• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha

Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha

Ubwanditsi 17 Oct 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Nk’uko Prof. Gregory H. Stanton, umuhanga mu mateka ya Jenoside yabivuze, guhakana no gupfobya  Jenoside, nicyo cyiciro cyayo cya nyuma . Muri iki cyiciro, abakoze Jenoside bagerageza uko bashoboye ngo bagoreke amateka bagahindura abarokotse Jenoside abicanyi, nk’aho aribo bayikoze. Bakoresha kandi urubyiruko rubakomokaho mu kugaragaza ko ababyeyi babo ari abere nta cyaha bakoze.

Abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nicyo cyiciro bagezeho. Urubyiruko rukomoka ku bajenosideri nk’urwibumbiye muri Jambo asbl, ubu rurakoreshwa amanywa n’ijoro ngo bagoreke amateka bagerageza kwerekana ko RPF yahagaritse Jenoside ariyo yayikoze. 

Ni amateshwa bagiye kumaramo imyaka 28, aho abajenosideri bose n’ababakomokaho barimo kurwana umuhenerezo ngo bagaragaze ko hanabaye Jenoside ebyiri, ariko ibimenyetso bikomeje kubabana ihurizo. 

Amategeko y’u Rwanda agaragaza ko guhakana Jenoside ari igikorwa icyo aricyo cyose gikozwe ku bushake kandi mu ruhame kigamije kuvuga cyangwa kugaragaza ko Jenoside atari Jenoside cyangwa se ko habayeho Jenoside ebyiri.

Gupfobya Jenoside byo ni imyitwarire iyo ariyo yose igambiriwe kandi igaragajwe mu ruhame mu buryo ubwo aribwo bwose, igamije kugabanya uburemere cyangwa ingaruka ya Jenoside no koroshya uburyo Jenoside yakozwemo.

Ngibi ibikorwa by’ubugome by’ abagize amashyirahamwe y’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nka Jambo Asbl yashinzwe na bene Mbonyumutwa,  FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire na Ndereyehe Charles, “IBUKA BOSE RENGERA BOSE” ya Jean Marie Vianney Ndagijimana, n’abandi benshi babundabunda i Burayi, bahora bavuga ko habayeho Jenoside ebyiri. 

Kugirango habeho Jenoside ni uko iba yujuje bya byiciro 10, nk’uko byagaragajwe na Prof. Gregory H. Stanton, birimo ko itegurwa kandi igashyirwa mu bikorwa na leta. 

Ngibi ibikorwa n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’ababakomokaho, inshuti zabo n’abandi bijanditse muri aya mahano. Byose babiterwa no n’ipfunwe ndetse n’ikimwaro bitewe n’ibyo bakoze cg byakozwe n’ababyeyi babo. 

Dore bamwe mu bajenosideri bakomeje kuburagizwa n’ikimwaro kubera ibyo bakoze ubwabo cg ibyakozwe n’ababyeyi babo, maze nabo bashinga ikirenge mu cyabo, barwana no kubatagatifuza 

JamboAsbl: Ni itsinda rikorera mu Bubiligi, ryashyiriweho guhaka na no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abarigize ni abana b’abasize bakoze Jenoside. Ni inyangabirama zibuzwa amahwemo n’ikimwaro zikomora ku byo ababyeyi babo bakoze, kuko banze kwakira mu mitima yabo ko icyaha ari gatozi maze bakomeza kugendera ku ngengabitekerezo y’ababyeyi babo. 

Benshi muri abo babyeyi-gito baracyakurikiranywe mu nkiko, mu gihe abandi bahamijwe ibyaha bakaba bari mu bihano bahawe n’inkiko. 

Mu bashinze bakanayobora ishyirahamwe Jambo asbl, twavugamo nka: KayumbaPlacide, Uyu niwe we wasigariyeho Ingabire Victoire mu kuyobora Parme hutu nshya ariyo FDU-Inkingi, ifitanye isano-muzi na FDLR y’abajenosideri ruharwa. Twavuga kandi abuzukuru ba Dominique Mbonyumutwa, aribo Ruhumuza Mbonyumutwa na Gustave Mbonyumutwa bakomoka kuri Shingiro Mbonyumutwa uherutse gupfira muri Luxembourg aho yari yarahungiye kubera uruhare muri muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Shingiro yari umuyobozi w’ibiro bya Yonani Kambanda, Minisitiri w’intebe wa Leta y’abajenosideri wanemeye ibyaha agakatirwa gufungwa burundu

Ndagijimana Jean Marie Vianey: Ni mwene Ntasangirwa na Ntamabyariro, akaba umujenosideri mu ngengabitekerezo ndetse n’umujura kabuhariwe. Nyuma yo kwiba amadolari y’Amerika 187,000$ yari ahawe ngo ajye gufungura ambasade z’urwanda muri Amerika, yahise atangiza amashyirahamwe atandukanye yo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. 

Marcel Sebatware: Uyu ni we wari kizigenza mu Bugarama mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko yari Umuyobozi Mukuru w’uruganda rukora sima, CIMERWA.

Nka muramu wa Jenerali Nsabimana Deogratias wari Umukuru wa État-major ya Ex-FAR yagize uruhare ruziguye n’urutaziguye mu gutsemba Abatutsi mu Bugarama ahahoze hitwa Perefegitura ya Cyangugu. Uyu mwicanyi yatangaga amakamyo ubundi yari agenewe gutwara sima, bakayapakiramo Abatutsi, akabajyana aho bagomba kwicirwa. 

Mpozembizi Jean Pierre wakomokaga muri Komini Rwerere, Perefegitura ya Gisenyi yari umuyobozi w’ibijyanye na tekinike akaba n’umuyobozi wa CDR muri CIMERWA, yari afite amakarikari ahambaye ashaka ko nta Mututsi ugomba gusigara muri Cyangugu.

Umuhungu we Mpozembizi Théophile akomeje kumusigarira mu cyimbo neza, agerageza kumuhanaguraho ibyaha byose, abinyujije mu guhakana no gupfobya Jenoside. 

Ntiwavuga Mpozembizi Théophile ngo wibagirwe inshuti banganya ubumara mu ngengebitekerezo, ariwe Rwalinda Pierre Célestin ukomoka mu Gakenke,  aho se umubyara Rukaza yamariye Abatutsi. 

Simpunga Aloys na Musabyimana Gaspard: Aba bo  bamaze kuba imizindaro kabuhariwe mu kumokera kuri youtube, bavugira benewabo nyamara nabo amaraso abajejeta ku ntoki batarayihanagura.

Charles Ndereyehe: Ni we wayoboye Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahohoze ari ISAR. Uyu mugome uri gushyira hamwe na ba Niyibizi Michael n’abandi nka Bucyeye Joseph mu guhembera urwango bifashishije kugoreka amateka, ni we wahamagaye Interahamwe mu 1994 ziza kwica abakozi barenga 100 bakoreraga ISAR yari ayoboye, zibicana n’abo mu miryango yabo bari bahahungiye ku buryo yashyizeho igihembo cy’ibihumbi 10, ku nterahamwe izica Abatutsi benshi. 

Wenceslas  Munyeshyaka: Ni ingirwa-mupadiri wanywanye na Sekibi, akaba akidegembya mu Bufaransa, nubwo mu mwaka ushize yirukanywe mu gipadiri nyuma yo gusanga afite umwana. Uyu niwe wayoboye ibikorwa byo kwica Abatutsi muri Paruwasi ya Sainte Famille. Yarishe anafata ku ngufu abagore n’abakobwa nk’uko hari n’ababitanzemo ubuhamya.

Abo bose rero nibo bakomeje umugambi utazabahira wo gupfobya no guhakana Jenocide yakorewe Abatutsi, ndetse banashyizeho umunsi wabo ngo wo kwibuka icyo bise Jenoside yakorewe Abahutu. Burya akaga ni ukubona ikirura cyakuririye umwana kikurusha uburakiri. Bamenye neza ko isi yose yamenye ibyabaye mu Rwanda n’uruhare bose bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi kandi amaherezo bazabiryozwa. 

Amaraso arasama.

2022-10-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abayobozi b’ibigo by’amashuri bane bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 50

Abayobozi b’ibigo by’amashuri bane bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 50

Ubwanditsi 11 Jan 2017
Soma Useke

Soma Useke

Ubwanditsi 04 Oct 2016
U Rwanda rubaye umufatanyabikorwa wa mbere w’ikipe ya Arsenal mu bukerarugendo

U Rwanda rubaye umufatanyabikorwa wa mbere w’ikipe ya Arsenal mu bukerarugendo

Ubwanditsi 23 May 2018
Rwamagana: Polisi yafashe abagabo babiri basabaga abaturage amafaranga biyitirira akazi badakora

Rwamagana: Polisi yafashe abagabo babiri basabaga abaturage amafaranga biyitirira akazi badakora

Ubwanditsi 26 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bamwe mu banyeshuri barangije muri Kaminuza ya Kigali bararira ayo kwarika nyuma yaho batagaragariye ku rutonde rw’abahawe Impamyabumenyi.
Mu Rwanda

Bamwe mu banyeshuri barangije muri Kaminuza ya Kigali bararira ayo kwarika nyuma yaho batagaragariye ku rutonde rw’abahawe Impamyabumenyi.

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25
INKURU NYAMUKURU

Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25

Ubwanditsi 27 Nov 2018
Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu
Amakuru

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Ubwanditsi 03 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru