• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rwanda : Impamvu Perezida Kagame yagize Brig Gen. George Rwigamba umuyobozi w’amagereza

Rwanda : Impamvu Perezida Kagame yagize Brig Gen. George Rwigamba umuyobozi w’amagereza

Ubwanditsi 01 Apr 2016 Mu Mahanga

Brig Gen. George Rwigamba yasimbuye CGP Paul Rwarakabije wahoze mu ngabo zatsinwe ( FAR), akaza kugirwa Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe imfungwa n’Abagororwa( RCS), naho Mary Gahonzire wari usanzwe ari Komiseri Mukuru Wungirije asimburwa na Lt Col Chantal Ujeneza.

Ni umwe mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Werurwe 2016, iyobowe na Perezida Paul Kagame.

Ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya mu nzego zinyuranye Perezida Paul Kagame mu ijambo rigufi cyane yasabye abarahiriye imirimo mishya gukorana neza mu bufatanye na bagenzi babo kugira ngo igihugu gikomeze kujya mbere.

Yagarutse cyane ku mutekano nk’umusingi w’iterambere ry’Abanyarwanda abasaba gukomeza kuwushimangira.

Ati “Twese turabizi ko umutekano ari ngombwa kugira ngo iterambere rigerweho.”
Kagame yasabye abayobozi bashya, biganjemo ab’ingabo, guharanira guha abaturage umutekano uzabafasha kugera ku majyambere bifuza, n’ay’igihugu muri rusange.

Mu rwego rwo gukaza umutekano iyi ikaba ari imwe mu mpamvu zaba zatumye Perezida Kagame asezerera CGP Paul Rwarakabije wayoboraga Urwego rw’Igihugu Rushinzwe imfungwa n’Abagororwa kuva mu 2011, ubwo yasimburaga Mary Gahonzire wari usanzwe aruyobora rukitwa Urwego rw’Igihugu rw’amagereza, National Prisons Service (NPS).

Brig Gen. George Rwigamba wahawe kuyobora RCS ni muntu
ki ?

-2568.jpg

Ni umwe mu basirikare bafashe iyambere mu kubohora igihugu mu 1990, kandi akaba yarayoboye ingabo mu Intara y’Amajyepfo, akaba yaragiye mu butumwa butandukanye haze yigihugu aho yabaga ayoboye ingabo z’u Rwanda za RDF.

Gen. George Rwigamba yagiye ashyirwa ahantu hatandukanye nko muri National Prisons Service NPS atamaze igihe kubera ubwumvikane buke yagiranye nuwari umuyobozi wugirije Mme Gahonzire Mary.

-2570.jpg

Mme Gahonzire Mary.

Nyuma yo kugirana ubwivikane buke na Gahonzire, Brig. Gen. Rwigamba agasubizwa muri RDF, yahise yoherezwa mu butumwa bwakazi kuko yari atakaje umwanya yari yahawe n’ubuyobozi bwa RDF, nkuko umukuru w’igihugu yari yatanze amabwiriza ko amagereza agomba gucungwa n’abasilikare kugirango hakazwe umutekano wazo cyane cyane kuko muri icyo gihe hagaragaraga umutekano muke mu magereza zimwe zifatwa n’inkongi y’umurira muburyo budasobanutse.

Icyo gihe Brig. Gen. Rwigamba kubera kunanizwa akazi we nabagenzi be bari bavanye ku masomo yibijyanye n’amagereza, bityo Gahonzire akaza kubananiza ku nyungu ze bwite, kuburyo n’abandi basilikare bari bazanye na Rwigamba baje gusubizwa mu ngabo, aho babarizwaga mbere yuko bamenyeshwa ko bagiye kujyanwa mu masomo, kugirago bakomeze gukorera igihugu, kugeza nubu bamwe muri bo bakaba bagitegereje indi myanya bazahabwa kuko Gahonzire yabakomye mu nkokora.

Ikindi ni uko mu minsi ishize abagorowa batorotse muri gereza ya Kimironko bagenda bambaye imyenda y’abacunga gereza, baburirwa irengero. Amakuru akavuga ko aba ari bamwe 4, bibye amadorali muri Congo , ibi byakurikiwe n’abandi bagororwa 7, bashatse gutoroka barafatwa, batararenga umutaru na none ibi byabereye aho muri gereza ya Kimironko.

Lt Col Chantal Ujeneza, ni muntu ki?

-2569.jpg

Amakuru avuga ko ari umwe mubasilikare bahoze muri Ex.FAR, aza guhungira mu gihugu cya Gabon aho yavuyeyo azanywe na Ge. James Kabarebe, bwambere mu ndege, niwe wari ufashe idarapo ry’igihugu igihe Perezida Kagame arahira muri 2010, amakuru avuga ko ari umugore w’umuhanga cyane, akagira n’umugabo w’umusilikare muri RDF, Lt Col Chantal Ujeneza nkumwe mu bagore bake bari muri RDF yagiye ahabwa amahugurwa atandukanye nkaho ubwo yari kwipeti rya Major yahuguwe kuri byishi cyane nko gusobanukirwa ibibazo by’umutekano w’akarere n’inzira ziboneye z’uko byakemurwa, icyo gihe ibihugu byo mukarere dutuyemo byari biteraniye hano mu Rwanda bihabwa ayo masono ninararibonye zo mu burayi ndetse na Amerika.

Umwanditsi wacu

2016-04-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Misiri: Hafashwe ubwato bwikoreye ibikoresho bya gisirikare bivuye muri Koreya ya Ruguru

Misiri: Hafashwe ubwato bwikoreye ibikoresho bya gisirikare bivuye muri Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 02 Oct 2017
Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi  biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo

Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Interahamwe n’Ibigarasha byungutse Idamange ProMax, Umuzindaro Mushya ugezweho ubu ni Bad Rama

Interahamwe n’Ibigarasha byungutse Idamange ProMax, Umuzindaro Mushya ugezweho ubu ni Bad Rama

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ubwanditsi 24 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo
Mu Mahanga

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Ubwanditsi 19 May 2018
U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo
Amakuru

U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

RUSHYASHYA 30 Oct 2025
Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye
Mu Rwanda

Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye

Ubwanditsi 03 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru