• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Impinduka zagaragaye mu irushanwa rya PRIMUS GUMA GUMA SUPER STAR uyu mwaka

Impinduka zagaragaye mu irushanwa rya PRIMUS GUMA GUMA SUPER STAR uyu mwaka

Ubwanditsi 17 Mar 2018 Mu Rwanda

Muri iyi minsi nibwo urutonde rw’abahanzi 10 bazitabira irushanwa rikomeye cyane mu Rwanda rya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro yaryo ya 8( PGGSSs8) bamenyekanye, abatoranyijwe batangira gukora imyiteguro y’uko bazagaragara n’uko bazitwara mu irushanwa.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Werurwe 2018, Abahanzi bose batoranyijwe nibwo bashyize umukono ku masezerano ko bagiye gutangira akazi hagati aho n’abanyamakuru baboneraho guhabwa amabwiriza yerekeranye n’irushanwa.

Mu irushanwa rya PGGSSs8, hagaragayemo impinduka zimwe na zimwe zisanzwe zitamenyerewe ku bakunzi biri rushanwa, zimwe mu mpinduka zagaragaye ni uko mu gihe byari bimenyerewe ko hahembwa umuhanzi umwe ku bushorishori bwaryo( Final), ubu hagiye kuzajya hahembwa babiri muri ibi byiciro bikurikira.

Hazajya hahembwa umuhanzi watowe n’abagize akanama nkemurampaka( Judges) ari nawe uzahabwa igihembo nyamukuru mu biteganyijwe gutangwa muri iri rushanwa ubwo akaba ari we witwa uwambere agahabwa miliyoni makumyabili (20,000,000Frw). Undi wa kabiri uzahabwa ibihembo ni uwatowe cyane n’Abantu akagira n’abafana benshi kurusha abandi we azahembwa miliyoni Cumi n’Eshanu (15,000,000Frw).

Uduce ibitaramo bizaberamo bigasorezwa i Kigali

Ku bijyanye na gahunda zirushanwa ry’uyu mwaka, biteganyijwe ko rizarangwa n’ibitaramo bitanu bizabera mu Turere dutandukanye tw’igihugu ryari risanzwe rikunze kugaragaramo no mu y’indi myaka yatambutse harimo: Gicumbi, Huye, Musanze, Rubavu nyuma yaho rigasorezwa mu Mujyi wa Kigali aho abahanzi babiri bazaba bahabwa ibihembo byabo.

Ibitaramo byose bizagenda bikorwa biteganyijwe ko bizaririmbwa Live ntamuhanzi n’umwe uzakoresha Play Back, Biteganyijwe ko,ibi bitaramo bizatangira  tariki 26 Gicurasi 2018 birangire tariki 14 Nyakanga 2018 ari nabwo hazamenyekana ababashije gutsinda bagahabwa ibihembo byabo imbere y’Abafana babo.

Abafana bazajya batora umuhanzi bashigikiye ari uko babanje kugura Primus,nta n’umwe uzatora atabanje kwerekana Code(Kode) yakuye  mu mufuniko wa Primus yaguze kuko hagiye gutangira gusohoka Primus zifite imifuniko irimo Code yemerera abafana gutora umuhanzi baha amahirwe muri PGGSSs8

Uzatora azabanza kuura Primus yerekane code irimo

Gahunda y’uko ibitaramo bazakora ihagaze, hagati ya load Show yambere n’iyakabiri bizakorwa haciyemo icyumweru kimwe gusa, mu gihe igitaramo cya gatatu kugeza ku cya Gatanu bizajya bikorwa hatambutsemo ibyumweru Bitatu. Mu gihe abahanzi bazaba bari mu byumweru byo kuruhuka bitegura gutaramira ahandi, icyo gihe bazaba bakora ibindi bikorwa bitandukanye nko gusura Abarwayi no kujya ahantu hatandukanye guhura n’abafana babo n’ibindi…..

Mu gihe kingana n’amezi ane aba bahanzi bazamara bitabira ibitaramo bitanu bigize irushanwa, buri muhanzi azajya ahabwa amafaranga angana na Miliyoni imwe( 1,000,000) yo kumufasha mu myiteguro no muri gahunda zitandukanye azajya agira, naho Group (gurupe) yo izajya ihabwa Miliyoni imwe n’ibihumbi Magana tanu (1,500,000) kubera igizwe n’abantu barenze umwe.

Uburyo ushaka gutora umuhanzi yifuza ko ariwe wa kwegukana ibihembo n’ugukanda *733# hagakurikizwa amategeko n’amabwiriza.

Abahanzi 10 bazitabira irushanwa n’injyana bakoresha, Hip-Hop harimo Khalifan na Jay C, RnB harimo Bruce Melody na Christopher, Afrobeat Harimo Auncle Austin na Mico The Best, Amatsinda harimo Active na Just Family,Abakobwacyangwa Igitsinda gore hari Queen Cha na Young Grace.

 

2018-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Ubwanditsi 03 Aug 2021
Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Ubwanditsi 07 Dec 2016
Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha

Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha

Ubwanditsi 17 Oct 2022
Ubutabera ntibuzagwe mu mutego wa Aimable Karasira wiyita umurwayi wo mu mutwe, kandi ari”umusazi-mwenge”!!

Ubutabera ntibuzagwe mu mutego wa Aimable Karasira wiyita umurwayi wo mu mutwe, kandi ari”umusazi-mwenge”!!

Ubwanditsi 08 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame, avuga ko ushaka guhungabanya umutekano wacu ajye abanza atekereze kabiri
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame, avuga ko ushaka guhungabanya umutekano wacu ajye abanza atekereze kabiri

Ubwanditsi 10 May 2019
CNLG yibukije u Bufaransa ko hari abandi 42 bidegembya nyuma yo gukatira Ngenzi na Barahira
INKURU NYAMUKURU

CNLG yibukije u Bufaransa ko hari abandi 42 bidegembya nyuma yo gukatira Ngenzi na Barahira

Ubwanditsi 10 Jul 2018
Name Change Request
KWAMAMAZA

Name Change Request

Ubwanditsi 09 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru