• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Huye: Polisi n’urubyuruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha(RYVCP) bifatanyije mu bikorwa byo kurengera ibidukikije

Huye: Polisi n’urubyuruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha(RYVCP) bifatanyije mu bikorwa byo kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 05 Mar 2017 Mu Rwanda

Iyo ibidukikije byitaweho, nabyo biri mu biteza imbere imibereho y’abatuye igihugu bikanageza igihugu muri rusange ku majyambere arambye.

“Ibi ntawabishidikanyaho afatiye urugero ku byakozwe na Leta y’u Rwanda muri politiki yo kurengera ibidukikije cyane amashyamba,urebye aho yadukuye n’aho u Rwanda rugeze ubu ku birebana n’uko ibihe bisimburana, cyane cyane iby’ihinga kandi mu bice byose by’igihugu, aho tutagifite uduce tw’igihugu twokamwe n’amapfa, utundi tuzwi nk’ututera tugomba guhora mu nzara n’ibindi,.”

Ubu butumwa bwatanzwe kuri uyu wa gatandatu taliki ya 4 Werurwe, n’umuyobozi wa Polisi mu karere ka Huye , Superintendent of Police(SP) J.Marie Vianney Karegeya, nyuma y’umuganda wo gutera ibiti by’imbuto n’imirimbo mu gace gakikije icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, giherereye mu mujyi wa Huye, ari kumwe n’umuhuzabikorwa w’urwo rubyruko mu karere ka Huye, Emmanuel Musangwamfura.

Iki gikorwa cyitabiriwe n’abapolisi bagize umutwe wa Polisi ukorera mu karere ka Huye ndetse n’urubyiruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha bavuye mu mirenge igize akarere ka Huye n’abo muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye bagera kuri 300.

Mu kiganiro cyabaye nyuma y’iki gikorwa, SP Karegeya yashimiye uru rubyiruko rwaje kwifatanya na Polisi muri iki gikorwa maze agira ati:” Iki ni kimwe mu bikomeza ubufatanye busanzwe hagati yacu kandi ntacyo tuzashyira muri gahunda ngo kinanirane kugerwaho.”

Mu birebana no kubungabunga ibidukikije, yageneye ubutumwa abaturage muri rusange cyane cyane abo muri Huye maze aboneraho kwibutsa abatema ibiti, babaza mu buryo butemewe n’amategeko ko bihanwa n’amategeko aho agira ati:” Abantu bakwiye kwirinda ibi bikorwa no kubirwanya kuko, uretse kuba binyuranyije n’amategeko, bishyira mu kaga ubuzima bw’ababikora nk’uko bikunze kugendekera ababikora; akenshi baba badafite n’ibikoresho, hagira impanuka ibabaho igahitana ubuzima bwabo tutibagiwe no guhanwa igihe bafashwe.”

Yabukije ko kugira ishyamba ryeze mu murima wawe bitaguha uburenganzira bwo kwangiza ibidukikije ubitema, kuko bagomba kubikora hakurikijwe amabwiriza abagenewe ajyanye no kubibungabunga, nko gutera ibiti n’ibindi bifata ubutaka n’ibindi bijyanye no gusubiza aho batemye uko hari hameze.

SP Karegeya asoza, yavuze ku kwirinda ibyaha muri rusange , abasaba gufasha aho batuye kwigisha abaturanyi babo kwirinda cyane cyane amakimbirane yo mu ngo, kunywa no gucuruza ibiyobyabwenge, kubakanguriye kugira umuco wo kwikemurira ibibazo aho batuye, ibibananiye bakabishyikiriza inzego zibegereye harimo na Polisi.

Umuhuzabikorwa w’urubyiruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha mu ijambo rye, yashimiye Polisi y’u Rwanda muri rusange, by’umwihariko ikorera mu karere ka Huye, uburyo ibaba hafi mu kubahugura no kubagira inama zibafasha kurangiza inshingano zabo.

-6020.jpg

Musangwamfura yagize ati:” Twishimira imikoranire yacu na Polisi ikorera mu karere ka Huye, kuri ubu iri ku rwego rushimishije kandi tugomba guhora tuyivugurura nk’uko n’abanyabyaha bahora bavugurura imikorere yabo, tugomba kubagenda imbere kugirango akarere kacu gahorane umutekano nk’uwo gafite ndetse uniyongere.”

Yashoje asaba ko inama n’amahugurwa Polisi n’ubuyobozi bw’akarere babagenera byakomeza kandi yizeza ko bagiye kongera umubare w’uru rubyiruko muri Huye ndetse n’ireme ry’ibikorwa bigomba kubaranga; yanavuze ko bajyanye ubutumwa bwo kubungabunga ibidukikije biriho mu mirenge yabo ndetse bikanongerwa kubera akamaro kabyo ku buzima bw’abayituye.

RNP

2017-03-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

LONI iraburirwa yuko Nkurunziza ashaka kohereza abicanyi muri Somalia

LONI iraburirwa yuko Nkurunziza ashaka kohereza abicanyi muri Somalia

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Uruganda rw’abo kwa Rwigara rwinjijwe mu rubanza RRA iregamo abanyamigabane kuruhombya

Uruganda rw’abo kwa Rwigara rwinjijwe mu rubanza RRA iregamo abanyamigabane kuruhombya

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32

Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32

RUSHYASHYA 26 Jun 2026
Ntabwo iyi ntambara ari iy’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwayitangiye, ahubwo icyo abayitangiye bashakaga ni cyo turwana nacyo

Ntabwo iyi ntambara ari iy’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwayitangiye, ahubwo icyo abayitangiye bashakaga ni cyo turwana nacyo

Ubwanditsi 16 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Charly na Nina ngo  ‘Urutonde rwa PGGSS6 rurasekeje’
IMIKINO

Charly na Nina ngo ‘Urutonde rwa PGGSS6 rurasekeje’

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Perezida Kabila yahaye akazi Amb.Eugene Gasana ko gushaka uko imitungo ye n’abambari be yasohorwa
Mu Rwanda

Perezida Kabila yahaye akazi Amb.Eugene Gasana ko gushaka uko imitungo ye n’abambari be yasohorwa

Ubwanditsi 16 Aug 2017
Impinduka zagaragaye mu irushanwa rya  PRIMUS GUMA GUMA SUPER STAR  uyu mwaka
Mu Rwanda

Impinduka zagaragaye mu irushanwa rya PRIMUS GUMA GUMA SUPER STAR uyu mwaka

Ubwanditsi 17 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru