• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo

Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo

RUSHYASHYA 09 Jun 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 8 Kamena 2026, Uruganda rwa Skol rwari rumaze imyaka 12 ari umuterankunga mukuru wa Rayon Sports rwavuze ko iyi mikoranire yagannye ku musozo nyuma yo kurangira kw’amasezerano, hacibwa amarenga y’imikoranire mishya iri gutegurwa.

Ibi uru ruganda rwabitangarije mu itangazo rigenewe itangazamakuru rwashyize hanze mu ijoro ryo ku wa 7 Kamena 2026, aho rwavuze ko amasezerano yo kuba umuterankunga mukuru wa Rayon Sports yatangiye muri Gicurasi 2014 yagannye ku musozo cyakoze ko imikoranire yo itarangiye ahubwo bashobora gukorana mu bundi buryo.

Muri iyi baruwa, uru ruganda rwavuze ko rwishimira imikoranire yaranze impande zombi mu myaka 12 bari bamaranye ndetse ko rufite ikizere cyo gukomeza gukorana n’ikipe ya Rayon Sports ibisobanuye impande zombi zitatandukanye ku buryo bwa burundu.

Rayon Sports na Skol zirateganya kwinjira mu mikoranire mishya:

Mu cyumweru gishize, Kigali Today yabwiye n’umwe mu bantu ba hafi mu nzego za Rayon Sports ko imikoranire y’impande zombi igiye guhinduka ariko atari ugutandukana ahubwo hazahinduka imiterere y’amasezerano.

Ati”𝐓𝐮𝐳𝐚𝐠𝐢𝐫𝐚𝐧𝐚 𝐢𝐦𝐢𝐤𝐨𝐫𝐚𝐧𝐢𝐫𝐞 𝐢𝐭𝐚𝐧𝐝𝐮𝐤𝐚𝐧𝐲𝐞 𝐧𝐢𝐲𝐨 𝐭𝐰𝐚𝐫𝐢 𝐝𝐮𝐟𝐢𝐭𝐞.”

Nyuma y’ibaruwa ya Skol yasohotse mu ijoro ryakeye kandi, Kigali Today yabwiwe n’undi muntu wo hejuru mu nzego za Rayon Sports ko batigeze batandukana burundu ko ahubwo hagiye guhinduka imikoranire gusa.

Ati “Amasezerano yari ahari yarangije igihe cyayo. Ikiriho ni uko impande zombi ziyemeje kuganira kugira ngo zumvikane imikoranire mishya. Ibizaba bikubiyemo byumvikanuweho nabyo bizamenyekana vuba. Ntabwo rero habayeho gutandukana ahubwo ni ukuganira imikoranire mishya ifite inyungu ku mpande zombi.”

Uwaduhaye amakuru kandi yakomeje avuga ko ” Iyo abantu baganiriye bakemeranya ko amasezerano ya mbere yarangiye hakaba guhabwa ubusabe bushya ni ngombwa mu nyungu za buri ruhande ko habaho igihe cyo kubwigaho . Nicyo cyabaye kandi vuba icyavuyemo kizamenyekana.”

Rayon Sports yakorana na Banki ya Kigali?

Mu gihe Rayon Sports itandukanye na Skol ku kuyibera umuterankunga mukuru, hamaze iminsi amakuru avuga ko iyi kipe imaze igihe kinini mu biganiro na Banki ya Kigali ndetse mu minsi micye ishize Kigali Today yakiriye amakuru yizewe ahamya ko nubwo batari basinyana ariko ibiganiro biri kugana ku musozo kandi biri no kugenda neza.

Ubwo Banki ya Kigali yasinyaga amasezerano yo kwitirirwa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu tariki 24 Mata 2026, Umuyobozi Mukuru wayo Dr. Diane Karusisi akabazwa kuri aya makuru ntiyahakanye cyangwa ngo yemere ahubwo yavuze ko igihe nikigera bizavugwaho.

Ati “Uyu munsi turavuga BK Pro League ntabwo dushaka kuvanga amadosiye. Ibya Rayon Sports cyangwa n’andi makipe tuzavuga amakuru igihe cyageze kuko uyu munsi dushaka ko abanyamakuru bavuga BK Pro League gusa akaba ariyo abakunzi b’imikino bamenya.”

Rayon Sports yasinyanye amasezerano ya mbere na Skol bwa mbere tariki 15 Gicurasi 2014, yari afite igihe kingana n’imyaka itatu, aho yatangiye ibona ibona agera kuri miliyoni 47 Frw buri mwaka yanganaga n’ibihumbi 50 by’ama Euro icyo gihe ndetse n’ibikoresho byo gufasha iyi kipe.

Aya masezerano yavuguruwe mu 2017, 2020 ndetse na 2023 aho aya ariyo yarangiranye n’umwaka w’imikino 2025-2026.

Kigali Today

ImageImage

2026-06-09
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Ntaganda Bernard na Ingabire Victoire bahanganye na “Padiri” Thomas Nahimana ngo ubahatira kumushyigikira muri politiki ye y’ ubuswa n’ubusazi.

Ntaganda Bernard na Ingabire Victoire bahanganye na “Padiri” Thomas Nahimana ngo ubahatira kumushyigikira muri politiki ye y’ ubuswa n’ubusazi.

Ubwanditsi 03 Mar 2021
Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu

Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu

Ubwanditsi 18 Dec 2021
Imyaka itanu irashize icyamamare Jean Christophe Matata avuye kuri iyi isi

Imyaka itanu irashize icyamamare Jean Christophe Matata avuye kuri iyi isi

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside

Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 27 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi
Amakuru

Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Ubwanditsi 07 Sep 2020
Perezida Evariste Ndayishimiye yagaragaje ko hari abamurusha amaboko yisubiraho kubyo yari yatangaje ko abayobozi muri icyo gihugu bagaragaza imitungo
Amakuru

Perezida Evariste Ndayishimiye yagaragaje ko hari abamurusha amaboko yisubiraho kubyo yari yatangaje ko abayobozi muri icyo gihugu bagaragaza imitungo

Ubwanditsi 28 Sep 2020
Chairman wa APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa yatorewe kuba umwe mubagize inama y’ubuyobozi bwa Rwanda Premier League
Amakuru

Chairman wa APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa yatorewe kuba umwe mubagize inama y’ubuyobozi bwa Rwanda Premier League

Ubwanditsi 15 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru