• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi- Amb.Nduhungirehe

Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi- Amb.Nduhungirehe

Ubwanditsi 10 Apr 2016 ITOHOZA

Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi yatangaje ko nyuma y’aho urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye muri Komini ya Leeuw-Saint-Pierre, mu Bubiligi, rwigaruriwe n’abapfobya Jenoside,nta muhango n’umwe uzongera kuhakorerwa, keretse inyito yarwo itera urujijo ibanje guhindurwa.

Uru rwibutso, rwubatswe mu mwaka wa 2004, bisabwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’icyo gihe Louis Michel, hagamijwe kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Icyakora mu kwandika izina ryarwo ngo hajemo ikibazo kuko abarwanditseho batashyizeho amagambo aruha inyito yuzuye, nk’uko byatangajwe na Ambasaderi Nduhungirehe.

Yagize ati “ Ikibazo cyabaye ni uko ababikoze banditse ngo ‘En memoire du Genocide Rwanda 1994’(Bivuze kwibuka Jenoside Rwanda 1994)”, bibagirwa kongeraho ko ari Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibi ngo agatsiko k’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi kabyuririraho bigatuma buri tariki ya 6 Mata gahamagaza imyigaragambyo kuri uru rwibutso.

Aka gatsiko kavuga ko Jenoside yakorewe abanyarwanda bose, Abahutu n’Abatutsi ko nta tandukaniro, bisa n’aho uru rwibutso na ko karufiteho uruhare.

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe ati “Ibyo ni ugupfobya Jenoside bidashobora kwemerwa.Twe icyo dushaka ni ukugira ngo inyito yarwo yuzuzwe ihinduke rwitwe urwibutso rw’Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi kuko iyi nyito isa n’aho iha ingufu abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bigatuma buri mwaka bahakorera imyigaragamyo.”

Yakomeje agira ati ”Mu ntangiriro z’uku kwezi nandikiye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga menyesha Minisitiri w’Intebe na Burugumesitiri wa Woluwe-Saint-Pierre mbasaba ko iyi nyito yahinduka. No ku wa Mbere tariki ya 4 nabonanye na Burugumesitiri , yaba we na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga bambwiye ko iki kibazo bazacyiga iyi nyito igahinduka.”

Burugumesitiri wa Komini Leeuw-Saint-Pierre, uru rwibutso rwubatsemo yashyizeho itangazo ribuza abigaragambya kwegera uru rwibutso kuva tariki ya 6 Mata 2016.

Kuba iyi myigaragambyo y’uwo munsi yaburijwemo ngo intambwe ya mbere ariko idahagije kuko kugeza ubu nta mihango yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ikihakorerwa kuko rusa n’urwigaruriwe n’abayipfobya, nk’uko Amb. Nduhungirehe yakomeje abisobanura.

Ati “Ntitukihajya, uru rwibutso rusa n’urwigaruriwe n’abapfobya Jenoside.Nta muhango n’umwe Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi izongera gukorera kuri uru rwibutso mu gihe iyi nyito itarahinduka. Tuzakorera ahandi muri Buruseli. Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko uko inyito yanditse hari indi Jenoside yabaye mu gihe itazwi itigeze inemerwa.”

-2614.jpg

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe

2016-04-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Karamaga wahishe umurambo wa Uwiringiyimana Agathe yatangiye kurindirwa umutekano

Karamaga wahishe umurambo wa Uwiringiyimana Agathe yatangiye kurindirwa umutekano

Ubwanditsi 21 Apr 2017
Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Ubwanditsi 28 Jul 2019
Uganda: CMI Irashinjwa Kugwatira Telephone Y’Umwamikazi Wa Rwenzururu

Uganda: CMI Irashinjwa Kugwatira Telephone Y’Umwamikazi Wa Rwenzururu

Ubwanditsi 25 Jul 2018
Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be

Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be

RUSHYASHYA 16 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Indwara y’ubwandu bw’amaraso (Blood infection). Ese iteye ite? Yakwirindwa ite? Ivurwa ite?
HIRYA NO HINO

Indwara y’ubwandu bw’amaraso (Blood infection). Ese iteye ite? Yakwirindwa ite? Ivurwa ite?

Ubwanditsi 17 Mar 2017
Sergio Ramos, Kaylor Navas ndetse na Julian Draxler bakinira ikipe ya Paris St Germain barasura u Rwanda mu mpera z’iki cyumweru
Amakuru

Sergio Ramos, Kaylor Navas ndetse na Julian Draxler bakinira ikipe ya Paris St Germain barasura u Rwanda mu mpera z’iki cyumweru

Ubwanditsi 29 Apr 2022
Imyaka ibiri irashize Ingabire Victoire ahawe imbabazi akarekurwa, akabaye icwende ntikoga ngo gashire umunuko
Amakuru

Imyaka ibiri irashize Ingabire Victoire ahawe imbabazi akarekurwa, akabaye icwende ntikoga ngo gashire umunuko

Ubwanditsi 16 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru