• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Arsenal ntiyabashije kwigahagararaho imbere ya bakunzi bayo

Arsenal ntiyabashije kwigahagararaho imbere ya bakunzi bayo

Ubwanditsi 24 Feb 2016 IMIKINO

Mu mikino y’irushanwa ry’amakipe yabaye ayambere iwayo ku mugabane w’u Burayi izwi nka EUFA Champions League yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Gashyantare 2016, ikipe ye FC Barcelona yihanije Arsenal iyisanze ku kibuga cyayo mu Bwongereza, yiyongerera amahirwe yo gukomeza.

-2250.jpg

Messi na Neymar bishimira igitego cya mbere

Bitewe n’uko ikipe ya Barcelona imeze muri iyi minsi, ntabwo ari abantu benshi batunguwe no kumva cyangwa kubona ko yatsinze Arsenal, n’ubwo iyi kipe yo mu Bwongereza nayo ihagaze neza muri shampiyona y’iwabo ikaba yari no ku kibuga cyayo, amahirwe menshi yo gutsinda uyu mukino yahabwaga Barcelona.

-2251.jpg

Messi atsinda igitego cya mbere

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye nta kipe ibashije kureba mu izamu ry’indi, ndetse ikipe ya Arsenal mu gice cya mbere yagiye ihusha ibitego nk’uko byagendaga kuri Barcelona, abari bakurikiye uyu mukino batangira gutekereza ko Arsenal yaza kubasha kwihagararaho ariko biza kurangira iciwe intege n’ubusatirizi bwa Messi, Neymar na Suarez, ubutatu bw’umutamenwa ikipe ya Barcelona yishingikirijeho muri iyi minsi.

-2252.jpg

Messi atsinda igitego cya kabiri kuri penariti

Gushyira hamwe kwa Messi, Neymar na Suarez byazonze Arsenal nk’uko bigendekera amakipe menshi.

-2253.jpg
Neymar yakomeje kugora bakinnyi ba Arsenal

Ubutatu butamenwa bwa Barcelona, bwaje kugaragaza ko butajya bwiburira, ubwo ku munota wa 71 w’umukino, umupira waturutse kuri Suarez akawuhereza neza Gerard Pique, uyu nawe akawugeza kuri Neymar wahise ahereza neza cyane Lionel Messi maze nawe awuruhukiriza mu rucundura, Peter Cech warindaga izamu rya Arsenal ayoberwa ibimubayeho.

-2254.jpg
Sanchez yakomeje kotsa igitutu ariko abakinnnyi ba Barcelona bakomeza kuba ibamba

-2255.jpg
Suarez yarase ibitego byinshi byabazwe

Ibitego byose byabonetse muri uyu mukino byatsinzwe na Lionel Messi
Nyuma y’uyu mukino, mu byumweru bibiri hategerejwe umukino wo kwishyura uzabera ku kibuga cya Barcelona muri Espagne, ikipe ya Arsenal ikaba ifite akazi katoroshye ko kuzabasha gutsinda byibuze ibitego 3 ku busa kugirango yizere kuba yakomeza muri kimwe cya kane cy’irangiza.

-2256.jpg

Mezout Ozil yakomeje gushakisha biraga

Undi mukino wabaye kuri uyu wa Kabiri, ni uw’ikipe ya Juventus yo mu Butaliyani yari yakiriye Bayern Munich yo mu Budage, umukino ukaba warangiye amakipe yombi anganya ibitego 2 ku bindi. Ku ruhande rwa Bayern Munich, ibitego byatsinzwe na Thomas Muller ku munota wa 43 na Arjen Robben ku munota wa 55, naho ikipe ya Juventus iza kubyishyura ibifashijwemo na Paulo Dybala ku munota wa 63 ndetse na Stefano Sturano ku munota wa 76.

-2257.jpg
Dybala umusore muto uri kuza niwe wishyuriye Juventus

-2258.jpg

Arjen Robben watsindiye igitego Bayern

M.Fils

2016-02-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rooney yujuje imikino 120 mu ikipe y’u Bwongereza asezera mu marira menshi

Rooney yujuje imikino 120 mu ikipe y’u Bwongereza asezera mu marira menshi

Ubwanditsi 17 Nov 2018
FERWAFA yemeje abanyamahanga 6 muri shampiyona y’u Rwanda ya 2023-2024

FERWAFA yemeje abanyamahanga 6 muri shampiyona y’u Rwanda ya 2023-2024

Ubwanditsi 28 Jul 2023
Ikipe ya Bugesera FC yanyagiye AS Muhanga ikatisha itike mu makipe 8 agomba guhatanira igikombe.

Ikipe ya Bugesera FC yanyagiye AS Muhanga ikatisha itike mu makipe 8 agomba guhatanira igikombe.

Ubwanditsi 21 May 2021
Ikipe ya AS Kigali ndetse na Police FC zabimburiye andi makipe guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura gusubukura shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Ikipe ya AS Kigali ndetse na Police FC zabimburiye andi makipe guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura gusubukura shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Ubwanditsi 02 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDF yungutse  aba Ofisiye barangije kwiga  muri École Royale Militaire Belge
Mu Mahanga

RDF yungutse aba Ofisiye barangije kwiga muri École Royale Militaire Belge

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Bidatunguranye, abayoboke b’umutwe w’iterabwoba, RNC, bivanze mu matora ya Uganda, banahundagaza amajwi kuri Yoweri K. Museveni.
Amakuru

Bidatunguranye, abayoboke b’umutwe w’iterabwoba, RNC, bivanze mu matora ya Uganda, banahundagaza amajwi kuri Yoweri K. Museveni.

Ubwanditsi 15 Jan 2021
Imikoranire ya Twagiramungu, Jakaya Kikwete, Rudasingwa  na FDLR
INKURU NYAMUKURU

Imikoranire ya Twagiramungu, Jakaya Kikwete, Rudasingwa na FDLR

Ubwanditsi 25 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru