• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amafoto – Abarimo Sefu, PaPlay na Madjaliwa batangiye imyitozo muri Rayon Sports yitegura kwakira myugariro Omar Gnign wo muri Senegal

Amafoto – Abarimo Sefu, PaPlay na Madjaliwa batangiye imyitozo muri Rayon Sports yitegura kwakira myugariro Omar Gnign wo muri Senegal

Ubwanditsi 06 Jul 2024 Amakuru, IMIKINO

Rayon Sports yatangiye kwitegura umwaka w’imikino wa 2024/25 yitabiriwe n’abakinnyi 20 bagaragayemo batandatu bashya batarimo Omborenga Fitina wari utegerejwe na benshi.

Iyi myitozo yabaye ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki 5 Nyakanga 2024 mu Nzove iyoborwa n’Umutoza Rwaka Claude usanzwe utoza Ikipe y’Abagore.

Abakinnyi bashya bakoze imyitozo barimo Rukundo Abdul Rahman, Niyonzima Olivier ‘Seif’, umunyezamu Ndikuriyo Patient, Ndayishimiye Richard, Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange’ ndetse na Ishimwe Fiston wahoze muri AS Kigali utarasinya amasezerano.

Abasanzwe bakoze barangajwe imbere na Aruna Majaliwa, umunyezamu Khadim Ndiaye, Serumogo Ally, Iraguha Hadji, Iradukunda Pascal, Ganijuru Elie, Bugingo Hakim na Kanamugire Roger. Ni mu gihe abandi ari abana bato iyi kipe yazamuye.

Umukinnyi mushya Gikundiro yakuye mu Amagaju, Rukundo Abdul Rahman wishimiwe n’abafana yatangaje ko yisjimiye kuba mu ikipe ikomeye ndetse ko bazitwara neza uyu mwaka.

Ati “Turashaka ko uyu mwaka dukora ikintu gikomeye kuko turi ikipe nziza. Rayon Sports ni ikipe ikomeye izwi muri Afurika rero turifuza kugera ku ntego yacu nkuru yo gutwara igikombe.”

Niyonzima Olivier ‘Seif’ wasubiye muri Murera yatangaje ko intego ari ukwegukana Igikombe cya Shampiyona nk’ibisanzwe.

Ati “Nijeje abafana ba Rayon sports ko nzashyiramo imbaraga zanjye zose kugirango igire aho igera ari nako nanjye nifasha muri rusange kuzamura urwego rwanjye.”

Ubuyobozi bwa Rayon Sports butangaza ko abakinnyi batabonetse barimo Omborenga Fitina, Muhire Kevin, Nsabimana Aimable na Rudasingwa Prince bazakorana n’abandi imyitozo guhera mu mpera z’iki cyumweru.

Gikundiro itarava ku isoko itangaza ko ikomeje kwiyubaka bityo abakunzi bayo bakomeza kwitega amasura mashya kuko yamaze kwemeza ko yasinyishije umunya Senegal Omar Gnign ukina yugarira. 

Nyuma yo kugira umwaka w’imikino mubi ushize, iyi kipe yahize kongera kwegukana Igikombe cya Shampiyona iheruka mu myaka itanu ishize.

2024-07-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyumvire ipfuye : Lantos Foundation yibwira ko umubano hagati y’ u Rwanda, Ubwongereza na Amerika ushingiye ku ifungwa cyangwa ifungurwa rya Paul Rusesabagina

Imyumvire ipfuye : Lantos Foundation yibwira ko umubano hagati y’ u Rwanda, Ubwongereza na Amerika ushingiye ku ifungwa cyangwa ifungurwa rya Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 13 Sep 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

Ubwanditsi 09 Sep 2021
U Rwanda rwongeye gusubira inyuma ku rutonde rwa FIFA

U Rwanda rwongeye gusubira inyuma ku rutonde rwa FIFA

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore

Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore

Ubwanditsi 25 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho
INKURU NYAMUKURU

Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Uganda: Gen Kale Kayihura ashobora gushinjwa ibyaha birimo ubwicanyi, gushimuta, ubutasi n’ubugambanyi
ITOHOZA

Uganda: Gen Kale Kayihura ashobora gushinjwa ibyaha birimo ubwicanyi, gushimuta, ubutasi n’ubugambanyi

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka!
MULTIMEDIA

Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka!

Ubwanditsi 29 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru