• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

Ubwanditsi 19 Jun 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda, POLITIKI

Ingabire Victoire, umugore wokamwe n’amacakubiri, umaze imyaka irenga 31 ashishikajwe no kugarura leta ishingiye kuri Hutu pawa yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 aho na nyina umubyara Therese Dusabe yoretse imbaga mu cyahoze ari komini Butamwa warusize yoretse imbaga muri Butamwa. Sibyo gusa kuko nyuma yo gusaba imbabazi umukuru w’igihugu akanazihabwa, yakomeje ku garagara mu byaha bikomeye byatuma kuri ubu yakabaye ari gukuriranwa n’ubutabera ngo abiryozwe.

Ingabire yinjiye muri politiki ncuri mu 1995 ajya mu ishyaka ryitwa “Rassemblement Republicain pour la Democratie au Rwanda” (RDR) ryari rimaze gushingwa na Guverinoma ya Hutu Power yari imaze gukora Jenoside mu Rwanda. Kuva mu 1997, Ingabire yahise aribera umuyobozi mu ishami ryo mu Buholandi, naho mu 2000 yabaye Perezida w’izi nkoramaraso ku isi hose.

Ingabire yakomeje kugira akayihayiho ko kwagura ingengabitekerezo ya Hutu Power mu Rwanda, maze akigera mu Rwanda ajya gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Gisozi, akihagera mu magambo ye ati: “Nabonye urwibutso rw’Abatutsi bishwe muri Jenoside ariko sinabonye urw’Abahutu na bo bishwe.”

Icyo gihe yari aje mu bikorwa byo kwiyamamaza mu matora ya 2010 ariko ubutabera buhita butangira kumukurikirana kuri ayo magambo kugeza akatiwe. Yaje kwandikira Perezida wa Repubulika asaba imbabazi ngo afungurwe, ariko ubusabe bwe buza kwemezwa muri Nzeri 2018.

Nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida Kagame yakomeje gukora ibikorwa bitemewe n’amategeko nk’umuntu wahawe imbabazi n’umukuru w’igihugu. Ingabire Victoire akigera hanze ya gereza yakomeje ibikorwa bye yita ibya politike aho yivugiye ku mugaragaro ko uko yagiye muri gereza ameze ariko yasohotsemo ahubwo ari mubi kuruta uko yagiyeyo ameze.

Ingabire victoire agisohoka muri gereza yakomeje gutesha agaciro imbabazi Perezida wa Repubulika yamuhaye aho yagiye akora ibikorwa byinshi birimo gutsimbarara ku buhezanguni buri mu mutwe we tutibagiwe n’ingengabitekerezo ya Jenoside; bimwe bavuga ngo akabaye icwende ntikoga niyo koze ntigashira umunuko.

Mu mwaka wa 2019 mu kwezi kwa Gicurasi ingabire yakomeje ibikorwa bye by’ubukangurambaga bugamije gushaka abanyamuryango ba cya kiryabarezi cy’ingirwa shyaka aho yitabiraye inama yari yitiriwe iyo guhura n’abayoboke b’ishyaka rye FDU-Inkingi, ritemewe mu Rwanda yabereye mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe ahazwi nka Sun City Motel. Abari bayirimo bahamije ko abantu 22 aribo bitabiriye nyuma yo guhabwa ubutumire n’uwitwa Ndatinya wababwiraga ko ari amahugurwa bagiye kwitabira nyuma bakaza guhabwa insimburamubyizi.

Umwe mu bari bitabiriye inama wahishuye amakuru, yavuze ko Ingabire yabasabye kumushakira abandi bantu binjira mu ishyaka rye rya FDU- Inkingi ariko abaha gasopo yo kutamuzanira abatutsi kimwe mu bikorwa bigaragaza agasuzuguro gakomeye Ingabire victoire yahaye imbabazi yahawe na Perezida Kagame. Ikindi ni uko ubuhezanguni bw’amoko bwamwaritsemo kandi bikaba bigize icyaha cyo guhembera urwango n’amacakubiri kandi bikaba gihanwa n’amategeko. Nyuma yuko bimenyekanye yahise ashinga DALFA-Umurinzi, nayo yakoreyemo ibyaha byinshi byakabaye yarakurikiranwe n’ubutabera.

Mu manza zitandukanye, izina Ingabire Victoire ryakomeje kugaruka mu rubanza rw’abantu icyenda (9) baregwa umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi badakoresheje inzira y’intambara. Ubushinjacyaha buvuga ko abo bantu icyenda (9) bagiye bagirana ibiganiro na Ingabire ukuriye ikiryabarezi DALFA-Umurinzi yashinze. Ubushinjacyaha kandi buvuga ko Ingabire yateye inkunga irimo amafaranga n’amahugurwa yo kwigisha abo bantu uko ubutegetsi bwakurwaho hadakoreshejwe intwaro byerekana ubufatanyacyaha bukomeye muri uyu mugambi.

Bitandukanye n’ibyo Ingabire victoire yanditse mu ibaruwa ye asaba imbabazi Perezida wa Repubulika aho yavugaga ko yifuza gufatanya n’abandi banyarwanda kubaka igihugu, ahubwo Ingabire victoire yagiye agaragara mu binyamakuru mpuzamahanga ndetse no ku muyoboro wa Youtube asebya kandi avumira ku gahera Leta n’ubuyobozi bw’ u Rwanda aho inyandiko ze zose zakanguriraga abifuriza inabi u Rwanda kugirana ingoga bakarufatira ibihano. Ingabire kandi yakomeje kugaragaragaza ko mu Rwanda nta mutekano uhari, ko nta demokaris ihari, ko nta kiza na kamwe kari mu Rwanda. Kuri we u Rwanda rutarimo Paremehutu n’ingabitekerezo yabo yo gukora genocide, ahafata nk’ikuzimu.

Ariko rero Ingabire Victoire yiyibagiza ingingo y;amategeko nawe ubwe yanditse mu ibaruwa isaba imbabazi Ingingo ya gatatu y’iteka rya perezida Nº131/01 ryo ku wa 14/09/2018 ritanga imbabazi, ivuga ko uwahawe imbabazi na Perezida ashobora kuzakwa igihe akatiwe n’inkiko kubera ikindi cyaha.

Hashingiwe ku byaha bikomeye by’iyi nyangarwanda Ingabire Victoire ubutabera bwo mu Rwanda bukwiye kumukurikirana akaryozwa ibyo yakoze kandi ibyaha byamuhama agafungwa ukwe wenyine kugirango uburozi bwe atazagira uwo abusangiza waba uri mu igororero.

2025-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 24 Sep 2021
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice 2)

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice 2)

Ubwanditsi 28 Feb 2016
Amavubi yitegura gukina na Ethiopia muri CHAN2023 yahamagawe, u Rwanda rw’abari munsi y’imyaka 23 bazahura na Libya mu ijonjora ribanza rya CAN2023

Amavubi yitegura gukina na Ethiopia muri CHAN2023 yahamagawe, u Rwanda rw’abari munsi y’imyaka 23 bazahura na Libya mu ijonjora ribanza rya CAN2023

Ubwanditsi 18 Aug 2022
Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Ubwanditsi 30 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwitabaje ibindi bihugu mu kwamagana umucamanza Theodor Meron
ITOHOZA

U Rwanda rwitabaje ibindi bihugu mu kwamagana umucamanza Theodor Meron

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire
Amakuru

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire

Ubwanditsi 08 Jul 2025
Abasirikare 270 b’u Rwanda berekeje muri Sudani y’Amajyepfo kubungabunga amahoro
INKURU NYAMUKURU

Abasirikare 270 b’u Rwanda berekeje muri Sudani y’Amajyepfo kubungabunga amahoro

Ubwanditsi 11 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru