• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Huye: Polisi n’urubyuruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha(RYVCP) bifatanyije mu bikorwa byo kurengera ibidukikije

Huye: Polisi n’urubyuruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha(RYVCP) bifatanyije mu bikorwa byo kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 05 Mar 2017 Mu Rwanda

Iyo ibidukikije byitaweho, nabyo biri mu biteza imbere imibereho y’abatuye igihugu bikanageza igihugu muri rusange ku majyambere arambye.

“Ibi ntawabishidikanyaho afatiye urugero ku byakozwe na Leta y’u Rwanda muri politiki yo kurengera ibidukikije cyane amashyamba,urebye aho yadukuye n’aho u Rwanda rugeze ubu ku birebana n’uko ibihe bisimburana, cyane cyane iby’ihinga kandi mu bice byose by’igihugu, aho tutagifite uduce tw’igihugu twokamwe n’amapfa, utundi tuzwi nk’ututera tugomba guhora mu nzara n’ibindi,.”

Ubu butumwa bwatanzwe kuri uyu wa gatandatu taliki ya 4 Werurwe, n’umuyobozi wa Polisi mu karere ka Huye , Superintendent of Police(SP) J.Marie Vianney Karegeya, nyuma y’umuganda wo gutera ibiti by’imbuto n’imirimbo mu gace gakikije icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, giherereye mu mujyi wa Huye, ari kumwe n’umuhuzabikorwa w’urwo rubyruko mu karere ka Huye, Emmanuel Musangwamfura.

Iki gikorwa cyitabiriwe n’abapolisi bagize umutwe wa Polisi ukorera mu karere ka Huye ndetse n’urubyiruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha bavuye mu mirenge igize akarere ka Huye n’abo muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye bagera kuri 300.

Mu kiganiro cyabaye nyuma y’iki gikorwa, SP Karegeya yashimiye uru rubyiruko rwaje kwifatanya na Polisi muri iki gikorwa maze agira ati:” Iki ni kimwe mu bikomeza ubufatanye busanzwe hagati yacu kandi ntacyo tuzashyira muri gahunda ngo kinanirane kugerwaho.”

Mu birebana no kubungabunga ibidukikije, yageneye ubutumwa abaturage muri rusange cyane cyane abo muri Huye maze aboneraho kwibutsa abatema ibiti, babaza mu buryo butemewe n’amategeko ko bihanwa n’amategeko aho agira ati:” Abantu bakwiye kwirinda ibi bikorwa no kubirwanya kuko, uretse kuba binyuranyije n’amategeko, bishyira mu kaga ubuzima bw’ababikora nk’uko bikunze kugendekera ababikora; akenshi baba badafite n’ibikoresho, hagira impanuka ibabaho igahitana ubuzima bwabo tutibagiwe no guhanwa igihe bafashwe.”

Yabukije ko kugira ishyamba ryeze mu murima wawe bitaguha uburenganzira bwo kwangiza ibidukikije ubitema, kuko bagomba kubikora hakurikijwe amabwiriza abagenewe ajyanye no kubibungabunga, nko gutera ibiti n’ibindi bifata ubutaka n’ibindi bijyanye no gusubiza aho batemye uko hari hameze.

SP Karegeya asoza, yavuze ku kwirinda ibyaha muri rusange , abasaba gufasha aho batuye kwigisha abaturanyi babo kwirinda cyane cyane amakimbirane yo mu ngo, kunywa no gucuruza ibiyobyabwenge, kubakanguriye kugira umuco wo kwikemurira ibibazo aho batuye, ibibananiye bakabishyikiriza inzego zibegereye harimo na Polisi.

Umuhuzabikorwa w’urubyiruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha mu ijambo rye, yashimiye Polisi y’u Rwanda muri rusange, by’umwihariko ikorera mu karere ka Huye, uburyo ibaba hafi mu kubahugura no kubagira inama zibafasha kurangiza inshingano zabo.

-6020.jpg

Musangwamfura yagize ati:” Twishimira imikoranire yacu na Polisi ikorera mu karere ka Huye, kuri ubu iri ku rwego rushimishije kandi tugomba guhora tuyivugurura nk’uko n’abanyabyaha bahora bavugurura imikorere yabo, tugomba kubagenda imbere kugirango akarere kacu gahorane umutekano nk’uwo gafite ndetse uniyongere.”

Yashoje asaba ko inama n’amahugurwa Polisi n’ubuyobozi bw’akarere babagenera byakomeza kandi yizeza ko bagiye kongera umubare w’uru rubyiruko muri Huye ndetse n’ireme ry’ibikorwa bigomba kubaranga; yanavuze ko bajyanye ubutumwa bwo kubungabunga ibidukikije biriho mu mirenge yabo ndetse bikanongerwa kubera akamaro kabyo ku buzima bw’abayituye.

RNP

2017-03-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda

Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda

Ubwanditsi 21 Sep 2023
Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ]

Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017
IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

Ubwanditsi 19 Jun 2025
Uganda: Abasirikare 2 ba UPDF bakorewe iyicarubozo ku munsi w’umurimo

Uganda: Abasirikare 2 ba UPDF bakorewe iyicarubozo ku munsi w’umurimo

Ubwanditsi 05 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi buragana he ?  Urutonde rw’abantu 17 bashakishwa n’ubutabera kubera iyicwa rya Ndadaye
INKURU NYAMUKURU

U Burundi buragana he ? Urutonde rw’abantu 17 bashakishwa n’ubutabera kubera iyicwa rya Ndadaye

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali
IMIKINO

Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu
Amakuru

Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu

Ubwanditsi 18 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru