• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ntabwo iyi ntambara ari iy’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwayitangiye, ahubwo icyo abayitangiye bashakaga ni cyo turwana nacyo

Ntabwo iyi ntambara ari iy’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwayitangiye, ahubwo icyo abayitangiye bashakaga ni cyo turwana nacyo

Ubwanditsi 16 Mar 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Abaturage bo mu Mujyi wa Kigali bateraniye muri BK Arena, kugira ngo bahure na Perezida Kagame mu bikorwa bye bisanzwe muri gahunda yo ‘Kwegera Abaturage’. Iki gikorwa cyagombaga kubera mu Karere ka Kicukiro i Gahanga ariko kiza kwimurwa kubera ikirere kitameze neza muri iyi minsi.

Ibikorwa byo kwegera abaturage birasanzwe aho Umukuru w’Igihugu asura abari mu bice byose by’igihugu, bakaganira kuri gahunda z’iterambere ry’igihugu ndetse bakamugezaho ibibazo n’ibyifuzo.

Perezida Kagame yagarutse ku ntambara ya Congo

Ati “Ntabwo iyi ntambara ari iy’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwayitangiye, ahubwo icyo abayitangiye bashakaga ni cyo turwana nacyo. Iyi ntambara ifite inkomoko igenda ikagaruka kuri ayo mateka maze kuvuga.”

“Abantu bitwa Abanyarwanda, bamwe bagiye bisanga hakurya y’imipaka tuzi ubu y’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwabatwayeyo. Ntabwo ari u Rwanda rwatwaye Abanyarwanda muri za Kisoro muri Uganda, ntabwo ari u Rwanda rwatwaye Abanyarwanda muri za Masisi, muri za Rutshuru na hehe.”Ibyago bimwe dufite ni ukuba twarakolonijwe n’agahugu gato nk’u Rwanda ndetse ako gahugu kagatema u Rwanda, kakarucamo ibice ngo rungane nka ko.

Ubwo ni u Bubiligi mvuga kandi ndaza kubwihanganiriza. U Bubiligi bwishe u Rwanda mu mateka arenze imyaka 30, rukajya rutugarukaho abasigaye rukabica…twarabihanangirije kuva kera, turaza kubihangiriza n’ubu.

Perezida Kagame yavuze ko amateka mabi y’u Rwanda yagizwemo uruhare n’amahanga n’ubu akomeje kuzonga igihugu.

Ati “Muribuka abacu twatakaje, ababigizemo uruhare batari Abanyarwanda, kandi bagize uruhare runini ndetse ruruta urw’Abanyarwanda… ni bo abo ngabo n’uyu munsi bakidukurikirana, bakitubuza amahwemo, ndetse banakuziza ko uva ha handi, udapfuye ntukire. Ibyo bakabikuziza kuko wavuye muri wa mwanya bagushyizemo wo kudapfa ntukire, ibyo ukagomba kubyishyura ndetse bagashaka kukwereka ko bagomba kugusubiza aho ngaho.

“Amateka yacu aragoye, uwo wita inshuti kukwica ntacyo bimutwaye”

Perezida Kagame yagize ati “ Amateka yacu aragoye ku buryo abo wita inshuti, bamwe mwita abafatanyabikorwa, ku ruhande rumwe, baguhesha ukuboko kumwe, bakakwambura bakoresheje ukundi kuboko. Impamvu nayo ni ukugira ngo ugume muri ayo, ntupfuye, ntukize, baguhorane batyo ariko ndetse ubemereye ukarangaraho gato no gupfa ntacyo bibatwaye. Ibi mvuga n’ubundi tujya tubiganira, ni ukuri utarabona ubuhamya ubwo ntabwo azi isi uko iteye.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko u Rwanda ruhora mu rugamba rutandukanye, ariko ko uko byagenda kose “Nda ndambara”

Ati “Reka mpere ku bya mbere by’ibanze, ari ibijyanye n’amajyambere, ibikorwaremezo…ubuzima, ubuhinzi n’ubworozi, ari ibijyanye no gufasha abatishoboye kugira ngo nabo bishobore, tugendere hamwe, ari ibijyanye n’imibanire yacu n’ibindi bihugu byaba ibyo mu karere, yaba amahanga yandi, ibyo byose, navuga ko mubifitemo uruhare, byagiye bitera imbere ku buryo budasanzwe. Ndabibashimira cyane.”

Nyakubahwa Perezida Kagame yagarutse ku mateka y’u Rwanda rufitanye na Loni atangaza ko yakuze ayumva n’ubu akiyumva ariko ntacyo yagezeho

Agaruka ku mateka ya Jenosude yakoreye Abatutsi yongeye kwibutsa imbaga y’abateraniye muri Arena ko INTERAHAMWE KABOMBO GAKWERERE yagize uruhare runini mu kwica Abatutsi.

Abacanshuro baje muri Kongo yabagarutseho avuga ko batazi n’akarere barwaniramo ko byanze bikunze bagombaga gutsindwa kuko batazi impamvu barwaniraga. Perezida yavuze ku birirwa bakoronga barega u Rwanda ibirego by’amafuti ariko bagera kuri FDLR bakayivuga bongorera kuko bazi inyungu z’ibyo bashyigikira.

Perezida Kagame agaruka ku bihano by’amahanga yabajije ko batekereza ko bucya twapfuye, gusa yongeraho ko abanyarwanda dukwiye gufunga umukanda, ko bamwe barimo ababirigi babikoze nabo batazi ibyo barimo.

2025-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Ubwanditsi 18 Oct 2024
Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu

Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu

Ubwanditsi 03 Jul 2023
U Rwanda rwohereje ingabo zirwanira mu kirere mu butumwa muri Sudani y’Epfo

U Rwanda rwohereje ingabo zirwanira mu kirere mu butumwa muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 31 Aug 2018
Kigali Investment Company niyo yegukanye umuturirwa wa Rujugiro [ Yavuguruwe ]

Kigali Investment Company niyo yegukanye umuturirwa wa Rujugiro [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 25 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0
Amakuru

Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0

Ubwanditsi 05 Dec 2024
Aloys Ntiwiragabo ari mu bantu bahinduye Rouen indiri y’Interahamwe, Ingabire Victoire niho yaherewe amabwiriza ya nyuma mbere yuko aza mu Rwanda muri 2009
INKURU NYAMUKURU

Aloys Ntiwiragabo ari mu bantu bahinduye Rouen indiri y’Interahamwe, Ingabire Victoire niho yaherewe amabwiriza ya nyuma mbere yuko aza mu Rwanda muri 2009

Ubwanditsi 28 Jul 2020
Dr. Leopold Munyakazi arashimira Perezida Kagame
POLITIKI

Dr. Leopold Munyakazi arashimira Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru