• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Ndikumana Katauti

Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Ndikumana Katauti

Ubwanditsi 15 Nov 2017 Mu Rwanda

Mu muhango wo gushyingura Ndikumana Hamadi Katauti wapfuye urupfu rutunguranye mu ijoro ryo kuwa Kabiri rishyira kuwa Gatatu,uwahoze ari umugore we Oprah Uwoya ntiyawugaragayemo kuko atari yageze mu Rwanda nk’uko byari byanditswe mu bitangazamakuru.Uyu mugore yakoreye ikiriyo iwe mu rugo rwe muri Tanzaniya aho yari kumwe n’inshuti ze zari zaje kumufata mu mugongo.

Umuhango wo guherekeza Katauti witabiriwe n’abatu benshi bo mu ngeri zitandukanye barimo abakinnyi ba Rayon Sports, abayobozi bayo n’abafana bayo, abakunzi b’umupira w’amaguru muri rusange, abakinanye na Katauti n’abandi bahujwe mu buryo butandukanye n’umupira w’amaguru.

Ikinyamakuru Global Publishers cyandikira muri Tanzania cyatangaje amakuru y’uko Oprah Owoya yakoreye ikiriyo iwe mu rugo ruherereye mu gace ka Sinza-Mori jijini mu mujyi wa Dar es Salaam ndetse inshuti ze ziganjemo abo bakinana amafilimi bakaba baraje kumufata mu mugongo.

Uretse Uwoya utaritabiriye umuhango wo gushyingura Ndikumana Katauti wahoze ari umugabo we, nta n’undi wo mu muryango we waje mu Rwanda, aho batangarije iki kinyamakuru Global Publishers cyari cyamusuye mu rugo rwe ko impamvu bataje mu Rwanda ari uko bari bategereje Se wa Uwoya uteri uhari kugira ngo ahagere bajye banoza umugambi wo kuza mu Rwanda.

Kugeza magingo aya ariko Oprah Owoya ntaragira byinshi atangaza ku rupfu rwa Ndikumana Hamad Katauti wahoze ari umugabo we bakanabyarana umwana umwe w’umuhungu, n’ubwo hari amakuru ari gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye avuga ko uru rupfu ntacyo rwamubwiye.

Mu muhango wo gusezera Katauti wabereye i Nyamirambo waranzwe n’agahinda aho abantu benshi basutse amarira agaragaza agahinda batewe n’urupfu rwe. Hatanzwe ubuhamya bw’uburyo yapfuye bitunguranye, nta burwayi bizwi yari afite ndetse nta n’ikibazo yabanje kugaragaza mbere, cyane ko yapfuye avuye gukoresha abakinnyi ba Rayon Sports imyitozo.

 

Oprah Uwoya ntiyaje mu Rwanda gushyingura Katauti, ikiriyo yagikoreye iwe. 

Ndikumana Katauti atabarutse afite imyaka 37 y’amavuko, yari amaze igihe gito atandukanye na Irene Uwoya, n’ubwo bari batarabona gatanya ishimangira bya nyabyo ko umwe atakiri umugore cyangwa umugabo w’undi.

 

2017-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC

Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC

Ubwanditsi 28 May 2021
Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame

Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mwiseneza ku isonga mu majwi y’ibanze y’abahataniye Miss Rwanda 2019
HIRYA NO HINO

Mwiseneza ku isonga mu majwi y’ibanze y’abahataniye Miss Rwanda 2019

Ubwanditsi 20 Jan 2019
Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo
Mu Mahanga

Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Twagiramungu ashobora gutabwa muri yombi mu Bubiligi
ITOHOZA

Twagiramungu ashobora gutabwa muri yombi mu Bubiligi

Ubwanditsi 22 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru