• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abantu 10 bamaze kugwa mu myigaragambyo yamagana kwimurira Ambasade ya Amerika i Yeruzalemu

Abantu 10 bamaze kugwa mu myigaragambyo yamagana kwimurira Ambasade ya Amerika i Yeruzalemu

Ubwanditsi 14 May 2018 HIRYA NO HINO

Minisiteri y’Ubuzima muri Palestine yatangaje ko ingabo za Israel zimaze kwica Abanya-Palestine barenga icumi mu myigaragambyo yabimburiye umuhango wo kwimura Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Israel, ikava i Tel Aviv ikajyanwa i Yeruzalemu.

Kuri uyu wa Mbere nibwo Amerika ifungura Ambasade yayo i Yeruzalemu ariko Abanya-Palestine bamaganye icyo gikorwa binyuze mu myigaragambyo ikomeye.

Abategetsi bakuru bo muri Amerika bageze muri Israel kuri iki Cyumweru, barimo Minisitiri w’Imari Steven Mnuchin n’umukobwa wa Perezida wa Amerika Donald Trump, Ivanka n’umugabo we Jared Kushner.

Umwanzuro wa Trump wo kwimura Ambasade ya Amerika warakaje Abanya-Palestine bavuga ko Uburasirazuba bwa Yeruzalemu ari wo murwa mukuru wabo. Israel yahigaruriye mu 1948, mu ntambara yagejeje ku ishingwa rya Leta ya Israel.

Uyu mwanzuro Trump yafashe umwaka ushize wo kwemeza Yeruzalemu nk’umurwa mukuru wa Israel, wahise ugaragaza byeruye aho icyo gihugu gihagaze muri icyo kibazo, bitandukanye n’uko abamubanjirije babyitwayemo.

CNN yatangaje ko igisirikare cya Israel cyanyanyagije muri Gaza gikoresheje indege, inyandiko ziburira baturage kutegera urukuta rutandukanya Gaza na Israel. Kuva muri Werurwe, ingabo za Israel zimaze kuharasira abantu basaga 50 bagapfa, gusa nta munya-Israel uragwa muri icyo kibazo.

Aba bigaragambya bavuga ko bakeneye gusubira ku butaka bw’abasekuruza babo, Israel yo ikavuga ko iyo myigaragambyo yashowe n’umutwe wa Hamas uyobora Gaza kugeza ubwo Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Avigdor Lieberman, yavuze ko biteguye guhangana n’ibikorwa by’uwo mutwe “bigamije kudobya ibirori”.

Yagize ati “Icyo nisabira abaturage ba Gaza; ntimuhumwe amaso na Sinwar (Umuyobozi wa Hamas muri Gaza) uri kohereza abana banyu ngo batange ubuzima bwanyu mu bidafite akamaro. Turaza kurwana ku baturage bacu mu buryo bwose bushoboka kandi ntituratuma hari urenga uruzitiro.”

Hamas ihakana ibyo birego.

Umwe mu bigaragambya witwa Ali wanze gutangaza izina rya kabiri, yabwiye Reuters ati “Uyu munsi ni wo tugomba kurenga uruzitiro ngo tubwire Israel n’Isi yose ko tutazemera gutwarirwa ubutaka ubuziraherezo.”

“Uyu munsi abenshi bashobora guhorwa Imana, benshi cyane, ariko Isi iraza kumva ubutumwa bwacu. Kwigarurirwa bigomba kurangira.”

Palestine ivuga ko hakomeretse 500, naho mu bishwe harimo umwana w‘imyaka 14, abazize amasasu barashwe arenga 200.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yavuze ko uyu ari “Umunsi ukomeye ku baturage ba Israel na Leta ya Israel.”

Minisitiri w’Intebe wa Palestine, Rami Hamdallah, we avuga ko kuba Trump yaremeje Yeruzalemu nk’umurwa mukuru wa Israel, akanimurirayo Ambasade ari “ukurenga bikomeye ku mategeko mpuzamahanga.”

Ibihugu byinshi bivuga ko Yeruzalemu nk’umujyi mutagatifu w’Abayahudi, Abayisilamu n’Abakirisitu ukwiye gufatwaho umwanzuro binyuze mu masezerano y’amahoro, ku buryo kwimurirayo ambasade byahita biyabangamira.

Uretse USA, na Guatemala iteganya kuhafungura Ambasade kuri uyu wa Gatatu, hakazakurikiraho Paraguay mbere y’uko uku kwezi kurangira.

 

Imyuka iryana mu maso yatewe muri Palestine ku bwinshi

 

Uyu mugore yirukaga mu myotsi ituruka ku mapine yacanwe n’abigaragambya

 

2018-05-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Aba FDLR baba bayoboye u Burundi cyangwa ni abacancuro

Aba FDLR baba bayoboye u Burundi cyangwa ni abacancuro

Ubwanditsi 15 Sep 2019
Meghan n’igikomangoma cy’u Bwongereza bashobora kurira ukwezi kwa buki mu Rwanda

Meghan n’igikomangoma cy’u Bwongereza bashobora kurira ukwezi kwa buki mu Rwanda

Ubwanditsi 10 May 2018
Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 07 Sep 2022
Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Ubwanditsi 04 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abaturage b’umurenge wa Kagogo basabwe kwirinda ibintu byose byateza impanuka mu kiyaga cya Burera
Mu Rwanda

Abaturage b’umurenge wa Kagogo basabwe kwirinda ibintu byose byateza impanuka mu kiyaga cya Burera

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Ese koko Ngeze Hassan yaba ari gusabirwa gufungurwa n’Agathe Kanziga?
INKURU NYAMUKURU

Ese koko Ngeze Hassan yaba ari gusabirwa gufungurwa n’Agathe Kanziga?

Ubwanditsi 06 Jun 2018
Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa
Amakuru

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa

Ubwanditsi 24 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru