• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 08 May 2016 Mu Mahanga

Abayobozi ba Paruwasi zigize Itorero Peresibiteriyeni mu Ntara y’Uburasirazuba (Eglise Presbytérienne) n’abagore bahagarariye bagenzi babo muri izo Paruwasi, biyemeje kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, irikorerwa abana, ibiyobyabwenge, icuruzwa ry’abantu, n’ibindi byaha.

Ibi babyiyemeje ku itariki 3 Gicurasi mu kiganiro bagiranye na Inspector of Police (IP) Marie Gorette Uwimana, akaba ashinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano mu karere ka Rwamagana.

Icyo kiganiro yakibahereye mu kagari ka Cyanya, ho mu murenge wa Kigabiro, bakaba bari bahahuriye kugira ngo bungurane ibitekerezo na Polisi y’u Rwanda ku ruhare rwabo mu kwicungira umutekano.

IP Uwimana yababwiye ko gukubita no gukomeretsa, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gusambanya abana , amakimbirane yo mu ngo, gufata ku ngufu, bikorwa ahanini n’abanyoye ibiyobyabwenge nka Kanyanga n’urumogi, maze abasaba gukangurira abantu muri rusange kutabinywa, kutabicuruza, no kutabikwirakwiza, kandi bagatanga amakuru y’ababikora.

Yababwiye ati:”Mu bayoboke banyu harimo urubyiruko rwinshi. Mujye murusobanurira ko hari abantu bizeza urubyiruko ko bashobora kuruha akazi cyangwa kurushakira amashuri meza mu mahanga. Igihe muvugana na rwo kuri iyi ngingo, mujye mubasobanurira ko baba bashaka kujya kubacuruza muri ibyo bihugu, aho babakoresha imirimo ivunanye nta gihembo.”

IP Uwimana yasabye kandi abo bayobozi b’iri torero kujya baganiriza abayoboke babo ku burenganzira bw’umwana babasobanurira ko abana bafite uburenganzira bwo kubaho, kwandikishwa igihe avutse, kuvuzwa, kumenya ababyeyi be, kurindwa ivangura, kurindwa gushimutwa, kurindwa gucuruzwa, kugaragaza igitekerezo, kuruhuka, n’ubwo kwidagadura.

Yabasabye gukangurira abafite abana baretse ishuri kuribasubizamo, kandi bakirinda ikintu cyose gishobora gutuma bongera kurivamo.

Umwe muri abo bayobozi b’iri torero witwa Mukamakuza Teddy, akaba ayobora Paruwasi ya Rwamagana yagize ati:”Gukumira ibyaha ni imwe mu mahame y’Itorero ryacu. Urumva ko ibyo dukora bifite aho bihurira n’inshingano za Polisi y’u Rwanda.”
Mukamakuza yakomeje agira ati:”Mbere y’uko abantu baba abayoboke bacu; ni abenegihugu. Inshingano zacu ni ukubigisha kwirinda icyaha aho kiva kikagera kugira ngo babe Abakristu nyabo, bifitiye akamaro, kandi bagafitiye imiryango yabo n’igihugu muri rusange.”

Yavuze ko ubutumwa bahawe bwo gukangurira abantu kwirinda ibyaha azabugeza ku bayoboke ba Paruwasi abereye umuyobozi, no ku bandi bantu muri rusange.

RNP

2016-05-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police Handball Club yegukanye igikombe cyo kwibuka ku nshuro ya kabiri.

Police Handball Club yegukanye igikombe cyo kwibuka ku nshuro ya kabiri.

Ubwanditsi 06 Jun 2016
Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano

Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano

Ubwanditsi 10 Nov 2016
Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere  bamaze icyumweru  batawe  muri yombi

Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere bamaze icyumweru batawe muri yombi

Ubwanditsi 08 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayibanda washimutiwe i Kampala yagejejwe mu Rwanda nyuma yo kumara iminsi 49 muri gereza
ITOHOZA

Kayibanda washimutiwe i Kampala yagejejwe mu Rwanda nyuma yo kumara iminsi 49 muri gereza

Ubwanditsi 02 Mar 2019
Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze

Ubwanditsi 23 Aug 2018
IBUKA France yamaganye gushyingura Zigiranyirazo mu Bufaransa
Amakuru

IBUKA France yamaganye gushyingura Zigiranyirazo mu Bufaransa

Ubwanditsi 25 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru