• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rurageretse hagati ya IBUKA na Musenyeri Mbonyintege bapfa Perraudin

Rurageretse hagati ya IBUKA na Musenyeri Mbonyintege bapfa Perraudin

Ubwanditsi 25 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida w’Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu (IBUKA), Prof. Dusingizemungu Jean Pierre, yasabye ko hitabazwa amategeko ku magambo Umushumba wa Diyosize ya Kabgayi, Musenyeri Smaragde Mbonyintege, aherutse kuvuga ku ruhare rwa Kiliziya Gatolika mu mateka mabi y’u Rwanda.

Ku wa 02 Kamena 2018 ubwo hibukwaga Abatutsi biciwe i Kabgayi n’abahavanywe bakajya kwicirwa kuri Nyabarongo n’ahandi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Jean Damascène Bizimana, yavuze ko abayobozi ba Kiliziya Gatolika by’umwihariko i Kabgayi bagize uruhare mu gushishikariza abahutu kwanga abatutsi kugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

By’umwihariko Bizimana yagarutse ku ruhare rwa Musenyeri André Perraudin wayoboye Diyosezi ya Kabgayi kuva mu 1959 kugeza mu 1989, avuga ko yafashije cyane Grégoire Kayibanda mu bikorwa birimo gushishikariza abahutu kwanga abatutsi biciye mu nyandiko zirimo Manifesto y’Abahutu.

Yagize ati “Gutandukanya ingengabitekerezo ya Jenoside yakwiriye u Rwanda na Kabgayi ntibishoboka kuko niho yatangiriye itangijwe n’aba nababwiye. Kayibanda […] yagize uruhare mu kuyikwiza akoresheje imyanya yagiye abona.”

Nyuma Musenyeri Mbonyintege yatangarije Radio BBC ko hari bimwe mu byavuzwe na Bizimana bitari ukuri. Yavuze ko nta na kimwe kigaragaza ko Musenyeri Perraudin yafashije Kayibanda kwandika inyandiko zishishikariza abahutu kwanga abatutsi, icyakora avuga ko agaya kuba ntacyo yakoze ku byaberaga mu gihugu.

Ati “Nta kigaragaza na kimwe ko Perraudin ari we wanditse manifeste ya Parmehutu kuko Kayibanda yamurushaga kwandika kandi Perraudin yahoraga afite ubwigengesere ko atumva umuco wa Kinyarwanda. Gusa icyo wenda ntashima ni uko atigeze agaragaza ko atabishyigikiye.”

Musenyeri Mbonyintege yavuze ko hari abandi bihayimana batajya bibukwa kandi baragaragaje ubutwari bwo kurokora abo bari bashinzwe bakanabizira.

Kuri iki Cyumweru tariki 24 Kamena 2018 ubwo hashyingurwaga imibiri 359 y’abatutsi bajugunywe mu myobo ine i Ndera, Perezida wa Ibuka, Prof Dusingizemungu Jean Pierre, yavuze ko ibyavuzwe na Musenyeri Smaragde ari ukugoreka amateka.

Yagize ati “Reka ngaruke kuri Dr Bizimana. Ejo bundi wigeze gukoma rutenderi, induru ziba ziravuze. Ibyo wavugaga ku mateka i Kabgayi, udusobanurira neza, ubereka ubushakashatsi wakoze, ibimenyetso bigaragara wakoreye ubushakashatsi kuri Musenyeri Perraudin.”

“Umaze kubivuga n’uburyo yafashije Parmehutu kubaka iriya ngengabitekerezo yagejeje no kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barakwanjamye rero, mu binyamakuru, ku maradiyo mpuzamahanga […] Hari abantu bakomeye bwakwandagaje kugira ngo uko kuri ufite uguceceke.”

Prof Dusingizemungu yavuze ko abarwanya uruhare rwa Kiliziya Gatolika mu mateka mabi y’u Rwanda ari abashaka kuyagoreka.

Kuri iki kibazo, yavuze ko hakwiye kwitabazwa amategeko ku bahakanye ibyavuzwe na Dr Bizimana i Kabgayi.

Ati “Muri uko gutekereza uburyo inzira y’ubumwe n’ubwiyunge yakomeza kwiyubaka n’abakubuza kuvuga ukuri nabo baba bakwiye kwegerwa noneho abazi amategeko bakanabereka uko amategeko yanditse.”

“Ejo bundi nasomye amategeko nasanze abantu batanze ikirego cyakwakirwa ariko kuri kwa kugendera ku magi hari igihe abantu bavuga bati ariko, urabizi n’ibindi, dore uko ibintu biba bimeze […] izo za dore rero nazo ni uburyo bwo kugendera ku magi ugasanga rimwe na rimwe bidafasha muri uru rugendo ari naho nsaba ko habaho uburyo bwo kongera gutekereza ku buryo dukoresha hato ngo tudakoma rutenderi kandi wenda bitwicira muri uru rugendo.”

Mu gitabo Padiri Rudakemwa Fortunatus yise ‘L’Evangilisation du Rwanda (1900-1959)’ kivuga ku ruhare rwa Kiliziya mu mateka y’u Rwanda, yavuzemo ko ubwo Umwami Mutara III Rudahigwa yatangaga, Musenyeri Perraudin yabyishimiye, akanatangaza amagambo aryanisha amoko.

Igitabo kivuga ko yagize ati “Kayibanda ni Dawidi w’i Kabgayi naho umwami Rudahigwa ni Goliyati w’i Nyanza”.

Muri Werurwe 2017, Perezida Paul Kagame yahuye na Papa Francis i Vatikani, Papa asaba imbabazi ku bw’abayoboke n’abakozi ba Kiliziya Gatolika bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

2018-06-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2022
Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Ubwanditsi 15 Feb 2023
Ibya RNC bikomeje kuba  agatereranzamba, Jean Paul Turayishimye ati “Kayumba vana ibyo aho uvuge aho washyize Ben Rutabana”

Ibya RNC bikomeje kuba agatereranzamba, Jean Paul Turayishimye ati “Kayumba vana ibyo aho uvuge aho washyize Ben Rutabana”

Ubwanditsi 31 Dec 2019
Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame

Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Jun 2018

4 Ibitekerezo

  1. Gruec
    June 25, 20185:43 pm -

    Ni Ibuka se cyangwa ni hagati ya Prof. DUSINGIZEMUNGU Jean Pierre ubwe na Musenyeri? Nibasigeho kudusubiza inyuma mu mateka. I buka bayishyire kuruhande , ubundi tubahe ingabo za ba se.

    Subiza
  2. Oswald Ruakshaza
    June 26, 20189:49 am -

    Ibi ntibyari bikwiye kuturangaza yuko ari urucabana! Mgr Mbonyintege yakurikiranye ibyabaye mu Rwanda naho abandi nka Bizimana baravuga ngo ibyo bashakishije! Umuti mbona aruko inyungu z’abacitsekwicumu zakurikiranywa n’abacikacumu bazi amateka yabo, ntibabareke abaje kubasopanya biyita abashakashatsi!

    Subiza
  3. Intareyakanwa
    June 26, 201812:08 pm -

    Njye uko mbona iki kibazo , si ikibazo cya Ibuka ahubwo ni ikibazo( bifu) iri hagati y’umuyobozi wa Ibuka( DUSINGIZEMUNGU Jean Damascene ubwe ku giti cye) na Mgr Mbonyintege .

    Ikindi mbona ni muri iyi netruro” “Kayibanda ni Dawidi w’i Kabgayi naho umwami Rudahigwa ni Goliyati w’i Nyanza”.Aha twakwibaza niba iyo havugwaga KAYIBANDA Gregoire harumvikanaga Ubwoko bw’abahutu cg havugwa Umwami Rudahigwa hakumvikana abatutsi?

    Ikindi rwose tuzi twese neza ko ibyitwaga bya SHIKU ndetse n’ibindi byakorerwaga abanyarwanda bose ntawuvanguye bitarakorwaga n’abami akaba ari naho wasanga Mgr Peraudin yakuriye avuga atyo.

    Njyewe njya ndeba nkanibaza aho iyi nkundura ndetse no kuryanisha abanyarwanda ikomeza kugenda yiyongera bikorwa na bamwe biyita abanyabwenge,mu byukuri ari abo kubiba no kubika inzigo n’inzangano mu banyarwanda , bityo nkaba nsanga aba bose ntacyo bamariye sosiyeti nyarwanda ndetse n’abo byitwa ko barebera inyungu zabo kuko akenshi usanga 95% zibyo bavuga ko baharanira ari inyungu zabo bwite.

    Subiza
  4. niyogihozo
    June 27, 20189:53 am -

    Ariko dusingizemungu yumva ikibazo ari Peraudin wanapfuye? Ikibazo numva kuri we cyakabaye abacitse ku icumu babayeho bate? Ubutabera ku bazize jenocide byo… mbona ari () kuko ababacocaguje imipanga n’impiri ubu barabyinira ku mva zabo…. ni ukubuharira Imana. Abantu badufashe bagabanye amagambo no gushakira ibibazo aho bitari. Ubundi se Perraudin azazuka ahanwe cyangwa yikosore?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubutumwa AREF yageneye Abarimu bose bakoresha ururimi rw’igifaransa mu Rwanda.
INKURU NYAMUKURU

Ubutumwa AREF yageneye Abarimu bose bakoresha ururimi rw’igifaransa mu Rwanda.

Ubwanditsi 31 Mar 2019
Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame
UBUKUNGU

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Neymar Jr akomeje kwibasirwa n’abafana bamuziza kuvuga ko afasha Mbape.
IMIKINO

Neymar Jr akomeje kwibasirwa n’abafana bamuziza kuvuga ko afasha Mbape.

Ubwanditsi 23 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru