• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Misiri: Hafashwe ubwato bwikoreye ibikoresho bya gisirikare bivuye muri Koreya ya Ruguru

Misiri: Hafashwe ubwato bwikoreye ibikoresho bya gisirikare bivuye muri Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 02 Oct 2017 Mu Mahanga

Mu kwezi kwa Kanama 2017, ubutumwa bw’ibanga bwaturutse I Washington bujya mu Misiri buvuga ubwato budasanzwe bwari buri kwerekeza mu Bunigo bwa Suez (Suez Canal). Ubu bwato bwiswe Jie Shun bwari mu mabara y’ibendera rya Cambodge, ariko buturutse mu gihugu cya Koreya ya Ruguru nk’uko ubwo butumwa bwavugaga, ngo bwari bwikoreye imizigo itazwi ariko byaje kumenyekana ko ari intwaro.

Ku rundi ruhande, nyuma yo guhabwa aya makuru abashinzwe gasutamo mu Misiri nabo baryamiye amajanja bategereje ko ubwo bwato bwinjira mu mazi ya Misiri. Mu kuhagera, basatse ubu bwato basanga buhishemo ibisasu bya rocket 30,000. Nk’uko byatangajwe n’Umuryango w’Abibumbye nyuma yahoo ngo aya niyo masasu menshi afashwe mu mateka y’ibihano byafatiwe igihugu cya Koreya ya Ruguru.

Ariko se ibyo bisasu bya rocket byari ibya nde? Icyaje gutungurana nyuma yo guperereza , ni uko ibyo bisasu byari ibya Abanyamisiri ubwabo nk’uko iyi nkuru dukesha The Washington Post ivuga.

Iperereza ry’Umuryango w’Abibumbye rikaba ryarasanze harabaye ubwumvikane abacuruzi bakomeye mu Misiri bagatumiza ibisasu bya rockets bifite agaciro ka miliyoni zitavuzwe umubare z’Amadolari kubw’igisirikare cya Misiri ariko bigomba gukorwa mu ibanga nk’uko byemezwa n’abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’abadipolomate bo mu Burayi bafite ibyo bazi kuri ubu buvumbuzi.

Iki kibazo byinshi bijyanye nacyo bitigeze bishyirwa ku mugaragaro, cyatumye havuka ibirego byinshi by’abigenga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku kijyanye n’ukuntu Misiri itinyuka gushaka kugura intwaro mu gihugu cyafatiwe ibihano bikibuza kugurisha no kugura intwaro hanze.

Iki kibazo kandi ngo cyagaragaje ko ubucuruzi nk’ubu bw’intwaro bwakomeje kwinjiriza Koreya ya Ruguru akayabo k’amafaranga no mu gihe cy’ibihano iki gihugu cyagiye gifatirwa mbere.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na ambasade ya Misiri i Washington ariko, ryasabye umucyo n’ubufatanye na loni mu gushakisha ukuri no gusenya ibyo bikoresho bya gisirikare bya magendu.

Iri tangazo rikaba ryakomeje rivuga ko Misiri izakomeza kubahiriza imyanzuro y’akanama k’umutekano ka Loni ibuza kugura ibikoresho bya gisirikare muri Koreya ya Ruguru.

Abayobozi muri Leta zunze Ubumwe za Amerika ariko bo bakaba bavuga ko umugambi wo kwibikaho izi rockets kwa Misiri wapfuye nyuma y’aho inzego z’ubutasi zabo zivumburiye ubu bwato zikabimenyesha abayobozi ba Misiri binyuze mu nzira za kidipolomasi bigatuma bagira icyo bakora.

-8184.jpg

2017-10-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside  yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Ubwanditsi 05 Nov 2018
U Rwanda rwahawe umukoro ku gukurikirana abatera inda abana ntibibagaruke

U Rwanda rwahawe umukoro ku gukurikirana abatera inda abana ntibibagaruke

Ubwanditsi 12 Apr 2016
Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 19 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abari abayobozi ba ADEPR bitabye Urukiko Rukuru bajuririra gufungwa by’agateganyo
ITOHOZA

Abari abayobozi ba ADEPR bitabye Urukiko Rukuru bajuririra gufungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 01 Jun 2017
U Rwanda nirwo rwasimbuye Kenya ku buyobozi bwa EAPCCO
Mu Mahanga

U Rwanda nirwo rwasimbuye Kenya ku buyobozi bwa EAPCCO

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Indorerezi zirenga 1800 ziri gukurikirana itora rya Perezida wa Repubulika
Mu Rwanda

Indorerezi zirenga 1800 ziri gukurikirana itora rya Perezida wa Repubulika

Ubwanditsi 04 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru