Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the js_composer domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/spiderbitestco/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama. – RUSHYASHYA
Template part has been deleted or is unavailable: header

Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Nyuma y’iminsi icyenda gusa umuhanzikazi Mugemana Yvone uzwi nka Queen Cha asezeye mu nzu ifasha abahanzi ya The Mane Music, umuhanzikazi Marina Deborah nawe yasezeye muri iyi nzu yari amazemo hafi imyaka ine dore ko yayigezemo mu mwaka wa 2017.

Mu masaha y’amanywa yo kuri uyu wa gatatu tariki ya 28 Mata 2021 nibwo umuhanzikazi Marina Deborah yanditse ibaruwa igenewe itangazamakuru ivuga ko yatandukanye n’inzu ifasha abahanzi ya The Mane Music yashinzwe na Mupenda Ramadhan uzwi nka Bad Rama kuri ubu urimo kubarizwa muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika.

Muri iyo baruwa Marina yagize ati “Ndabamenyesha ko guhera ku wa 21 Mata 2021 ntakiri umwe mu bareberwa inyungu na The Mane Music, ku bw’impamvu ntashobora gutangaza ubu muri iyi baruwa.”

Uyu muhanzikazi asezeye muri iyi nzu bivugwa ko yari yasinye amasezerano y’imyaka 10 akorana na The Mane Music, kugeza ubu si aba bahanzikazi basezeye muri iyi minsi muri The Mane gusa kuko n’uwahoze areberera inyungu z’iyi nzu Gahonzire Aristide yasezeye umunsi umwe mbere ya Queen Cha.

The Mane Music kugeza ubu isigayemo umuhanzi umwe gusa ariwe Calvin Mbanda bivugwa ko nawe nta masezerano agifitiye iyi nzu, ni mu gihe kandi hategurwa ikiganiro n’abakunzi ba The Mane kizaba kuri uyu wa gatandatu tariki ya 1 Gicurasi 2021 kikazabera kuri Instagram kikayoborwa na Ally Sudi watumiye uwashinze The Mane ariwe Bad Rama.

The Mane Music Label yashinzwe mu mwaka wa 2017, ikaba yaranyuzemo abahanzi bakomeye barimo Jay Polly, Safi Madiba, Queen Cha ndetse na Marina wamaze gutangaza ko nawe atakiyibarizwamo.

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Template part has been deleted or is unavailable: footer