• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1

Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1

Ubwanditsi 19 Aug 2023 Amakuru, IMIKINO

Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki ya 18 Kanama 2023 nibwo shampiyona y’u Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2023-2024 yatangiriye kuri Kigali Péle Stadium.

Umukino ufungura iyi Shampiyona wabaye ku Isaha ya Saa moya z’umugoroba, ni umukino wahuje ikipe ya Gasogi United yari yakiriye uyu mukino warangiye ikipe ya Gikundiro itsinze ku bitego 2-1.

Ni umukino watangiye uri ku rwego rwo hejuru kuko wakinirwaga mu kibuga hagati, cyane cyane ikipe ya Rayon Sports ari nayo yafunguye amazamu ubwo hari ku munota wa 11, nibwo Charles Bbale yafunguye amazamu.

Ntibyaje kurangirira aho kuko ikipe ya Rayon Sports yakomeje gusatira cyane kugeza ubwo hari ku munota wa 18 w’umukino, Rutahizamu Youssef Rharb yabonye igitego cya kabiri nyuma y’umupira Joackim Ojera yateye ugarurwa n’umunyezamu wa Gasogi.

Iki gitego cyatsinzwe na Youssef kikaba cyari icya kabiri muri uyu mukino nicyo cyatandukanyije Impande zombi, kuko igice cya mbere cyarangiye Rayon Sports itsinze ibitego bibiri kuri kimwe.

Mu gice cya kabiri nibwo habayeho impinduka kuri Gasogi United yakinaga ishaka kwishyura ndetse no kuba yabona intsinzi, ariko ibyo byageze ku munota wa 90 w’umukino iba ibonye igitego kimwe.

Ni igitego cyabonetse kuri Penaliti yatewe na Malipangu Christian ayinjiza bimworoheye, ni nyuma y’ikosa yari akorewe mu rubuga rw’amahira na Serumogo Omar bityo iyo penaliti ayinjiza bitamugoye.

Icyo gitego kimwe cya Gasogi cyasangaga bibiri byatainzwe na Rayon Sports mu gice cya mbere nicyo cyarangije umukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda 2023-2024.

Usibye uyu mukino wakinwe kuri uyu wa Gatanu, Indi mikino irakinwa kuri iki cyumweru ndetse no kuwa mbere, uko indi mikino y’umunsi wa mbere ikinwa:

Police FC vs Sunrise FC

Kiyovu SC vs Muhazi United

Amagaju FC vs Mukura VS

Etoile de l’Est vs Musanze FC

Etincelles FC vs Gorilla FC

APR FC vs Marine FC (POSTPONED)

AS Kigali vs Bugesera FC

 

2023-08-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Shampiyona zo ku mugabane w’i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 zaraye zishojwe harimo impinduka ugerereanyije n’umwaka w’imikino wa 2019-2020 – ibyaranze shampiyona 5 zikunzwe.

Shampiyona zo ku mugabane w’i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 zaraye zishojwe harimo impinduka ugerereanyije n’umwaka w’imikino wa 2019-2020 – ibyaranze shampiyona 5 zikunzwe.

Ubwanditsi 24 May 2021
Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya

Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Icyiciro cya mbere cy’abakinnyi, abatoza n’abandi bayobozi mu ikipe ya Musanze FC bakingiwe Covid-19

Icyiciro cya mbere cy’abakinnyi, abatoza n’abandi bayobozi mu ikipe ya Musanze FC bakingiwe Covid-19

Ubwanditsi 08 Mar 2021
Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Abantu batandatu bamaze kwicirwa mu bikorwa byo kwiyamamaza mu minsi itatu
POLITIKI

RDC: Abantu batandatu bamaze kwicirwa mu bikorwa byo kwiyamamaza mu minsi itatu

Ubwanditsi 14 Dec 2018
#Rwandaday2017: Nyuma y’imyaka irindwi Perezida Kagame agiye kongera guhura n’Abanyarwanda mu Bubiligi
POLITIKI

#Rwandaday2017: Nyuma y’imyaka irindwi Perezida Kagame agiye kongera guhura n’Abanyarwanda mu Bubiligi

Ubwanditsi 08 Jun 2017
Kirehe: Abayobozi b’ibigo by’amashuri bitatu bari mu mazi abira
Mu Rwanda

Kirehe: Abayobozi b’ibigo by’amashuri bitatu bari mu mazi abira

Ubwanditsi 16 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru