• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umujenosideri Isaac Kamali yatangiye gukurikiranwa nubucamanza bwo mu Bufaransa.

Umujenosideri Isaac Kamali yatangiye gukurikiranwa nubucamanza bwo mu Bufaransa.

Ubwanditsi 17 Sep 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Uyu Munyarwanda utuye ahitwa Troyes mu Bufaransa, ku munsi wejo nibwo yitabye ubushinjacyaha bw’icyo gihugu bushinzwe kurwanya ibikorwa byiterabwoba, ndetse afungishwa ijisho, mu gihe hakorwa iperereza ryimbitse ku ruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Isaac Kamali w’imyaka 72 akomoka mu yahoze ari Perefegitura ya Gitarama, ari naho ibyaha bya Jenoside yabikoreye, dore ko mu mwaka wa 2003 n’inkiko zo mu Rwanda zaramukatiye igifungo cya burundu adahari.

Mu mwaka wa 2009 Impuzamiryango iharanira Ubutabera n’Inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi(CPCR), nibwo zashyikirije ubutabera bwo mu Bufaransa ikirego, ariko Isaac Kamali akomeza kwidegembya.

Isaac Kamali si mushya mu itangazamakuru, kuko mu w’2008 yafatiwe I Paris ku kibuga cy’indege cya Roissy-Charles-de-Gaule, avuye muri Amerika, ndetse u Rwanda rusaba ko yoherezwa mu Rwanda, ariko ntibyahabwa agaciro, ahubwo ahita arekurwa.

Bwana Alain Gauthier,Perezida w’Impuzamiryango CPCR, yabwiye France 24 ko nubwo batunguwe n’icyemezo cyo gufungisha ijisho Isaac Kamali, kuko ikirego cyabo cyari kimaze imyaka 11 gisinziriye, ariko yishimiye iki cyemezo, ngo kuko kigaragaza ubushake bwa Leta y’uBufaransa bwo gukurikirana abajenosideri.

Mu ruzinduko rwe mu Rwanda rwabaye mu mpera za Gicurasi uyu mwaka, Perezida w’uBufaransa, Emmanuel Macron, yemeye ko igihugu cye cyatinze gukurikirana abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko ko uko kuzarira kugeze ku iherezo.

Urukiko rukuru mu Bufaransa ruherutse gutera utwatsi icyifuzo cya Agatha Kanziga, umugore wa Yuvenali Habyarimana, wasabaga ko atakurikiranwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, bivuze ko nawe urubanza rwe ruzashyira rukaba.

Uretse Kanziga na Isaac Kamali, mu Bufaransa haracyari umubare munini wAbajenosideri, nka Padiri Wenceslas Munyeshyaka, Col Laurent Serubuga, Gen Aloys Ntiwiragabo, Laurent Bucyibaruta, n’abandi ba ruharwa batabarika. Amaherezo y’inzira ni mu nzu, kandi Jenoside ni icyaha kidasaza!!

2021-09-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi iratangaza ko amatora y’Abajyanama yabaye mu mutekano usesuye kandi arangira neza

Polisi iratangaza ko amatora y’Abajyanama yabaye mu mutekano usesuye kandi arangira neza

Ubwanditsi 23 Feb 2016
I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.

I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.

Ubwanditsi 11 Mar 2020
Inama ya ba Minisitiri ba EAPCCO yasoje ifashe ingamba zikomeye zo kurwanya ibyaha ndengamipaka

Inama ya ba Minisitiri ba EAPCCO yasoje ifashe ingamba zikomeye zo kurwanya ibyaha ndengamipaka

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose

Ubwanditsi 09 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali
IMIKINO

AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

Ubwanditsi 17 Feb 2016
Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’akarere ka Nyanza azamara igihe cy’imyaka 4
Amakuru

Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’akarere ka Nyanza azamara igihe cy’imyaka 4

Ubwanditsi 15 Jan 2022
“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe
INKURU NYAMUKURU

“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe

Ubwanditsi 13 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru