• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Charly na Nina ngo ‘Urutonde rwa PGGSS6 rurasekeje’

Charly na Nina ngo ‘Urutonde rwa PGGSS6 rurasekeje’

Ubwanditsi 06 Jan 2017 IMIKINO

Abahanzi Charly na Nina bavuga ko batunguwe no kutibona ku rutonde rw’abahanzi 10 bakunzwe mu Rwanda, kandi ko batiyumvisha uko rwakozwe.

Aba bahanzi babwiye Ikinyamakuru Izuba Rirashe dukesha iyi nkuru ko abahanzi bagaragara babatunguye.

Kuri bo, uru rutonde rw’abahanzi bazajya muri Primus Guma Guma Super Star ngo rusekeje.

Ku rutonde rwakozwe, aba bahanzi ntibaza no muri 19 bakunzwe kurusha abandi mu Rwanda, kuko abariho ni:

1. Bruce Melody 75%

2. Jules Sentore 57.5%

3. Urban Boyz 57.5%

4. Christopher 55%

5. Allioni 50%

6. Danny Vumbi 42.5%

7. Danny Nanone 37.5%

8. Umutare Gaby 35%

9. Teta Diana 32.5%

10. TBB 32.5%

11. Mico The Best

12. Active

13. Uncle Austin

14. Bull Dogg

15. Green P

16. Fireman

17. Young Grace

18. Edouce

19. Odda Paccy

Nina yagize ati “Tukibyumva byaradutunguye cyane, biratangaje cyane kubera ko urutonde rwari rusekeje, munyihanganire kubyerura nkabivuga ntyo, ariko ntabwo tuzi icyabaye [aseke]”.

Chaly amwunganira avuga ko bo basanga barakoze cyane ibyo bashoboye byose, ndetse n’indirimbo zabo zigakundwa, ko rero bitumvikana ko batibonye mu bahanzi bakwiye kujya kuri uru rutonde.

Bongeraho kandi ko ibyo byashimangirwa na buri munyarwanda wese ukurikirana iby’umuziki wo mu Rwanda.

Charly agira ati “Hari abantu bakoze cyane cyane cyane (abitsindagira), baruta abashoboye kujyamo hariya ; abahanzi nyarwanda turi benshi cyane hari abakoze cyane bafite indirimbo nyinshi zikunzwe bari bakwiye kujyamo hariya bagombaga kuba barimo hariya batagezemo.”

Aha aba bakobwa bashimangira ko atari bo bonyine bimwe amahirwe bayakwiriye, ko hari n’abandi nkabo batari muri iri rushanwa bari babikwiye nyamara hari abarimo batari babikwiriye.

Nina yabwiye Iki Kinyamakuru ko abafana b’umuziki wabo babohereje ubutumwa babagaragariza ko nabo bababajwe cyane n’uko bataje kuri uru rutonde.

Ati “abafana bacu byarababaje kubera ko bari bazi ko tuzajyamo byarabatunguye”.

Gusa kuri Charly na Nina bavuga ko ibi bitazabaca intege, ko kuri bo urugendo rugikomeza berekana impano zabo.

Bati “Ntabwo dukora umuziki kubera ‘Guma Guma’, dukora umuziki kubera ko turi abahanzi; Guma Guma iyo utayigiyemo ntabwo uhagarika umuziki, ntibivuze ko utabona akazi, ntibivuze ko utakora amashusho, ntibivuze ko utakora ibitaramo, ubu ubuzima burakomeje pe.”

Aba bahanzi barategura igitaramo muri Uganda kizaba kuwa 15 Mata 2016.

Mu byumweru bitatu biri imbere barashyira hanze indirimbo nshya bise “Agatege”, bizeye ko izakundwa kurusha “Indoro”.

-5276.jpg

-5277.jpg

Bari kumwe na Big Fizzo, Charly na Nina bakoze Indoro iri mu ndirimbo zakunzwe cyane mu Rwanda (Ifoto/Irakoze R.)

2017-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma

Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 11 Jul 2021
U Bufaransa bwakatishije itike ya ½ mu gikombe cy’Isi busezereye Uruguay

U Bufaransa bwakatishije itike ya ½ mu gikombe cy’Isi busezereye Uruguay

Ubwanditsi 07 Jul 2018
Kuri uyu wa mbere:  Congo Kinshasa na Cameroon mu mukino wo gukwepa Amavubi

Kuri uyu wa mbere: Congo Kinshasa na Cameroon mu mukino wo gukwepa Amavubi

Ubwanditsi 25 Jan 2016
Amavubi u20 yatsinzwe na Zambia, amahirwe ya CAN arayoyoka

Amavubi u20 yatsinzwe na Zambia, amahirwe ya CAN arayoyoka

Ubwanditsi 13 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw
UBUKUNGU

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Nyuma y’u Bubiligi, Charly & Nina na Makanyaga bagiye gutaramira i Lille
SHOWBIZ

Nyuma y’u Bubiligi, Charly & Nina na Makanyaga bagiye gutaramira i Lille

Ubwanditsi 10 May 2018
Gen. Afrika uherutse kwicwa yasanganwe inyandiko zifite amakuru “y’ingenzi”
INKURU NYAMUKURU

Gen. Afrika uherutse kwicwa yasanganwe inyandiko zifite amakuru “y’ingenzi”

Ubwanditsi 11 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru