• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi- Amb.Nduhungirehe

Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi- Amb.Nduhungirehe

Ubwanditsi 10 Apr 2016 ITOHOZA

Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi yatangaje ko nyuma y’aho urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye muri Komini ya Leeuw-Saint-Pierre, mu Bubiligi, rwigaruriwe n’abapfobya Jenoside,nta muhango n’umwe uzongera kuhakorerwa, keretse inyito yarwo itera urujijo ibanje guhindurwa.

Uru rwibutso, rwubatswe mu mwaka wa 2004, bisabwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’icyo gihe Louis Michel, hagamijwe kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Icyakora mu kwandika izina ryarwo ngo hajemo ikibazo kuko abarwanditseho batashyizeho amagambo aruha inyito yuzuye, nk’uko byatangajwe na Ambasaderi Nduhungirehe.

Yagize ati “ Ikibazo cyabaye ni uko ababikoze banditse ngo ‘En memoire du Genocide Rwanda 1994’(Bivuze kwibuka Jenoside Rwanda 1994)”, bibagirwa kongeraho ko ari Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibi ngo agatsiko k’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi kabyuririraho bigatuma buri tariki ya 6 Mata gahamagaza imyigaragambyo kuri uru rwibutso.

Aka gatsiko kavuga ko Jenoside yakorewe abanyarwanda bose, Abahutu n’Abatutsi ko nta tandukaniro, bisa n’aho uru rwibutso na ko karufiteho uruhare.

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe ati “Ibyo ni ugupfobya Jenoside bidashobora kwemerwa.Twe icyo dushaka ni ukugira ngo inyito yarwo yuzuzwe ihinduke rwitwe urwibutso rw’Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi kuko iyi nyito isa n’aho iha ingufu abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bigatuma buri mwaka bahakorera imyigaragamyo.”

Yakomeje agira ati ”Mu ntangiriro z’uku kwezi nandikiye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga menyesha Minisitiri w’Intebe na Burugumesitiri wa Woluwe-Saint-Pierre mbasaba ko iyi nyito yahinduka. No ku wa Mbere tariki ya 4 nabonanye na Burugumesitiri , yaba we na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga bambwiye ko iki kibazo bazacyiga iyi nyito igahinduka.”

Burugumesitiri wa Komini Leeuw-Saint-Pierre, uru rwibutso rwubatsemo yashyizeho itangazo ribuza abigaragambya kwegera uru rwibutso kuva tariki ya 6 Mata 2016.

Kuba iyi myigaragambyo y’uwo munsi yaburijwemo ngo intambwe ya mbere ariko idahagije kuko kugeza ubu nta mihango yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ikihakorerwa kuko rusa n’urwigaruriwe n’abayipfobya, nk’uko Amb. Nduhungirehe yakomeje abisobanura.

Ati “Ntitukihajya, uru rwibutso rusa n’urwigaruriwe n’abapfobya Jenoside.Nta muhango n’umwe Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi izongera gukorera kuri uru rwibutso mu gihe iyi nyito itarahinduka. Tuzakorera ahandi muri Buruseli. Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko uko inyito yanditse hari indi Jenoside yabaye mu gihe itazwi itigeze inemerwa.”

-2614.jpg

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe

2016-04-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urwikekwe : Muri RNC,  barahiga bukware utanga amakuru i Kigali ngo Rushyashya yaba ifite ibyitso muribo

Urwikekwe : Muri RNC, barahiga bukware utanga amakuru i Kigali ngo Rushyashya yaba ifite ibyitso muribo

Ubwanditsi 12 Sep 2016
Abantu 47 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside muri iki cyunamo

Abantu 47 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside muri iki cyunamo

Ubwanditsi 12 Apr 2019
Agahinda k’abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda

Agahinda k’abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 28 Jan 2019
Ntabwo wavuga ko ibibazo byakemutse – Amb. Nduhungirehe avuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda

Ntabwo wavuga ko ibibazo byakemutse – Amb. Nduhungirehe avuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 22 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubwoba muri RNC: Gen Kayumba kwikanga umuhisi n’umugenzi
Mu Rwanda

Ubwoba muri RNC: Gen Kayumba kwikanga umuhisi n’umugenzi

Ubwanditsi 15 Jun 2016
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yerekeje muri Senegal aho igiye kwitabira shampiyona ya Afurika ya Taekwondo.
Amakuru

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yerekeje muri Senegal aho igiye kwitabira shampiyona ya Afurika ya Taekwondo.

Ubwanditsi 01 Jun 2021
Denise Nkurunziza yajyanwe ikitaraganya kuvurwa COVID-19 muri Kenya, umugabo we aho kujya mu kato ari mu masengesho n’abandi bantu
INKURU NYAMUKURU

Denise Nkurunziza yajyanwe ikitaraganya kuvurwa COVID-19 muri Kenya, umugabo we aho kujya mu kato ari mu masengesho n’abandi bantu

Ubwanditsi 29 May 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru