• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

Ubwanditsi 20 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Nyuma y’aho u Rwanda rutangarije ko rudashobora kwihanganira ubugome n’ubuhake bya Guverinoma y’Ububiligi irutegeka uko rubaho, ndetse tariki 18 Gashyantare 2024 rugahagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, icyo gihugu cyahise giha uBurundi amafaranga yari ateganyijwe muri ayo masezerano hagati y’uRwanda n’Ububiligi.

Kuri miliyoni 95 z’amaeuros zari zikubiye muri ayo masezerano, uBurundi bwahise buhabwamo miliyoni 75, nko kwereka u Rwanda ko hari abandi basonzeye imfashanyo, batitaye ku gasuzuguro kayiherekeje.

Perezida Evariste Ndayishimiye yafashe iyo mfashanyo nka manu ivuye mu ijuru, doreko igihugu cye cyugarijwe n’ubukene kitigeze kigira mu mateka yacyo. Byabaye nka ya mvugo y’umushonji igira iti ” niba byaranagaze, byange mbyirire ndebe ko iri joro ryacya”.

Gusamira hejuru iyo mfashanyo uRwanda rwanze, bivuze ko uBurundi bwemeye kuba inkomamashyi nko mu gihe cya gikoloni, ibyo kwihitiramo uko bubaho bukaba bubiguranye amaramuko. Nta yandi mahitamo ariko, mu gihe abaturage bataka inzara, doreko ibiciro by’ibiribwa bike bihari, byikubye inshuro hafi 20 mu gihe gito cyane.

Kubera ibura ry’amafaranga y’amahanga akoreshwa mu gutumiza ibicuruzwa mu mahanga, ubu ntiwapfa kubona umuti mu Burundi. Agasukari, lisansi na mazutu byo bibona umugabo bigasiba undi.

Ikibazo cy’ibintu nkenerwa mu buzima bwa buri munsi kandi gishobora kurushaho gukara mu Burundi, kuko abaturage bagobokwaga no gushakishiriza hakurya muri Kongo, none imipaka hafi ya yose ikaba yarigaruriwe na M23, umutwe udacana uwaka n’ubutegetsi bwa Ndayishimiye.

Aka gakunga k’Ababiligi, nubwo ari agatonyanga mu nyanja, gashobora gucubya uburakari bw’abaturage, bari batangiye kwereka Ndayishimiye ko barambiwe ubutegetsi bwe buhaza ibifu bya bamwe, abandi bicira isazi mu jisho.

Ibyo kuba iyi mfashanyo iherekejwe n’amabwiriza ya gikoloni, ntacyo bitwaye Ndayishimiye, kuko n’ubundi nta muco wo kwihesha agaciro asanganywe.

2025-02-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Icyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ku ijambo rya perezida Nkurunziza ko ataziyamamaza mu 2020

Burundi: Icyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ku ijambo rya perezida Nkurunziza ko ataziyamamaza mu 2020

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera

Ubwanditsi 09 May 2022
Perezida Kagame yasimbuye Museveni k’Ubuyobozi bwa  EAC

Perezida Kagame yasimbuye Museveni k’Ubuyobozi bwa EAC

Ubwanditsi 02 Feb 2019
Ese Komisiyo y’Amatora ikwiriye kwakira Kandidatire ya Diane Shima Rwigara ?

Ese Komisiyo y’Amatora ikwiriye kwakira Kandidatire ya Diane Shima Rwigara ?

Ubwanditsi 30 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Suzuma amafaranga uhawe ko atari amahimbano
Mu Mahanga

Suzuma amafaranga uhawe ko atari amahimbano

Ubwanditsi 11 Feb 2016
Perezida Kagame yasubije abibaza niba Coup d’Etat ishoboka mu Rwanda
Amakuru

Perezida Kagame yasubije abibaza niba Coup d’Etat ishoboka mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Jan 2022
Izindi ‘tracts’ nyinshi zafashwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo
ITOHOZA

Izindi ‘tracts’ nyinshi zafashwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo

Ubwanditsi 15 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru