• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC yatsinzwe na Gormahia muri CAF Champions League bituma isezererwa

APR FC yatsinzwe na Gormahia muri CAF Champions League bituma isezererwa

Ubwanditsi 06 Dec 2020 Amakuru, IMIKINO

Ni ibitego APR FC yatsinzwe mu minota ya nyuma na Gor Mahia 3-1, ubwo iba isezerewe ku bitego 4-3 mu ijonjora rya mbere rya CAF Champions League. APR FC yari yatsinze ibitego 2-1 mu mukino ubanza wabereye i Kigali mu cyumweru gishize, wari umukino wo kwishyura wabereye kuri Nyayo Stadium i Nairobi, kuri uyu wa Gatandatu, Umutoza Adil Mohammed Erradi yakoze impinduka eshatu mu babanza mu kibuga, Ruboneka Jean Bosco, Tuyisenge Jacques na Byiringiro Lague bahabwa umwanya.

APR FC yabonye penaliti hakiri kare, ku munota wa cyenda, ku ikosa ryakorewe Niyomugabo Claude, Tuyisenge Jacques ayiteye arayihusha. Samuel Onyango yafunguye amazamu ku ruhande rwa Gor Mahia ku munota wa 18 ku mupira ubwugarizi bwa APR FC bwananiwe gukuraho nyuma yo kuva muri koruneri yatewe na Kenneth Muguna.

Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, umutoza wa APR FC, Adil Mohammed, yakoze impinduka imwe, Niyomugabo Claude aha umwanya Bizimana Yannick. Umunyezamu Rwabugiri Umar yafashije APR FC kuguma mu mukino, akuramo imipira ibiri yashoboraga kuvamo ibitego yabonetse ku ruhande rwa Gor Mahia. Nsanzimfura Keddy winjiranye mu kibuga na Ndayishimiye Dieudonné, bombi basimbuye Manishimwe Djabel na Byiringiro Lague, ni we wishyuriye APR FC ku munota wa 82 ku mupira yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina.

Kugeza kuri uwo munota, APR FC yari yizeye gukomeza, ariko icyizere cyayo cyayoyotse mu minota itanu y’inyongera, aho Gor Mahia yabonye ibindi bitego bibiri byatsinzwe na Sydney Ochieng ku munota wa 91 na Nicholas Kipkirui ku munota wa 93 ku mupira wari uvuye muri koruneri. APR FC yari yihaye intego yo kugera mu matsinda ya CAF Champions League muri uyu mwaka yasezerewe itarenze umutaru, bivuze ko igiye guhanga amaso ibikombe bikinirwa mu Rwanda.

Mu ijonjora rya kabiri, Gor Mahia izahura n’ikipe igomba kuva hagati ya CR Belouizdad yo muri Algérie na El Nasr yo muri Libya

Abakinnyi babanje mu kibuga ku mpande zombi:

Gor Mahia FC: Gad Mathews, Charles Momanyi, Philemon Otieno, Michael Apudo, Andrew Juma, Ernest Wendo, Kenneth Muguna (c), Banerd Ondiek, Tito Okello, Benson Omalla na Samuel Onyango.

APR FC: Rwabugiri Ndayisenga Umar, Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Mutsinzi Ange, Manzi Thierry (c), Niyonzima Olivier, Ruboneka Jean Bosco, Niyomugabo Claude, Byiringiro Lague, Manishimwe Djabel na Tuyisenge Jacques.

2020-12-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu rwego rwo kwiteza imbere, Marlon Muhizi na Kamanda Promesse bamenyerewe mu gufata amafoto n’amashusho bishyize hamwe bashinga kompanyi yitwa Elevatix Studio

Mu rwego rwo kwiteza imbere, Marlon Muhizi na Kamanda Promesse bamenyerewe mu gufata amafoto n’amashusho bishyize hamwe bashinga kompanyi yitwa Elevatix Studio

Ubwanditsi 29 Aug 2021
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Urubyiruko rwatangije gahunda yo gushyigikira Perezida Kagame mu kurwanya ibinyoma n’ibikangisho bya mpatsibihugu

Urubyiruko rwatangije gahunda yo gushyigikira Perezida Kagame mu kurwanya ibinyoma n’ibikangisho bya mpatsibihugu

Ubwanditsi 13 Feb 2025
AS Kigali yegukanye Igikombe cy’Amahoro itsinze Kiyovu, izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup

AS Kigali yegukanye Igikombe cy’Amahoro itsinze Kiyovu, izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 05 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire agiye gukura urujijo ku rubanza rwe
Mu Rwanda

Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire agiye gukura urujijo ku rubanza rwe

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.
INKURU NYAMUKURU

Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Dore Amafoto Agaragaza Umukobwa w’ umunyamakuru Nyarwanda Wambara Ijipo Ngufi Kurusha Abandi Mu Rwanda
SHOWBIZ

Dore Amafoto Agaragaza Umukobwa w’ umunyamakuru Nyarwanda Wambara Ijipo Ngufi Kurusha Abandi Mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru