• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Arsenal ntiyabashije kwigahagararaho imbere ya bakunzi bayo

Arsenal ntiyabashije kwigahagararaho imbere ya bakunzi bayo

Ubwanditsi 24 Feb 2016 IMIKINO

Mu mikino y’irushanwa ry’amakipe yabaye ayambere iwayo ku mugabane w’u Burayi izwi nka EUFA Champions League yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Gashyantare 2016, ikipe ye FC Barcelona yihanije Arsenal iyisanze ku kibuga cyayo mu Bwongereza, yiyongerera amahirwe yo gukomeza.

-2250.jpg

Messi na Neymar bishimira igitego cya mbere

Bitewe n’uko ikipe ya Barcelona imeze muri iyi minsi, ntabwo ari abantu benshi batunguwe no kumva cyangwa kubona ko yatsinze Arsenal, n’ubwo iyi kipe yo mu Bwongereza nayo ihagaze neza muri shampiyona y’iwabo ikaba yari no ku kibuga cyayo, amahirwe menshi yo gutsinda uyu mukino yahabwaga Barcelona.

-2251.jpg

Messi atsinda igitego cya mbere

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye nta kipe ibashije kureba mu izamu ry’indi, ndetse ikipe ya Arsenal mu gice cya mbere yagiye ihusha ibitego nk’uko byagendaga kuri Barcelona, abari bakurikiye uyu mukino batangira gutekereza ko Arsenal yaza kubasha kwihagararaho ariko biza kurangira iciwe intege n’ubusatirizi bwa Messi, Neymar na Suarez, ubutatu bw’umutamenwa ikipe ya Barcelona yishingikirijeho muri iyi minsi.

-2252.jpg

Messi atsinda igitego cya kabiri kuri penariti

Gushyira hamwe kwa Messi, Neymar na Suarez byazonze Arsenal nk’uko bigendekera amakipe menshi.

-2253.jpg
Neymar yakomeje kugora bakinnyi ba Arsenal

Ubutatu butamenwa bwa Barcelona, bwaje kugaragaza ko butajya bwiburira, ubwo ku munota wa 71 w’umukino, umupira waturutse kuri Suarez akawuhereza neza Gerard Pique, uyu nawe akawugeza kuri Neymar wahise ahereza neza cyane Lionel Messi maze nawe awuruhukiriza mu rucundura, Peter Cech warindaga izamu rya Arsenal ayoberwa ibimubayeho.

-2254.jpg
Sanchez yakomeje kotsa igitutu ariko abakinnnyi ba Barcelona bakomeza kuba ibamba

-2255.jpg
Suarez yarase ibitego byinshi byabazwe

Ibitego byose byabonetse muri uyu mukino byatsinzwe na Lionel Messi
Nyuma y’uyu mukino, mu byumweru bibiri hategerejwe umukino wo kwishyura uzabera ku kibuga cya Barcelona muri Espagne, ikipe ya Arsenal ikaba ifite akazi katoroshye ko kuzabasha gutsinda byibuze ibitego 3 ku busa kugirango yizere kuba yakomeza muri kimwe cya kane cy’irangiza.

-2256.jpg

Mezout Ozil yakomeje gushakisha biraga

Undi mukino wabaye kuri uyu wa Kabiri, ni uw’ikipe ya Juventus yo mu Butaliyani yari yakiriye Bayern Munich yo mu Budage, umukino ukaba warangiye amakipe yombi anganya ibitego 2 ku bindi. Ku ruhande rwa Bayern Munich, ibitego byatsinzwe na Thomas Muller ku munota wa 43 na Arjen Robben ku munota wa 55, naho ikipe ya Juventus iza kubyishyura ibifashijwemo na Paulo Dybala ku munota wa 63 ndetse na Stefano Sturano ku munota wa 76.

-2257.jpg
Dybala umusore muto uri kuza niwe wishyuriye Juventus

-2258.jpg

Arjen Robben watsindiye igitego Bayern

M.Fils

2016-02-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nsabimana Aimable yagize imvune ishobora gutuma atitabira imikino y’Amavubi

Nsabimana Aimable yagize imvune ishobora gutuma atitabira imikino y’Amavubi

Ubwanditsi 29 Sep 2024
Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Ubwanditsi 19 Apr 2022
Ikipe z’igihugu mu mukino wa Sitting Volleyball abagabo n’abagore zageze muri Bosnia  & Herzegovina aho bagiye gukina shampiyona y’Isi

Ikipe z’igihugu mu mukino wa Sitting Volleyball abagabo n’abagore zageze muri Bosnia & Herzegovina aho bagiye gukina shampiyona y’Isi

Ubwanditsi 02 Nov 2022
Lionel Messi yanenze Umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone

Lionel Messi yanenze Umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone

Ubwanditsi 06 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]
Mu Rwanda

Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 27 Jun 2017
Akamanzi yasubije abibajije kuri ’Deal’ y’u Rwanda na Arsenal
UBUKUNGU

Akamanzi yasubije abibajije kuri ’Deal’ y’u Rwanda na Arsenal

Ubwanditsi 28 May 2018
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi
Amakuru

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Ubwanditsi 24 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru