• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 07 Sep 2022 Amakuru, HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Nyuma yo gukorwa n’ikimwaro, Frank Habineza yatangiye gusa n’uwihakana ibyo yivugiye, ubwo Abanyarwanda batahuraga ko yatangiye kwigira umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda.

Ubwo yabazwaga abo avugira nyirizina, ndetse n’aho akomora kwigira umuvugizi w’imitwe ishaka guhungabanya Abanyarwanda, yabihirikiye ku ishyaka rye ayoboye aho yagize ati “Dukora manifesto, abarwanashyaka ni bo babizanye. Ni bo bazanye zino ngingo. […] Ntabwo twebe twavuga amazina hari igihe ushobora kuvuga amazina y’abantu ukagira abo wibagirwa.”

Kereka niba Frank Habineza yarashutswe, ariko na byo ntibikwiye kuko na we afite ubwenge butatekereza kuzamura igitekerezo kigamije gusesereza Abanyarwanda bagizweho ingaruka n’ibitero by’imitwe yitwaje intwaro ihungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ukwivuguruza kwa Depite Habineza kandi, ntikuzarangirira mu mu magambo gusa, kuko we yivugiye ko bagiye no gusubira mu migabo n’imigambi (Manifesto) y’ishyaka, bakaba bazagira n’ibyo bakuramo.
Uwavuga ko Depite habineza ari kwibonekeza ntakwiye kurebwa nabi, kuko hari abagaragaje ko atangiye kuzamura ijwi rye mu bitangazamakuru, kuko amatora y’abadepite yegereje.

Niba yarifuzaga ko Leta y’u Rwanda iganira n’abatavuga rumwe na yo, kuki atajyanye icyo gitekerezo mu Nteko Ishinga Amategeko nk’umudepite?

Hari imvugo Habineza yakomeje guca iruhande aho utamenya niba yarasabaga imbabazi cyangwa yarakomezaga gushishikara akongeza politike ye aho yagize ati “Niba hari abantu nakomerekeje bbiseguyeho…”. Umuntu yakwibaza ati Ese habineza koko yasabye imbabazi, cg niyamyitwarire yo mubihe bya gikoloni, mugushaka kuba umutoni kwa Antony Blinken, uherutse kuza mu Rwanda ngo aje gufunguza icyihebe Paul Rusesabagina agataha yimyiza imoso?

Depite Habineza ubwe arabizi kandi anahamya ko Leta y’u Rwanda yatanze rugari ngo abari hanze y’u Rwanda batahe bagaruke mu Rwanda, hakagira abataha n’abadataha. Ngo impamvu ashaka ibi biganio ni uko hari abataratashye, nyamara ntiyagaraje niba impamvu batatashye ari uko Leta y’u Rwanda yabimye ibyo uburenganzira.

Nonese ko azi neza ko hafi abo bose baheze ishyanga ari abakurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’abandi banyabyaha batorotse ubutabera, abandi Habineza avuganira ni abahe?

Ibiganiro Depite Habineza asaba ntabwo byimywe umwanya, kuko mu 1998 na 1999 mubiganiro byabereye muri Village urugwiro, abagize amashyaka yose ataragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, imiryango itegamiye kuri Leta, abanyamadini ndetse n’abashakashatsi, baganira kuburyo habaho gusangira ubutegetsi ntawe usigaye inyuma.
Igika cya gatandatu mu ngingo ya cumi y’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda, kirimo Ihame rya Gatandatu, rigira riti “gushaka buri gihe umuti w‟ibibazo binyuze mu nzira y‟ibiganiro n‟ubwumvikane busesuye”
Itegeko Nshinga kandi rishyiraho Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki, NCFPO ridatandukanye na busa nicyo Habineza ashaka, yise Political Ombudsman Council.

Depite Frank Habineza ushaka kwigira inyaryenge ngo aturangaze, akwiye kwerura agasaba imbabazi Abanyarwanda yakinnye ku mubyimba, kubera ingaruka z’ibitero byatewe niyo mitwe asabira kwidegembya.

2022-09-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8

Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8

Ubwanditsi 15 Jul 2018
Amafoto : REG BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022 yatangiranye intsinzi imbere ya AS Salé yo muri Morocco

Amafoto : REG BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022 yatangiranye intsinzi imbere ya AS Salé yo muri Morocco

Ubwanditsi 07 Mar 2022
Nkurunziza akomeje guhamagarira abayobozi muri leta ye kwikoma u Rwanda

Nkurunziza akomeje guhamagarira abayobozi muri leta ye kwikoma u Rwanda

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda

Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi
Amakuru

Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Ubwanditsi 29 Dec 2025
Kuki  Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Kuki Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda

Ubwanditsi 02 Oct 2018
Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi
Mu Rwanda

Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Ubwanditsi 17 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru