• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30/06/2017

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30/06/2017

Ubwanditsi 01 Jul 2017 Mu Rwanda

Ku wa Gatanu, tariki ya 30 Kamena 2017, Inama y’Abaminisitiri Idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME.

Inama y’Abaminisitiri yatangiye yifuriza Nyakubahwa Perezida wa Repubulika n’Abanyarwanda bose Isabukuru nziza y’Umunsi wo Kwibohora uzizihizwa kuwa kabiri tariki ya 04 Nyakanga 2017.

I. Inama y’Abaminisitiri yemeje Imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 26 Gicurasi 2017 n’iyo kuwa 06 Kamena 2017.

II.Inama y’Abaminisitiri yagejejweho aho ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zo kuvugurura Urwego rw’Inganda zitunganya Imyenda, Impu n’Ibizikomokaho rigeze, isaba ko rikomeza kwihutishwa.

III. Inama y’Abaminisitiri yemeje:

1.Ishyirwaho ry’Ikigega cyo gutera inkunga imishinga y’ubwubatsi bw’amacumbi aciriritse (Affordable Housing Fund);

2. Ishyirwaho ry’Urwego rushinzwe gucunga amasosiyete ya Leta akora ibikorwa by’ubucuruzi (Agaciro Investment Holding Company);

3. Amasezerano avuguruye y’Ubufatanye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na Sosiyete Tinco Investments Ltd no kwimurira muri Ngali Mining Company imigabane Guverinoma y’u Rwanda yari ifite muri Rutongo Mines Ltd;

4.Amasezerano ajyanye n’Umushinga wo gutera icyayi no kubaka uruganda rw’Icyayi mu Rugabano, mu Karere ka Karongi;

5. Ibyemezo bya Komite Nyobozi y’Ubufatanye hagati ya Leta n’Abikorera bijyanye no gukoresha Sosiyete Abbott nk’Umufatanyabikorwa wigenga mu mushinga wo gucunga no kwita kuri za Laboratwari zose za Minisiteri y’Ubuzima, kubaka no gucunga Ikigo cy’icyitegererezo gisuzuma indwara;

6. Amasezerano y’Ubufatanye hagati ya Leta y’u Rwanda n’Abikorera yerekeranye n’Umushinga wo kubaka no gucunga Ikibuga cy’Indege cya Bugesera.

IV. Inama y’Abaminisitiri yemereye impushya amasosiyete 28 mashya akora ubucukuzi bwa mine na kariyeri mu Rwanda, zasabwe kuva muri Nyakanga 2016 kugeza muri Gicurasi 2017.

V. Inama y’Abaminisitiri yemeje Imishinga y’Amategeko ikurikira:

1. Umushinga w’Itegeko rigena inkomoko y’imari n’umutungo by’Inzego z’ibanze;

2. Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’inguzanyo yashyiriweho umukono I Ahmedabad, mu Buhinde, kuwa 24 Gicurasi 2017, hagati ya Repubulika y’u Rwanda na Banki y’Ubuhindi bw’Ibyinjira n’Ibisohoka mu Gihugu, yerekeranye n’inguzanyo ingana na Miliyoni Mirongo Inani n’Imwe z’Amadolari y’Abanyamerika (81.000.000 USD) agenewe gushyiraho ibigo icumi byigisha ubumenyingiro n’ibigo bine bifasha ubucuruzi bugitangira mu Rwanda;

3. Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’inguzanyo yashyiriweho umukono i Kigali, mu Rwanda, kuwa 05 Kamena 2017, hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’Ikigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere (IDA), yerekeranye n’inguzanyo ingana na Miliyoni Mirongo Irindwi n’Eshanu n’Ibihumbi Magana Cyenda z’Ama Yero (75,900,000 EUR) agenewe gahunda y’ubwikorezi mu Kiyaga cya Victoria – Umushinga w’u Rwanda.

VI. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amateka akurikira:

1. Iteka rya Perezida rigena insimburamubyizi n’ibindi bigenerwa Abagize Inama y’Ubuyobozi ya Banki Nkuru y’u Rwanda;

2. Iteka rya Perezida ryimurira IP Yusuf TWAMUGABO muri Minisiteri y’Ubutabera, ku mwanya wa Internal Security Analysis Specialist;

3.Iteka rya Perezida ryirukana burundu ba Ofisiye ba Polisi 17 kubera ibyaha n’amakosa binyuranye byabahamye, amategeko ahanisha kwirukanwa burundu;

4.Iteka rya Minisitiri ryirukana burundu ba Su –Ofisiye ba Polisi na Polisi Constantables 73.

5. Iteka rya Minisitiri risezerera ba Su-Ofisiye 18 ba Polisi kubera impamvu z’uburwayi bunyuranye;

6. Iteka rya Minisitiri rizamura mu ntera ba Su-Ofisiye ba Polisi n’Abapolisi bato 2107;

7. Iteka rya Minisitiri rizamura mu ipeti by’umwihariko (Special Promotion) ba Su-Ofisiye ba Polisi n’Abapolisi bato 187;

8. Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryimurira SIP UWANTEGE Jeanne Chantal muri Ministeri y’Ubutabera, ku mwanya wa Correctional Services Policy and Strategy Specialist;

9. Iteka rya Minisitiri w’Intebe ritanga ubutaka buri mu mutungo bwite wa Leta bungana na hegitari 7, buherereye mu Midugudu ya Gitarama na Byimana, Akagari ka Karama, Umurenge wa Kanombe, Akarere ka Kicukiro, bugahabwa Umushoramari GC Investments Ltd, mu rwego rw’ishoramari;

10.Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena inshingano, imbonerahamwe y’imyanya y’imirimo, imishahara n’ibindi bigenerwa abakozi ba Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA);

11.Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena inshingano, imbonerahamwe y’imyanya y’imirimo, imishahara n’ibindi bigenerwa abakozi ba Minisiteri y’Ingabo (MINADEF);

12.Iteka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho imbonerahamwe y’imyanya y’imirimo, imishahara n’ibindi bigenerwa abakozi b’Ikigo Gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda (RMB);

13.Iteka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho imbonerahamwe y’imyanya y’imirimo, imishahara n’ibindi bigenerwa abakozi b’Ikigo Gishinzwe Gucunga no Guteza imbere Amazi n’Amashyamba mu Rwanda (RWFA);

14.Iteka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho Imbonerahamwe y’imyanya y’imirimo, imishahara n’ibindi bigenerwa abakozi b’Ikigo Gishinzwe Imicungire n’Imikoreshereze y’Ubutaka mu Rwanda (RLMUA);

15.Iteka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho imbonerahamwe y’imyanya y’imirimo, imishahara n’ibindi bigenerwa abakozi b’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza imbere Imiturire (RHA);

16.Iteka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho imbonerahamwe y’imyanya y’imirimo, imishahara n’ibindi bigenerwa abakozi b’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiyoborere (RGB);

17.Iteka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho inshingano, imiterere n’imikorere bya Komite Mpuzabikorwa y’Igihugu ishinzwe gushakisha no gutabara mu byerekeye impanuka z’indege;

18.Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena Urwego rureberera Ikigo Gishinzwe Imicungire n’Imikoreshereze y’Ubutaka mu Rwanda;

19.Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena Urwego rureberera Ikigo Gishinzwe Gucunga no Guteza imbere Amazi n’Amashyamba mu Rwanda;

20.Iteka rya Minisitiri rigena uburyo bwo kwinjiza ikimera cyangwa ikigikomokaho ku mpamvu z’ubumenyi n’ubushakashatsi n’uburyo bwo kugenzura ikimera cyangwa ikigikomokaho n’imiterere y’icyemezo cy’ubuziranenge;

21.Iteka rya Minisitiri rigena urutonde rw’ibimera cyangwa ibibikomokaho bidakenera uruhushya cyangwa icyemezo cy’ubuziranenge ngo byinjire mu Gihugu;

22.Iteka rya Minisitiri rigena uburyo n’ibihe byo gufatira ikintu gitwaye ibintu no gufatira ingamba ibimera, ibikomoka ku bimera n’ibintu bibika cyangwa bikwirakwiza indwara byinjijwe mu Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko;

VII. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amabwiriza ya Minisitiri w’Intebe ashyiraho Komite Mpuzabikorwa y’Urwego rw’Imari akanagena imiterere, inshingano n’imikorere byayo.

VIII. Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya Abayobozi mu Nzego za Leta zitandukanye ku buryo bukurikira:

a. Mu Rwego rw’Umuvunyi
Madamu CYANZAYIRE Aloysia: Umuvunyi Mukuru, yongerewe manda.

b. Mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco
Bwana BOSENIBAMWE Aimé: Umuyobozi Mukuru (Director General).

c. Muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi/MINECOFIN
1. Bwana KALINDA Charles: Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ishoramari ku rwego rw’Igihugu no kugenzura Ireme ry’Imishinga/Director of National Investment and Project Quality Assurance Unit;

2. Bwana KAYIJUKA Moses: Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Isoko ry’Imigabane n’Uburyo bw’Ishoramari/Director of Capital Markets and Investment Schemes Unit;

3. Madamu NTEZIRYAYO RUSINE Stella: Umuyobozi w’Ishami rishinzwe gukurikirana imyenda/Director of Debt Unit.

d. Muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo/MIFOTRA
Bwana MBERABAGABO Fabien: Umuyobozi w’Ishami ry’Amategeko/Director of Legal Affairs Unit.

IX. Mu Bindi:

a) Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko:
Kuva ku itariki ya 19 kugeza ku ya 21 Nyakanga 2017, u Rwanda ruzakira Inkera y’Imihigo 2017 ku rwego rwa Afurika/YouthConnekt Africa Summit, 2017.

Ku itariki ya 3 Nyakanga 2017, Urubyiruko rw’u Rwanda ruzizihiza Umunsi Mukuru wo Kubohora u Rwanda byakozwe n’Ingabo zahoze ari iza RPA ziyobowe na Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda. Iki gikorwa ngarukamwaka kizahuza Urubyiruko ruzava mu Gihugu hose mu rwego rwo kuzirikana uko u Rwanda rwabohowe no kwiyemeza kurinda ibyagezweho. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ni: “Rubyiruko, Dukomeze Kwibohora Twimakaza Imiyoborere Myiza.”

b)Minisitiri ushinzwe Imicungire y’Impunzi n’Ibiza yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ibyabereye mu nama y’Ubufatanye ku byerekeye impunzi yagiyemo yabereye i Kampala, muri Uganda kuva ku itariki ya 22 kugeza ku ya 23 Kamena 2017.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Minisiteri Ishinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri

2017-07-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

René Rutagungira wasezerewe mu ngabo z’u Rwanda afite ipeti rya sergeant, yashimutiwe Kampala

René Rutagungira wasezerewe mu ngabo z’u Rwanda afite ipeti rya sergeant, yashimutiwe Kampala

Ubwanditsi 10 Aug 2017
Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi

Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi

Ubwanditsi 22 Mar 2022
Abahoze muri FDLR birukanwe muri Congo bakomeje gutaha mu Rwanda

Abahoze muri FDLR birukanwe muri Congo bakomeje gutaha mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Nov 2018
Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa  Ubwishigizi mu Rwanda

Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa Ubwishigizi mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sudani y’Epfo: Perezida Kiir na Riek Machar bashyizeho Guverinoma ihuriweho
POLITIKI

Sudani y’Epfo: Perezida Kiir na Riek Machar bashyizeho Guverinoma ihuriweho

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Uko u Rwanda rwahishuye  Umugambi  w’Ubugambanyi rukikura  mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu  [ Yavuguruwe ]
Mu Mahanga

Uko u Rwanda rwahishuye Umugambi w’Ubugambanyi rukikura mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Umutoni Gatsinzi Nadine yasimbuye Kamanzi Jackline wari  umaze iminsi 41 ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango
Mu Mahanga

Umutoni Gatsinzi Nadine yasimbuye Kamanzi Jackline wari umaze iminsi 41 ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango

Ubwanditsi 03 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru