• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abarokotse Jenoside n’inshuti zabo basabye Radio Canada gusaba imbabazi ku kiganiro gipfobya Jenoside cyatumiwemo Judi Rever

Abarokotse Jenoside n’inshuti zabo basabye Radio Canada gusaba imbabazi ku kiganiro gipfobya Jenoside cyatumiwemo Judi Rever

Ubwanditsi 12 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

PAGE-RWANDA,ni umuryango ugizwe n’ababyeyi n’inshuti z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi baba muri Canada, bandikiye ubuyobozi bwa Radio Canada bayisaba gusiba no gusaba imbabazi ku kiganiro iherutse gutambutsa gihakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
Icyo kiganiro cyakozwe tariki 7 Mutarama 2021, gikorwa n’umunyamakuru Stéphane Bureau, mu gihe umutumirwa yari ruharwa mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ariwe Judi Rever, umunyamakurukazi wo muri Canada uzwiho inyandiko zihakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri icyo kiganiro cyaje gushyirwa ku rubuga rw’iyo radiyo, Judi Rever yahawe umwanya wo gusobanura Igitabo cye kigizwe n’imvugo y’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Icyo gitabo kigoreka amateka, gitagatifuza Hutu Pawa ko itakoze Jenoside ahubwo ko yakozwe na FPR.

Nyuma y’icyo kiganiro, Abanyamuryango ba PAGE Rwanda bandikiye ubuyobozi bwa Radio Canada, bagaragaza agahinda batewe no kuba yaremeye gutambutsa ikiganiro nk’icyo kivuga ibihabanye n’ibyabaye.
Mu ibaruwa yasinywe na Perezida wa Page Rwanda, Jean-Paul Nyilinkwaya bagize bati “Radio Canada yahaye umwanya Madamu Judi Rever uzwiho ibitekerezo bihakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ahabwa umwanya wo gutambutsa ibitekerezo bye rutwitsi kandi bipfuye bishingiye ku kuvuga ko habayeho Jenoside ebyiri. Ni ibitekerezo hashize igihe bikwirakwizwa a n’abajenosideri n’ababashyigikiye.”

Ibivugwa na Judi Rever ni imvugo yateguwe n’abajenosideri nyuma yo guhunga bamaze koreka imbaga y’Abatutsi. Ibyo babiteguye mu mugambi wabo wo kurimbura Abatutsi aho bemezaga ko Abatutsi bari bagiye kwica Abahutu kugirango bashishikarize Abahutu kumara Abatutsi. Ibaruwa ikomeza igira iti “Ntabwo ibyo bitekerezo bishingiye ku kuri, ni ibinyoma. Bagaragaje ko kandi bababajwe no kuba ku rubuga rwa Radio Canada, hari inyandiko zifite aho zihuriye n’icyo kiganiro cyatambukijwe handitse ngo Jenoside Nyarwanda, mu gihe inyito nyayo yemejwe na Loni ari Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Abagize PAGE Rwanda bavuga ko Judi Rever avuga ibintu bidafite gihamya, akirengagiza ubundi buhamya n’ubushakashatsi butabarika bumaze igihe butangwa haba mu nyandiko, amashusho n’ibindi, bitanga ukuri n’umucyo kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Bavuze ko bibabaje kuba ikinyamakuru cyubashywe nka Radio Canada gishobora kuba umuyoboro w’ibitekerezo rutwitsi bihakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ntihanahabwe umwanya urundi ruhande ngo rusobanure ukuri kw’ibivugwa.

Bati “Muzi ko hari ibintu bitandukanye bivugwa kuri Jenoside yakorewe Abayahudi cyangwa se ku bitero bya tariki 11 Nzeri 2001, ese mwatinyuka guha rugari umuntu ubihakana ngo azane imvuga ‘itandukanye n’ihari’? […] Turahamya ko bitashoboka.” Bavuze ko kwemerera Judi Rever na Stéphane Bureau gutambutsa icyo kiganiro , Radio Canada “yagaragaje kwirengagiza byaba bidaturutse ku bushake cyangwa se kudashishoza no kutumva uburemere, cyangwa se byaratewe no gusuzugura inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi kuko ari Abanyafurika, abirabura cyangwa Abatutsi.”

PAGE Rwanda yasabye Radio Canada gusiba icyo kiganiro ku miyoboro yayo, ikisegura mu ruhame ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abakurikira iyo radiyo bakomerekejwe n’icyo kiganiro “no gutegura ikindi kiganiro kuri iyo ngingo.”

2021-01-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda

Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 27 Nov 2024
“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 05 Jul 2021
Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

RUSHYASHYA 19 Feb 2026
Tuyisenge Jacques wifuzwaga na Police FC yerekeje muri AS Kigali, Shaban Shabalala yongereye amasezerano , APR FC yihariye ibikombe by’abakinnyi bitwaye neza

Tuyisenge Jacques wifuzwaga na Police FC yerekeje muri AS Kigali, Shaban Shabalala yongereye amasezerano , APR FC yihariye ibikombe by’abakinnyi bitwaye neza

Ubwanditsi 01 Aug 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.
Amakuru

Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.

Ubwanditsi 10 May 2021
Polisi y’u Rwanda irizeza abaturage umutekano mu bihe byo kwibuka
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturage umutekano mu bihe byo kwibuka

Ubwanditsi 05 Apr 2016
Ishami rya Polisi(RPU) ryafashe toni 80 za magendu ya caguwa
ITOHOZA

Ishami rya Polisi(RPU) ryafashe toni 80 za magendu ya caguwa

Ubwanditsi 30 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru