• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi

Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi

Ubwanditsi 14 Jan 2017 ITOHOZA

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside mu Rwanda (CNLG) Iherutse kubwira Abasenateri ko hari abantu usanga barakatiwe n’Inkiko Gacaca, badafunzwe, usanga bari imbere mu gihugu.

Ubwo Komisiyo ya Politiki n’imiyoborere myiza mu Inteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena, yasesenguraga raporo ya CNLG y’umwaka wa 2015/2016, inareba iteganyabikorwa ryayo rya 2016/2017; yasabye ko hagira igikorwa bagakurikiranwa, dore ko ngo usanga baratuye utabatandukanya n’abandi cyangwa biyita ko bagiye gupagasa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascene , yanavuze ko mu makuru bagiye bahabwa n’uturere byagaragaye ko abo bantu bakunze no guteza umutekano muke aho baba barimukiye.

Byongeye ngo bava mu karere kamwe bakanjya mu kandi, kandi nyamara bashakishwa n’inzego z’ubushinjacyaha. Bityo Dr Bizimana abwira abasenateri ko ari ibyo kwitabwaho.

Yagize ati “Mwazabiganiraho mukareba icyakorwa kuko usanga niba abantu barakoreye Jenoside mu turere twa Nyanza, Ruhango, Nyaruguru, Muhanga, Musanze bahungira mu turere twa Gatsibo na Nyagatare bajya kwishakirayo amasambu, baragenda bagatura nk’abandi baturage bibera aho ngaho, iyo bamenyeko bari gushakishwa barambuka bakigira muri Uganda, kandi tuganira n’abayobozi b’Akarere ka Gatsibo batubwiye ko usanga abo bantu bitwa abimukira ari bo usanga bateza umutekano muke kubera n’urwo ruhare baba baragize muri Jenoside.”

Senateri Kalimba Zephrin umwe mu bagize Komisiyo ya Politiki n’imiyoborere myiza muri Sena yunze mu rya Bizimana avuga ko hagakwiye kugira igikorwa, gusa avuga ko hakwiye kubaho ubufatanye hagati ya CNLG n’uturere kugira ngo abo bantu babashe gukurikiranwa .

Yagize ati “ Ese mukorana mute n’uturere kugira ngo mubashe gufata abo bantu usanga bihisha hirya no hino mu gihugu?”

Nubwo Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG avuga ko batazi neza umubare w’abamaze gutoroka, avuga ko amakuru bahabwa n’abantu batandunye bababwira ko abashakishwaga hari aho bababonye.

Dr Bizimana yagize ati “Hari igihe uganira n’umuturage akakubwira ati wa muntu mwakatiye muri Gacaca, yibereye Nyagatare, yibereye i Gatsibo, aratuye ameze neza, abantu bamufata nk’umuturage usanzwe.”

Muri iyo raporo y’ibikorwa CNLG yanagaragaje aho gahunda yo kubika Dosiye za Gacaca mu buryo bw’ikoranabuhanga zigeze, avuga ko kugeza ubu izigera kuri miliyoni 10 zamaze kubikwa, mu gihe bateganya ko bitarenze mu mwaka wa 2018 izigera kuri miliyoni 60 zigomba kubikwa zose zizaba zararangiye.

-5386.jpg

Dr. Bizimana JD

2017-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we

Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Uganda : Imvuru zadukiriye  Umujyi  wa Kasese

Uganda : Imvuru zadukiriye Umujyi wa Kasese

Ubwanditsi 28 Nov 2016
Amavugurura atunguranye mu gisilikare cya Musevani

Amavugurura atunguranye mu gisilikare cya Musevani

Ubwanditsi 10 Jan 2017
Kayumba Nyamwasa yasabye ubuhungiro mu gihugu cy’ Ubufaransa

Kayumba Nyamwasa yasabye ubuhungiro mu gihugu cy’ Ubufaransa

Ubwanditsi 24 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame yaganiriye na Magufuli ku bucuruzi, ubuhahirane na politiki
POLITIKI

Kagame yaganiriye na Magufuli ku bucuruzi, ubuhahirane na politiki

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Uganda yegukanye CECAFA U18 2023, u Rwanda rutahana umwanya wa Kane mu irushanwa ryaberaga muri Kenya
Amakuru

Uganda yegukanye CECAFA U18 2023, u Rwanda rutahana umwanya wa Kane mu irushanwa ryaberaga muri Kenya

Ubwanditsi 08 Dec 2023
Ivan Minnaert yagaruye Mbondi muri 11 bagiye guhangana na Costa do Sol
IMIKINO

Ivan Minnaert yagaruye Mbondi muri 11 bagiye guhangana na Costa do Sol

Ubwanditsi 18 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru