• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»‘Museveni w’uyu munsi ahuye n’uwo mu gihe cy’impinduramatwara bakozanyaho’-Jenerali Ulimwengu

‘Museveni w’uyu munsi ahuye n’uwo mu gihe cy’impinduramatwara bakozanyaho’-Jenerali Ulimwengu

Ubwanditsi 29 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Jenerali Ulimwengu, Impuguke mu mategeko ukomoka muri Tanzania yagereranyije Yoweri Museveni uyobora Uganda, n’umusore wayoboye abandi mu rugamba rwo kubohora iki gihugu mu myaka isaga 30 ishize avuga ko bombi bahuye bakozanyaho.

Ulimwengu usanzwe ari umuyobozi w’inama y’ubutegetsi y’ikinyamakuru Raia Mwema, yashingiye ku myitwarire ya Museveni w’iki gihe, n’ibitekerezo yari afite ubwo yatangizaga impinduramatwara yamusize ku butegetsi.

Ibitekerezo bye kuri iyi ngingo yabinyujije mu nyandiko igaragara mu kinyamakuru, The East African.

Ulimwengu yahamije ko benshi mu bamenye Museveni nk’umunyeshuri wari urangaje imbere impinduramatwara ubwo yigaga muri Kaminuza ya Dar es Salaam, iyo bitegereje uwo yaje kuba we batangira kwibaza icyacura aba bombi baramutse bahuye.

Umwe mu bamumenye mu myaka ya 1960 na 70 we ngo ntiyatinye kuvuga ko bahuye ‘Bakozanyaho’.

Uyu mugabo avuga ko mu gihe akomeje kujanjagura imitwe y’abagerageza kugaragaza ko batamushyigikiye ariko, niko ahindukiza amaso akabona inyandiko ku nkuta zimubwira ziti “genda! Ntabwo ugikenewe, kandi n’utabikora ku bushake tuzashakisha uburyo bwose tukwikurira mu nzira”.
Ulimwengu avuga ko bitangaje kuba aho gushakisha umuti urambye, Museveni yahisemo gufunga Bobi Wine mu minsi yashize agakorerwa iyicarubozo ashinjwa ‘ubugambanyi’. Yarekuwe atanze ingwate.

Ni mu gihe nyamara icyaha nk’iki Museveni ubwe yagishinjwe mu 1980, ubwo yafataga umwanzuro wo kwegura intwaro akarwanya guverinoma yari iyobowe na Milton Obote.

Ni igikorwa cyashyigikiwe cyane kuko uretse kuba cyari gifite ishingiro, buri wese yemezaga ko ari ngombwa.

Ulimwengu ati “Sinzi byinshi ku byo Bobi Wine yavuze cyangwa yaririmbye, gusa nkeka ko ibyaha by’ubugambanyi ashinjwa ari ibinyoma, ariko impinduramatwara yatangije ifite ishingiro.”

Nk’uko yakomeje abivuga muri kirya gihe, ngo Museveni ntiyigeze anategereza ko haba amatora ngo byemezwe ko habaye uburiganya ahubwo yavuze ko naramuka adatsinze hazaba intambara.

Museveni ufite ipeti rya Lt.Gen. yafashe ubutegetsi mu mwaka wa 1986 aho yari amaze imyaka itanu mu ishyamba, abugeraho ahiritse Milton Obote.

Ibi kandi ni nako byaje kugenda, maze mu 1986 ajya ku butegetsi, nyuma y’imyaka itandatu y’intambara itoroshye yasize imennye amaraso y’abaturage batari bake.

Ibyishimo n’icyizere yari yarahaye abaturage ariko ngo ntibyarambye kuko yaje gutangira guhinduka no kwigwizaho ubutegetsi binyuze muri ruswa, kubaka akazu n’igisirikare gikoresha imbaraga z’umurengera.
Yacishagamo agategura amatora abeshya ko anyura mu mucyo.

Ulimwengu avuga ko nyuma y’uko Kizza Besigye bahanganye igihe kirekire abaye nk’unaniwe, kuri ubu Museveni ari guhangana n’umugabo ukiri muto unyeganyeza imisozi.

Ngo ni ibintu bitagoye kubera ibibazo biri muri Uganda birimo ubukungu butifashe neza n’ubushomeri mu rubyiruko bugenda bufata indi ntera.

Ati “Mu bigaragara ariko Yoweri nta gitekerezo na kimwe afite ku birebana n’icyo yabikoraho uretse kuvuga ko azaguma ku butegetsi uko byagenda kose.”

Ulimwengu asanga Museveni yagakwiye gufatira urugero kuri Repubulika ya Congo, izwi nka Congo-Brazzaville iherutse gushyira umukono ku masezerano yo guhagarika imvururu z’urudaca zari zarayogoje igihugu, ndetse umutwe wa Ninjas ukemera gushyira intwaro hasi.

Mu Cyumweru gishize umuyobozi w’umutwe wa Ninjas, Frederick Bintsamou, yavuze amagambo y’ubuhanga, Ulimwengu avuga ko yagakwiye kubera Museveni impumeko.

Uyu mugabo uzwi nka Pastor Ntumi, yagize ati “ Umuntu ashobora gushyira intwaro hasi, ariko impamvu zituma twese dufata intwaro zigomba gukemurwa.”

Ulimwengu yemeza ko Museveni aramutse ahaye agaciro “Impamvu ituma twese dufata intwaro”, haboneka umuti usumba gukozanyaho na Bobi Wine.

2018-08-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 08 Kanama 2018

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 08 Kanama 2018

Ubwanditsi 09 Aug 2018
Uko  ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]

Uko ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]

Ubwanditsi 25 Mar 2018
Joseph Mugenzi nawe mu gihome nyuma y’umuhungu we Rene Mugenzi, akurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Joseph Mugenzi nawe mu gihome nyuma y’umuhungu we Rene Mugenzi, akurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 27 Oct 2020
Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Ubwanditsi 29 Jul 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Btwenge
    August 29, 201811:51 pm -

    MATTHEW. 7: 3 Yesu christ ati;
    Kuki mushimishwa no kureba
    agatotsi kari mujisho rya bagenzi banyu
    Mukirengagiza inkingi nini yitambitse
    Mumaso yanyu?????

    We must buy the Mirror!!! Indorerwamo!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali : Umugabo yafatanwe inoti z’impimbano
Amakuru

Kigali : Umugabo yafatanwe inoti z’impimbano

Ubwanditsi 16 Oct 2016
UN yafatiye Koreya ya Ruguru ibihano bikakaye, Perezida Trump abyinira ku rukoma
POLITIKI

UN yafatiye Koreya ya Ruguru ibihano bikakaye, Perezida Trump abyinira ku rukoma

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Uganda : Hari abadepite badakozwa ibyo kwiyamamaza kwa Perezida Museveni mu 2021
POLITIKI

Uganda : Hari abadepite badakozwa ibyo kwiyamamaza kwa Perezida Museveni mu 2021

Ubwanditsi 25 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru