• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

Ubwanditsi 17 Feb 2016 IMIKINO

Ikipe ya Rayon Sports yaniwe gutsinda ikipe ya AS Muhanga iri ku mwanya wa nyuma, mu gihe AS Kigali iri ku mwanya wa mbere, yanganyije n’ikpe ya Bugesera 1–1. Ni mu mikino y’umunsi wa 11 yabaye kuri uyu wa kabiri.

-2155.jpg

Ismaila Diarra rutahizamu mushya wa Rayon ntiyahiriwe nizamu

Ikipe ya Rayon Sports yaniwe gutsinda ikipe ya AS Muhanga iri ku mwanya wa nyuma, mu gihe AS Kigali iri ku mwanya wa mbere, yanganyije n’ikpe ya Bugesera 1-

-2156.jpg

Uyu mukino wok u munsi wa 11 wa shampiyona waberaga I Nyamirambo kuri stade ya Kigali, benshi bakekaga ko uri bworohere ikipe ya Rayon Sports, yari iherutse kwitwara neza, igatsindira Gicumbi iwayo ibitego 2-0, byatsinzwe na Ismaila Dialla.

Kuri uyu mukino si ko byaje kugenda kuko Rayon Sports yerekanye urwego ruri hasi cyane, nubwo yagiye ihusha amahirwe amwe ni amwe, ugereranije na AS Muhanga.
-2157.jpg

Igice cya mbere cyari kitaryoheye ijisho na gato, cyarangiye Rayon Sports iteye mu izamu inshuro 1, mu gihe ikipe ya AS Muhanga, itateyemo umupira ni umwe werekeza mu izamu.

Igice cya kabiri, habayeho impinduka ku mpande zombi, cyane cyane ku ikipe ya Rayon Sports, ariko ntibyagira icyo byongera ku migendekere y’umukino.

Umutoza Ivan Minnaert aganira n’itangazamakuru, yagaragaje ko atigeze yishimira na gato, uko abasore be bitwaye.

Yagize ati: ” Oya ntabwo twavuze ko tuzabatsinda byoroshye mu mikino tuzakina. Gusa uyu munsi byose twakoraga, byagendaga gahoro cyane.Abakinnyi banjye bapimaga ibiro 200 uyu munsi. Mu gice cya mbere ni uko byari bimeze.

Mu minota 30 ya mbere twagize amahirwe 3 cg 4 twagombaga gutsinda ariko siko byagenze. Ni ibintu bitesha umutwe kubonaaaa… ku muntu ushyize mu kibuga, ukeka ko hari ibyo agiye guhindura, ugakeka ko hari icyo agiye kongera mu mukino..ariko bikanga”

Ku ruhande rw’umutoza wa AS Muhanga, Eduard wabonaga inota rya 3 mu manota 33 yagakwiye kuba yarasaruye, yatangarije abanyamakuru ko hari icyizere ko mu minsi iri mbere, bizagenda neza, nyuma yo gutangira nabi shampiyona.

Edward utoza Muhanga yagize ati:” Ntabwo twari twiteguye na gato kuzakina shampiyona y’icyiciro cya mbere hano mu Rwanda, ariko nyuma twisanze tubonye aya mahirwe, biratugora cyane.” ” Imikino ibanza yaratugoye bikomeye, ariko ubu mfite icyizere ko ibintu bizagenda neza mu minsi iri mbere, kuko komite yamaze kubonyizeza.”

AS Muhanga, yamaze kongeramo abandi bakinnyi batandukanye, basanzwe bamenyereye shampiyona y’aha mu Rwanda, barimo Omar Hitimana wakinnye uyu mukino, na Hategekimana Bonavanture uzwi nka Gangi, ndetse na Rutahizamu Bokota Labama.

Kuri uyu wa gatatu:

15H30:

Police vs Espoir (Kicukiro)
Musanze FC vs Mukura (Ubworoherane)
Rwamagana vs Kiyovu Sports (Rwamagana)

Mu yindi mikino yabaye kuri uyu wa kabiri, ikipe ya AS Kigali ya mbere mu rutonde rwa shampiyona yanganyije na Bugesera FC igitego 1-1, ikipe ya Sunrise inganya 1-1 na Gicumbi, Marines mu mukino wayihuzaga na Etincelles baturanye, iyitsinda 1-0.


Source:Umuseke

M.Fils

2016-02-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibivugwa kuri Tuyisenge Jacques wari Kapitani wa mavubi muri CHAN

Ibivugwa kuri Tuyisenge Jacques wari Kapitani wa mavubi muri CHAN

Ubwanditsi 09 Mar 2016
FERWAFA yavuze ku mukino wa Mukura VS na Rayon Sports wasubitswe kubera ikibazo cy’Amatara

FERWAFA yavuze ku mukino wa Mukura VS na Rayon Sports wasubitswe kubera ikibazo cy’Amatara

Ubwanditsi 16 Apr 2025
Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59

Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59

Ubwanditsi 20 Mar 2024
Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye

Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye

Ubwanditsi 04 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya: Serivisi zadindijwe no gutinda gushyiraho Guverinoma kwa Perezida Kenyatta
POLITIKI

Kenya: Serivisi zadindijwe no gutinda gushyiraho Guverinoma kwa Perezida Kenyatta

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga
UBUKUNGU

Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga

Ubwanditsi 22 Oct 2019
Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano
Mu Mahanga

Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano

Ubwanditsi 10 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru