru izi radio zombi yerekeranye n’umuvugizi wa FLN, dore ko byari bikomeje kuvugwa ko yaba yatawe muri yombi.

Rusesabagina ngo yaba yaravuganaga kenshi na Ally Yusuf Mugenzi wa BBC

Nk’uko bigaragazwa n’abagenzacyaha, ibimenyetso bigaragaza ko imikoranire yari hagati y’izo Radio mpuzamahanga zombi na MRCD/FLN yari irenze iyo ikinyamakuru cyagirana n’uwo gikuraho inkuru bisanzwe.
Biteganyijwe ko umwanzuro w’urubanza rwa Rusesabagina n’abandi 20 uzasomwa ku itariki 20 Nzeri 2021.

2021-09-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0

Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0

Ubwanditsi 04 May 2025
Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Ruharwa Capt Sagahutu arahamagarira urubyiruko gusanga FDLR no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi kandi atunzwe na UN

Ruharwa Capt Sagahutu arahamagarira urubyiruko gusanga FDLR no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi kandi atunzwe na UN

Ubwanditsi 07 Aug 2024
Etoile de l’Est n’Amagaju FC zazamutse mu kiciro cya mbere cy’umwaka w’imikino wa 2023-2024

Etoile de l’Est n’Amagaju FC zazamutse mu kiciro cya mbere cy’umwaka w’imikino wa 2023-2024

Ubwanditsi 20 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazamakuru mu marembera : Abasimbuye Murama mu nama nkuru y’itangazamakuru urwishe yanka ruracyayirimo
Mu Mahanga

Itangazamakuru mu marembera : Abasimbuye Murama mu nama nkuru y’itangazamakuru urwishe yanka ruracyayirimo

Ubwanditsi 20 Mar 2016
Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze
INKURU NYAMUKURU

Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Abifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda bararota – IGP Munyuza
ITOHOZA

Abifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda bararota – IGP Munyuza

Ubwanditsi 17 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru