• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Imyaka ibiri irashize Ingabire Victoire ahawe imbabazi akarekurwa, akabaye icwende ntikoga ngo gashire umunuko

Imyaka ibiri irashize Ingabire Victoire ahawe imbabazi akarekurwa, akabaye icwende ntikoga ngo gashire umunuko

Ubwanditsi 16 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Imyaka ibiri irashize Ingabire Victoire ahawe imbabazi akarekurwa, akabaye icwende ntikoga ngo gashire umunuko

Taliki 15 Nzeli 2018 nibwo Perezida Paul Kagame yatanze imbabazi ku mfungwa zari mu magereza atandukanye yo mu Rwanda aho harimo na Ingabire Victoire Umuhoza, maze basubira mu buzima busanzwe; ni umwaka wafashwe nk’udasanzwe mu mateka y’u Rwanda dore ko hari benshi mu banzi b’igihugu bakunze kuvuga ko mu Rwanda nta bwisanzure buhaba ariko iyi nkuru yabaciye umugongo bamera nk’abakubiswe n’inkuba.Imyaka isaga ibiri irashize uyu mugore arekuwe

kuko muri 2013 yari yakatiwe imyaka 15 nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo icyo kugambanira igihugu, kukibuza umudendezo no kurema umutwe w’abagizi ba nabi, yahawe imbabazi asigaje imyaka 7 ku gihano yari yakatiwe. Akigera hanze hari byinshi yatangaje ndetse yeruye ko nta mbabazi yigeze asaba nkuko yabibwiye BBC akirekurwa ati” umuntu asaba imbabazi z’ibyaha yakoze ati kandi njye ntacyaha nishinja ntanaho nabyemeye mu bayobozi”.
Gusa hari ibaruwa yagaragaye yanditswe na Ingabire ubwe asaba imbabazi umukuru w’igihugu, imwe ikaba yari iyo mu 2011 naho indi ni iyo muri 2018, mu ibaruwa yo mu 2011 harimo aho yanditse agira ati “ Nyakubahwa Muyobozi mukuru w’igihugu cyacu ari mwe ku giti cyanyu ari n’umunyarwanda uwo ariwe wese waba warakomerekejwe k’umutima n’imvugo zanjye mbisabiye imbabazi” muri iyi nyandiko ubwayo harimo gutakamba no gusaba imbabazi aho gukoresha imvugo zigoreka icyo yakoze aricyo gusaba imbabazi.
Mu gukomeza kwigira umwere Ingabire yahamije ko yarekuwe kubera imyitwarire ye myiza yagiye imuranga muri gereza ati uko ninjiye ni nako nasohotse; aha niho hava akumiro bikumvikana ko kuba yarinjiye muri gereza amaze guhamwa n’ibyaha twavuze haruguru ari nako yasohotsemo nta gitangaje ko yazongera kwisangamo dore ko n’ubundi atigeze agororoka nyuma yo kujyanwa aho abagize imitekerereze nkiye bakwiye kuba bari.
Ntawakwirengagiza ko uyu mugore akimara kuva muri gereza mu kwezi kumwe yahamagajwe na RIB ngo yisobanure kuri amwe mu magambo yagiye akoresha mu biganiro yagiye agirana na zimwe muri shene za Youtube avuga ko yafunzwe ku mpamvu za politiki ndetse ko yari imfungwa ya politiki umuntu aha akaba yakwibaza ukuntu umuntu wahamijwe ibyaha akanakatirwa yigira imfungwa ya politiki, dore ko akirekurwa yagiye yigaragaza mu ishusho nzima aho yagiye yitabira umuganda buri wa gatandatu wa buri kwezi.
RIB kandi yamukozeho iperereza ku nama yakoresheje I Nyakarambi muri Kirehe aho ngo yarimo ashaka bayoboke azakoresha ashinga umutwe w’iterabwoba ugizwe n’ubwoko bumwe gusa ni nyuma yuko yari aguwe gitumo ari mu bukangurambaga bwo kuroha abanyarwanda nkuko n’ubundi bisanzwe bizwi mu ishyaka yahozemo rya FDU-Inkingi akigwa gitumo yahise yitabaza ibitangazamakuru mpuzamahanga bisanzwe bizwiho guha rugari abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi maze avuga ko yabujijwe gukora inama ibintu byafashwe nk’amatakirangoyi. Umwe mubo yari agiye gukoresha inama yivugiye ko uyu Ingabire yari yabahaye gasopo yo kutamuzanira Abatutsi, nibwo yirukiye muri ibyo bitangazamakuru avuga ko yabujijwe gukora inama.
Uyu mugore kandi yahamagajwe na RIB kugirango atange ibisobanuro ku gitero cyagabwe mu Kinigi mu mpera za 2018 kigahitana abantu basaga 14, abari bagabye icyo gitero bavuze bari baturutse mu mutwe w’iterabwoba wa RUD-Urunana umutwe usanzwe ufitanye imikoranire na Amahoro People’s Congress, FDLR,RNC,PDP-Imanzi na PS-Imberakuri (igice cya Ntaganda Bernard) mu ihuriro bise P5 bikumvikana ko uyu mugore nawe yagombaga kugira icyo abazwa kuri ibi bitero.
Nyuma yo kubona ko imigambi ye ndetse n’ingengabitekerezo asanganywe biri gukomeza kujya ku mugaragaro yahise ahindura izina ry’ikiryabarezi cye acyita DALFA-UMURINZI ariko kuri we ntacyahindutse kuko nk’umuntu wari uvuye muri gereza yari kuza yitwararika aho gukomereza mu mujyo mubi yari arimo dore ko hari n’ibimenyetso byagiye hanze byerekana imikoranire ye na Gaston Munyabugingo uherutse gutabwa muri yombi ashaka kujya mu mitwe y’iterabwoba ngo ahungabanye umutekano n’umudendezo w’Abanyarwanda.

2020-09-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Ubwanditsi 03 Jul 2019
Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Ubwanditsi 06 Oct 2022
“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

Ubwanditsi 20 Feb 2025
Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo

Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo

Ubwanditsi 31 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi kubera ibyo iherutse gutangaza
POLITIKI

Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi kubera ibyo iherutse gutangaza

Ubwanditsi 14 Apr 2019
Rayon Sports itsinze Mukura VS, APR FC igwa miswi na Kiyovu SC mu mikino ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Rayon Sports itsinze Mukura VS, APR FC igwa miswi na Kiyovu SC mu mikino ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 10 May 2023
Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma  yo guhatwa ibibazo  baraye basubijwe murugo na Polisi
ITOHOZA

Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma yo guhatwa ibibazo baraye basubijwe murugo na Polisi

Ubwanditsi 05 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru