• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abarokotse Jenoside n’inshuti zabo basabye Radio Canada gusaba imbabazi ku kiganiro gipfobya Jenoside cyatumiwemo Judi Rever

Abarokotse Jenoside n’inshuti zabo basabye Radio Canada gusaba imbabazi ku kiganiro gipfobya Jenoside cyatumiwemo Judi Rever

Editorial 12 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

PAGE-RWANDA,ni umuryango ugizwe n’ababyeyi n’inshuti z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi baba muri Canada, bandikiye ubuyobozi bwa Radio Canada bayisaba gusiba no gusaba imbabazi ku kiganiro iherutse gutambutsa gihakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
Icyo kiganiro cyakozwe tariki 7 Mutarama 2021, gikorwa n’umunyamakuru Stéphane Bureau, mu gihe umutumirwa yari ruharwa mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ariwe Judi Rever, umunyamakurukazi wo muri Canada uzwiho inyandiko zihakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri icyo kiganiro cyaje gushyirwa ku rubuga rw’iyo radiyo, Judi Rever yahawe umwanya wo gusobanura Igitabo cye kigizwe n’imvugo y’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Icyo gitabo kigoreka amateka, gitagatifuza Hutu Pawa ko itakoze Jenoside ahubwo ko yakozwe na FPR.

Nyuma y’icyo kiganiro, Abanyamuryango ba PAGE Rwanda bandikiye ubuyobozi bwa Radio Canada, bagaragaza agahinda batewe no kuba yaremeye gutambutsa ikiganiro nk’icyo kivuga ibihabanye n’ibyabaye.
Mu ibaruwa yasinywe na Perezida wa Page Rwanda, Jean-Paul Nyilinkwaya bagize bati “Radio Canada yahaye umwanya Madamu Judi Rever uzwiho ibitekerezo bihakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ahabwa umwanya wo gutambutsa ibitekerezo bye rutwitsi kandi bipfuye bishingiye ku kuvuga ko habayeho Jenoside ebyiri. Ni ibitekerezo hashize igihe bikwirakwizwa a n’abajenosideri n’ababashyigikiye.”

Ibivugwa na Judi Rever ni imvugo yateguwe n’abajenosideri nyuma yo guhunga bamaze koreka imbaga y’Abatutsi. Ibyo babiteguye mu mugambi wabo wo kurimbura Abatutsi aho bemezaga ko Abatutsi bari bagiye kwica Abahutu kugirango bashishikarize Abahutu kumara Abatutsi. Ibaruwa ikomeza igira iti “Ntabwo ibyo bitekerezo bishingiye ku kuri, ni ibinyoma. Bagaragaje ko kandi bababajwe no kuba ku rubuga rwa Radio Canada, hari inyandiko zifite aho zihuriye n’icyo kiganiro cyatambukijwe handitse ngo Jenoside Nyarwanda, mu gihe inyito nyayo yemejwe na Loni ari Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Abagize PAGE Rwanda bavuga ko Judi Rever avuga ibintu bidafite gihamya, akirengagiza ubundi buhamya n’ubushakashatsi butabarika bumaze igihe butangwa haba mu nyandiko, amashusho n’ibindi, bitanga ukuri n’umucyo kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Bavuze ko bibabaje kuba ikinyamakuru cyubashywe nka Radio Canada gishobora kuba umuyoboro w’ibitekerezo rutwitsi bihakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ntihanahabwe umwanya urundi ruhande ngo rusobanure ukuri kw’ibivugwa.

Bati “Muzi ko hari ibintu bitandukanye bivugwa kuri Jenoside yakorewe Abayahudi cyangwa se ku bitero bya tariki 11 Nzeri 2001, ese mwatinyuka guha rugari umuntu ubihakana ngo azane imvuga ‘itandukanye n’ihari’? […] Turahamya ko bitashoboka.” Bavuze ko kwemerera Judi Rever na Stéphane Bureau gutambutsa icyo kiganiro , Radio Canada “yagaragaje kwirengagiza byaba bidaturutse ku bushake cyangwa se kudashishoza no kutumva uburemere, cyangwa se byaratewe no gusuzugura inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi kuko ari Abanyafurika, abirabura cyangwa Abatutsi.”

PAGE Rwanda yasabye Radio Canada gusiba icyo kiganiro ku miyoboro yayo, ikisegura mu ruhame ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abakurikira iyo radiyo bakomerekejwe n’icyo kiganiro “no gutegura ikindi kiganiro kuri iyo ngingo.”

2021-01-12
Editorial

IZINDI NKURU

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Editorial 05 Mar 2021
Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Editorial 03 Sep 2019
Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu

Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu

Editorial 05 Oct 2020
Minisitiri w’ubutabera araburira abakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza

Minisitiri w’ubutabera araburira abakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza

Editorial 18 May 2018
Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Editorial 05 Mar 2021
Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Editorial 03 Sep 2019
Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu

Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu

Editorial 05 Oct 2020
Minisitiri w’ubutabera araburira abakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza

Minisitiri w’ubutabera araburira abakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza

Editorial 18 May 2018
Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Editorial 05 Mar 2021
Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Editorial 03 Sep 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru