• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rwanda : Impamvu Perezida Kagame yagize Brig Gen. George Rwigamba umuyobozi w’amagereza

Rwanda : Impamvu Perezida Kagame yagize Brig Gen. George Rwigamba umuyobozi w’amagereza

Ubwanditsi 01 Apr 2016 Mu Mahanga

Brig Gen. George Rwigamba yasimbuye CGP Paul Rwarakabije wahoze mu ngabo zatsinwe ( FAR), akaza kugirwa Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe imfungwa n’Abagororwa( RCS), naho Mary Gahonzire wari usanzwe ari Komiseri Mukuru Wungirije asimburwa na Lt Col Chantal Ujeneza.

Ni umwe mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Werurwe 2016, iyobowe na Perezida Paul Kagame.

Ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya mu nzego zinyuranye Perezida Paul Kagame mu ijambo rigufi cyane yasabye abarahiriye imirimo mishya gukorana neza mu bufatanye na bagenzi babo kugira ngo igihugu gikomeze kujya mbere.

Yagarutse cyane ku mutekano nk’umusingi w’iterambere ry’Abanyarwanda abasaba gukomeza kuwushimangira.

Ati “Twese turabizi ko umutekano ari ngombwa kugira ngo iterambere rigerweho.”
Kagame yasabye abayobozi bashya, biganjemo ab’ingabo, guharanira guha abaturage umutekano uzabafasha kugera ku majyambere bifuza, n’ay’igihugu muri rusange.

Mu rwego rwo gukaza umutekano iyi ikaba ari imwe mu mpamvu zaba zatumye Perezida Kagame asezerera CGP Paul Rwarakabije wayoboraga Urwego rw’Igihugu Rushinzwe imfungwa n’Abagororwa kuva mu 2011, ubwo yasimburaga Mary Gahonzire wari usanzwe aruyobora rukitwa Urwego rw’Igihugu rw’amagereza, National Prisons Service (NPS).

Brig Gen. George Rwigamba wahawe kuyobora RCS ni muntu
ki ?

-2568.jpg

Ni umwe mu basirikare bafashe iyambere mu kubohora igihugu mu 1990, kandi akaba yarayoboye ingabo mu Intara y’Amajyepfo, akaba yaragiye mu butumwa butandukanye haze yigihugu aho yabaga ayoboye ingabo z’u Rwanda za RDF.

Gen. George Rwigamba yagiye ashyirwa ahantu hatandukanye nko muri National Prisons Service NPS atamaze igihe kubera ubwumvikane buke yagiranye nuwari umuyobozi wugirije Mme Gahonzire Mary.

-2570.jpg

Mme Gahonzire Mary.

Nyuma yo kugirana ubwivikane buke na Gahonzire, Brig. Gen. Rwigamba agasubizwa muri RDF, yahise yoherezwa mu butumwa bwakazi kuko yari atakaje umwanya yari yahawe n’ubuyobozi bwa RDF, nkuko umukuru w’igihugu yari yatanze amabwiriza ko amagereza agomba gucungwa n’abasilikare kugirango hakazwe umutekano wazo cyane cyane kuko muri icyo gihe hagaragaraga umutekano muke mu magereza zimwe zifatwa n’inkongi y’umurira muburyo budasobanutse.

Icyo gihe Brig. Gen. Rwigamba kubera kunanizwa akazi we nabagenzi be bari bavanye ku masomo yibijyanye n’amagereza, bityo Gahonzire akaza kubananiza ku nyungu ze bwite, kuburyo n’abandi basilikare bari bazanye na Rwigamba baje gusubizwa mu ngabo, aho babarizwaga mbere yuko bamenyeshwa ko bagiye kujyanwa mu masomo, kugirago bakomeze gukorera igihugu, kugeza nubu bamwe muri bo bakaba bagitegereje indi myanya bazahabwa kuko Gahonzire yabakomye mu nkokora.

Ikindi ni uko mu minsi ishize abagorowa batorotse muri gereza ya Kimironko bagenda bambaye imyenda y’abacunga gereza, baburirwa irengero. Amakuru akavuga ko aba ari bamwe 4, bibye amadorali muri Congo , ibi byakurikiwe n’abandi bagororwa 7, bashatse gutoroka barafatwa, batararenga umutaru na none ibi byabereye aho muri gereza ya Kimironko.

Lt Col Chantal Ujeneza, ni muntu ki?

-2569.jpg

Amakuru avuga ko ari umwe mubasilikare bahoze muri Ex.FAR, aza guhungira mu gihugu cya Gabon aho yavuyeyo azanywe na Ge. James Kabarebe, bwambere mu ndege, niwe wari ufashe idarapo ry’igihugu igihe Perezida Kagame arahira muri 2010, amakuru avuga ko ari umugore w’umuhanga cyane, akagira n’umugabo w’umusilikare muri RDF, Lt Col Chantal Ujeneza nkumwe mu bagore bake bari muri RDF yagiye ahabwa amahugurwa atandukanye nkaho ubwo yari kwipeti rya Major yahuguwe kuri byishi cyane nko gusobanukirwa ibibazo by’umutekano w’akarere n’inzira ziboneye z’uko byakemurwa, icyo gihe ibihugu byo mukarere dutuyemo byari biteraniye hano mu Rwanda bihabwa ayo masono ninararibonye zo mu burayi ndetse na Amerika.

Umwanditsi wacu

2016-04-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ubwanditsi 22 Mar 2022
Inama y’umuhora wa Ruguru yafatiwemo ibyemezo byo ku rwego rwo hejuru

Inama y’umuhora wa Ruguru yafatiwemo ibyemezo byo ku rwego rwo hejuru

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Evode Imena  yagaramye ibyo  guha Isoko n’ Ibyangombwa kampani JDJ (Jovia+Diana+Joseph)  y’abagore  (Jovian na Diana)  b’abagabo bakoranaga muri  MINIRENA

Evode Imena yagaramye ibyo guha Isoko n’ Ibyangombwa kampani JDJ (Jovia+Diana+Joseph) y’abagore (Jovian na Diana) b’abagabo bakoranaga muri MINIRENA

Ubwanditsi 15 Feb 2017
Netanyahu yemeje ko Jenoside yakorewe Abayahudi n’iyakorewe Abatutsi zatanze isomo ryo kwirwanaho

Netanyahu yemeje ko Jenoside yakorewe Abayahudi n’iyakorewe Abatutsi zatanze isomo ryo kwirwanaho

Ubwanditsi 06 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rusizi : Inzego z’umutekano z’u Rwanda zabonye ibimenyetso byasizwe inyuma n’abantu bitwaje ibirwanisho
ITOHOZA

Rusizi : Inzego z’umutekano z’u Rwanda zabonye ibimenyetso byasizwe inyuma n’abantu bitwaje ibirwanisho

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Habyarimana Innocent yagizwe kapiteni wa Police FC
Mu Mahanga

Habyarimana Innocent yagizwe kapiteni wa Police FC

Ubwanditsi 12 Feb 2016
FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo
Amakuru

FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo

RUSHYASHYA 13 Nov 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru