• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Christine Uwizera Coleman, umupasitori wanywanye na Sekibi. 

Christine Uwizera Coleman, umupasitori wanywanye na Sekibi. 

Ubwanditsi 20 Sep 2022 Amakuru, HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Isi yose izi ko umuntu wese wihaye Imana mu buzima bwe bwose aba afite ubunyangamugayo bw’intangarugero muri we kandi akanakora ibikorwa bimwubahisha ndetse akubaha abandi mubyo avuga cyangwa akora kugira ngo yubake imitima y’abatuye isi. Ariko bimaze kugaragara ko hari bamwe babigize iturufu bagamije izindi nyungu zirimo izamafaranga cyangwa icengezamatwara z’ibyo bashaka kwinjiza mubabayobotse.

Christine Uwizera Coleman ni umwe mubapasitori bayobotse iyo nzira ya sekibi yo gukoresha ivugabutumwa bamamaza ingengabitekerezo ya Genocide. 

Birazwi neza ko iyobokamana ryagiye rikoreshwa mukwinjira mumitwe y’abayoboke, maze uwitwa ko ari umuvugabutumwa akabashyiramo iyobokamana rigizwe n’imirongo ya bibiliya cg korowani. Nyamara Christine Uwizera we akoresha ivugabutumwa akabiba urwango, amacakuburi ndetse n’icengezamatwara rya genocide agamije gucamo abanyarwanda ibice. 

Iyi ngirwa mu pasitori ngo ni Christine UWIZERA Coleman mu kiganiro aherutse kugirana na televisiyo ikorera kuri murandasi (Youtube) yitwa SABC NEWS bamubaza kubijyanye n’ibitero byakozwe n’umutwe wa FLN mu murenge wa Nyabimata mu karere ka Nyaruguru, byabaye umwanya mwiza kuri we mukwamamaza ibikorwa by’iterabwoba ndetse anaha umugisha umuyobozi w’ibyo byihebe Paul Rusesabagina ubu ufungiye ibyaha by’iterabwoba yahamijwe n’inkiko.  Yavuze ko uburyo bw’iterabwoba Rusesabagina yakoresheje ngo ahirike leta iriho mu Rwanda aribwo buryo bwiza ngo kuko yabonaga ntabundi yakoresha kubera ko leta iriho itamukundira kuyobora byoroshye.

Ese koko niba ari umuvugabutumwa bwiza kuki ashyigikiye imitwe y’iterabwoba ishingiye kumatwara y’abagenocidaire kandi yifuza kumena amaraso y’abanyarwanda. 

Christine Uwizera ni muntu muntu ki?

Christine Uwizera Coleman ni umunyarwandakazi  wavutse kuwa 25 Nyakanga mu 1972 avukira mu cyahoze ari komine Rushashi ubu akabri ari mu murenge wa Rushashi, akarere ka Gakenke, intara y’amajyaruguru y’u Rwanda; aba byeyi be bombi bitabye Imana mbere 1994 ubwo ni mbere ya Jenocide yakorewe abatutsi muri 1994. 

Christine Uwizera muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 yari afite imyaka 22 y’amavuko bigaragara ko yari mukuru, ikindi yari n’umunyeshuri muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda (UNR). Christine Uwizera ukunda kubeshya ko yacitse ku icumu rya Genocide, ntabwo yari mugice cy’abahigwa kuko ni mubwoko bwagenderwagaho icyo gihe yari umuhutukazi. Umwe mubanyeshuri biganye na Christine Uwizera muri Kaminuza i Butare, yabwiye ikinyamakuru Rushyashya ko yari umukobwa wahoranaga umushiha kuri bagenzi b’abatutsi biganaga, akabasebya ndetse akajya ahorana ivangura, kuburyo hari nuwo yafatiye igitabo cye ashushanyamo inzoka, amwandikiraho ngo “inzoka mwaremewe kumenwa umutwe”. 

Inkotanyi zimaze guhagarika Genocide abayigizemo uruhare ndetse n’imiryango yabo bahungiye mu cyahoze ari Zaire. Ubwo nibwo Christine Uwizera nawe yaje guhungirayo aza no kubona akazi mu kigo cya Loni “United Nation Mission” cyari gishinzwe kwita kumpunzi zabaga mu nkambi icyo gihe, abifashijwemo n’umuzungu witwa Michael Coleman waje no kuba umugabo we kugeza ubu. 

Mu 1995, Christine Uwizera yarahungutse nk’abandi banyarwanda bari barahunze. Nyuma yaje kubona ubufasha biturutse kumukoresha we w’umunyamerika yerekeza muri leta zunze ubumwe za Amerika ubwo hari mu 1997 nyuma y’imyaka itatu gusa Jenocide yakorewe abatutsi mu 1994 irangiye. Kuri ubu Christine Uwizera Coleman atuye mu gace kitwa Denver Colorado ubu akaba yarashakanye n’umugabo w’umunyamerika witwa Michael Coleman wahoze ari umukoresha we ndetse akaba ari nawe wamufashije kugera muri Amerika.

Nyuma y’imyaka irindwi ageze muri leta zunze ubumwe za Amerika, Christne Uwizera Coleman yabonyeko ubuvunderi bw’ingengabitekerezo ya genocide yari yibitsemo atazabona aho abusohorera niko kujya kwihisha mu iyoboka mana maze ashinga idini ryitwa “Blazing Holly fire ministries” ikaba ikorera aho atuye muri leta zunze ubumwe za Amerika. 

Ingengabitekerezo ya Genocide yakorewe abatutsi yamaze kwataka udutsi twubwonko bwe kuburyo ntakindi agitekereza kuburyo niyo agiye kubwiriza ibyo yita ijambo ryimana, yisanga arimo kuvuga nabi Inkotanyi zahagaritse Genocide. 

Imana ikunda u Rwanda nibabarire abishushanya barimo Christine Uwizera Coleman mumurimo wayo bakitwikira ivugabutumwa bagashaka kubiba amacakubiri mubanyarwanda. 

 

2022-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Ubwanditsi 19 Apr 2023
APR FC yageze muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro 2023 isezereye Marine FC ku giteranyo cy’ibitego 6-3

APR FC yageze muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro 2023 isezereye Marine FC ku giteranyo cy’ibitego 6-3

Ubwanditsi 26 Apr 2023
Kigali: Uwarokotse Jenoside yagabweho igitero banamusigira ubutumwa bwamuteye ubwoba

Kigali: Uwarokotse Jenoside yagabweho igitero banamusigira ubutumwa bwamuteye ubwoba

Ubwanditsi 08 Apr 2019
RDC: Ubwumvikane buke muri Lamuka nyuma y’amagambo ya Moïse Katumbi

RDC: Ubwumvikane buke muri Lamuka nyuma y’amagambo ya Moïse Katumbi

Ubwanditsi 27 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.
HIRYA NO HINO

Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Ubwanditsi 09 Aug 2019
Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup
Amakuru

Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 12 Sep 2023
RD-Congo : Icumbi rya Gen. Byiringiro Victor riri i Kazaroho ryahawe inkongi y’umuriro, biracyekwa ko Byiringiro yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

RD-Congo : Icumbi rya Gen. Byiringiro Victor riri i Kazaroho ryahawe inkongi y’umuriro, biracyekwa ko Byiringiro yatawe muri yombi

Ubwanditsi 15 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru