• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?

Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?

Ubwanditsi 07 Jun 2018 POLITIKI

Inkuru yo kwiyamamaza kwa Minisitiri Louise Mushikiwabo ku kuba Umunyamabanga mukuru wa OIF yameneyekanye tariki ya 8 Gicurasi uyu mwaka. Yaje kwemezwa bidasubirwaho tariki 23, ubwo Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yatangazaga ko amushyigikiye, nubwo ibihugu byombi bimaze igihe bidacana uwaka kubera Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, u Rwanda rushinja Ubufaransa kugiramo uruhare.

Akimara kumva ibyo, Mushikiwabo yemereye Jeune Afrique ko nawe yifitiye icyizere, ndetse ubu yamaze gutangira gushaka amajwi, cyane ko amatora azaba mu Ukwakira 2018.

Louise Mushikiwabo ubu uyobora Minisiteri y’ububanyi n’amahanga kuva 2009 (ari nawe uyitinzemo kurusha abandi kuva mu 1994)akaba n’umuvugizi wa Leta y’u Rwanda, ni umunyandimi (polyglotte). Yagiye muri iyi minisiteri avuye ku y’Itangazamakuru, inaheruka ubwo.

Yavukiye i Jabana mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, ahahoze ari Komini Rutongo.

Yavutse tariki 22 Gicurasi 1961. Avuka mu muryango w’abatsobe, se umubyara akaba yari umuhinzi wa Kawa.

Bidashidikanywaho, ni Mushiki wa Ndasingwa Landouard uzwi nka Lando (Hotel Chez Lando) wari mu bashinze ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu PL, akaba yarishwe muri Jenoside.

Amashuri abanza yayigiye mu mujyi wa Kigali, ayisumbuye ayiga ku Nyundo mu karere ka Rubavu, mu ishuri Notre Dame d’Afrique. Yize indimi n’ubuvanganzo.

Mu 1981, yagiye muri Kaminuza y’u Rwanda I Nyakinama (ubu ni mu karere ka Musanze) yiga indimi, ariko mu gashami k’Icyongereza.

Mu 1984 arangije I Nyakinama, yabaye umwarimu w’Icyongereza muri Lycee de Kigali (LDK) mu Rugunga rwa Kigali.

Mu 1986, yagiye kwiga muri Amerika, muri kaminuza ya Delaware, ahabonera Master’s mu ndimi n’ubusemuzi.

Arangije mu 1988, yahise yigumira muri USA, akora imirimo yo gusemura avana mu rurimi rumwe ajyana mu rundi. Uku kuguma muri Amerika, byamurinze Jenoside yahitanye benshi mu muryango harimo na Lando.

Mu 2005 yaje gukora muri Banki Nyafurika itsura Amajyambere BAD, nk’umuyobozi ushinzwe itumanaho. Iyi BAD yayoborwaga n’umunyarwanda Dr Donald Kaberuka.

Mu 2006, yanditse igitabo “Rwanda means Universe”, ugenekerereje ngo “u Rwanda bivuga isi yose”, aho avuga ku buzima bwe n’umuryango we kugeza kuri Jenoside yawushegeshe.

Mu 2008, Mushikiwabo yagannye mu Rwanda, agirwa Minisitiri w’Itangazamakuru, nyuma aza kuba Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga kugeza ubu.

Mushikiwabo yatangiye gushaka amajwi

Nk’uko Jeune Afrique ibitangaza, uyu mugore w’umunyandimi (polyglotte) yifitiye icyizere cyo kwegeranya amajwi yose y’ibihugu by’Africa bivuga Igifaransa bikazamutora.

Avuga ko OIF (Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Igifaransa) ikeneye umuntu nkawe, kandi igomba gukora mu ndimi zose. Awufata nk’itsinda ryaberamo ibiganiro hagati y’ibihugu ku bireba Polotike mpuzamahanga.

JA itangazwa n’uburyo Mushikiwabo akorana na Kagame mahwi, kandi bakaba mu ishyaka rimwe. Umwe mu bakozi ba Leta uzi aba bombi neza, yabwiye JA ko bahuje imikorere n’imyitwarire, ku buryo nta n’umwe uhabanya n’undi. Ati, “Mushikiwabo ni inyabwenge kandi akunda igihugu, ntatinya ibimukoma mu nkokora ahubwo abinyuranamo ishema”.

Kimwe na Perezida Kagame, Mushikiwabo ntiyihanganira na rimwe umuntu utunga agatoki u Rwanda. Iyo bibaye ntaryama ngo asinzire, ataramara gusubiza uwahirahiye kubikora wese.

Ubufaransa n’u Rwanda, “URURABO RUTOHA RWUHIWE”

Ikinyamakuru JA cyabajije Mushikiwabo ku butumwa bwinshi yakunze gutanga ntibwakirwe neza na bamwe mu bayobozi b’Ubufaransa.

JA iti, “Ese ubu twizere ko urunturuntu hagati y’u Rwanda n’Ubufaransa rugiye nk’ifuni iheze (La hache de guerre est-elle désormais enterrée ?)

Mu mvugo ishushanya, Mushikiwabo ati, « Burya igiti ukimenyera ku matunda cyera. Twe n’Ubufaransa ntituragera gusarura amatunda, ariko nibura twamaze gutera igiti dufatanije. Ubu rero hageze kucyuhira ngo gitohe ».

Nubwo u Rwanda rutigeze rwerura ngo rusezere muri OIF, imbaraga igifaransa cyahoranye sizo kigifite ubu, kuko nko mu burezi cyasimbuwe n’Icyongereza kivugwa na benshi mu bari mu butegetsi.

Mu nzego zose, inyandiko zirakorwa mu Cyongereza : inzego za Leta, izikorera, amabanki, amahoteli, ibigo by’ubwishingizi n’iby’itumanaho.

Mu itangazamakuru, amakuru mu gifaransa aboneka gake cyane, nubwo kuri Televiziyo ya Leta acaho, ariko kuri Radio Rwanda ntikiharangwa, yemwe n’ibiganiro nka Samedi dettente byakorwaga mu gifaransa ubu birakorwa mu kinyarwanda. Izi mpinduka zateye benshi mu bavuga igifaransa ubushomeri.

Ese mushikiwabo azayobora umuryango w’ururimi mu gihugu cye bamaze gutesha agaciro, cyangwa ajyanwe muri OIF no kukigarura, abazi urwo ruzungu bakongera kurudidibuza?

Uko biri kose, abanyafurika bamuri inyuma, natwe Bwiza.com (kimwe mu binyamakuru bigitaguza bitangaza no mu Gifaransa) tumwifurije amahirwe.

source : BWIZA

2018-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda: A Servant Leader, population satisfaction and a people’s worldview

Rwanda: A Servant Leader, population satisfaction and a people’s worldview

Ubwanditsi 10 Mar 2016
Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Ubwanditsi 06 Jan 2018
Burundi: Musenyeri Ntamwana yongeye kuvuga ko ntawemerewe kugira Abarundi abaja

Burundi: Musenyeri Ntamwana yongeye kuvuga ko ntawemerewe kugira Abarundi abaja

Ubwanditsi 25 Jan 2020
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri

Ubwanditsi 20 Jun 2018

3 Ibitekerezo

  1. Kalisa
    June 11, 20188:40 am -

    Dukosore:polyglotte ntibivuga uwize indimi, bivuga uvuga indimi nyinshi.Ushobora kumenya indimi nyinshi utarize lettres.Lénine yari azi indimi zirenga 16 ariko ntiyari umunyandimi ahubwo yari polyglotte. Mushikiwabo ndumva azi ikinyarwanda,igiswayili;icyongereza n’igifaransa. Nta kirusiya azi, nta cyarabu,nta espanol,nta portugais, nta kimandarin, nta kilatini ubwose abaye polyglotte gute?

    Subiza
  2. Intareyakanwa
    June 16, 201811:42 am -

    Amakuru mumutanzeho kabisa ni make cyane kurusha ayo dusanzwe tumuziho kuva muiri iyo myaka yo hambere!

    Subiza
  3. Bandora Charles
    June 28, 20188:26 pm -

    Mushikiwazo ( inkotanyi ) ndamukunda birenze ukwemera, nkunda uko ubuzima bwe, uko akunda abantu, afite urugwiro, agakunda ibyiza birwira ku Rwanda, ni Umugore mugabo, muberarugo, intiti y’ Urwanda, nakomere ntibagiye na Chef ariwe PK intore iruta zose, bose ni bamwe, tubari inyuma. ( ariko ntimwibwire ko ndi bandora charles yanze agakora hasi akatumaraho abacu!!!! no )

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imiryango y’Abanyarwanda 6 bafungiye Uganda iratabaza
INKURU NYAMUKURU

Imiryango y’Abanyarwanda 6 bafungiye Uganda iratabaza

Ubwanditsi 29 Dec 2017
Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira  yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )
ITOHOZA

Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Impamvu yatumye  Me Bernard Ntaganda yongera gutabwa muri yombi
Mu Mahanga

Impamvu yatumye Me Bernard Ntaganda yongera gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 08 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru