• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abantu 10 bamaze kugwa mu myigaragambyo yamagana kwimurira Ambasade ya Amerika i Yeruzalemu

Abantu 10 bamaze kugwa mu myigaragambyo yamagana kwimurira Ambasade ya Amerika i Yeruzalemu

Ubwanditsi 14 May 2018 HIRYA NO HINO

Minisiteri y’Ubuzima muri Palestine yatangaje ko ingabo za Israel zimaze kwica Abanya-Palestine barenga icumi mu myigaragambyo yabimburiye umuhango wo kwimura Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Israel, ikava i Tel Aviv ikajyanwa i Yeruzalemu.

Kuri uyu wa Mbere nibwo Amerika ifungura Ambasade yayo i Yeruzalemu ariko Abanya-Palestine bamaganye icyo gikorwa binyuze mu myigaragambyo ikomeye.

Abategetsi bakuru bo muri Amerika bageze muri Israel kuri iki Cyumweru, barimo Minisitiri w’Imari Steven Mnuchin n’umukobwa wa Perezida wa Amerika Donald Trump, Ivanka n’umugabo we Jared Kushner.

Umwanzuro wa Trump wo kwimura Ambasade ya Amerika warakaje Abanya-Palestine bavuga ko Uburasirazuba bwa Yeruzalemu ari wo murwa mukuru wabo. Israel yahigaruriye mu 1948, mu ntambara yagejeje ku ishingwa rya Leta ya Israel.

Uyu mwanzuro Trump yafashe umwaka ushize wo kwemeza Yeruzalemu nk’umurwa mukuru wa Israel, wahise ugaragaza byeruye aho icyo gihugu gihagaze muri icyo kibazo, bitandukanye n’uko abamubanjirije babyitwayemo.

CNN yatangaje ko igisirikare cya Israel cyanyanyagije muri Gaza gikoresheje indege, inyandiko ziburira baturage kutegera urukuta rutandukanya Gaza na Israel. Kuva muri Werurwe, ingabo za Israel zimaze kuharasira abantu basaga 50 bagapfa, gusa nta munya-Israel uragwa muri icyo kibazo.

Aba bigaragambya bavuga ko bakeneye gusubira ku butaka bw’abasekuruza babo, Israel yo ikavuga ko iyo myigaragambyo yashowe n’umutwe wa Hamas uyobora Gaza kugeza ubwo Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Avigdor Lieberman, yavuze ko biteguye guhangana n’ibikorwa by’uwo mutwe “bigamije kudobya ibirori”.

Yagize ati “Icyo nisabira abaturage ba Gaza; ntimuhumwe amaso na Sinwar (Umuyobozi wa Hamas muri Gaza) uri kohereza abana banyu ngo batange ubuzima bwanyu mu bidafite akamaro. Turaza kurwana ku baturage bacu mu buryo bwose bushoboka kandi ntituratuma hari urenga uruzitiro.”

Hamas ihakana ibyo birego.

Umwe mu bigaragambya witwa Ali wanze gutangaza izina rya kabiri, yabwiye Reuters ati “Uyu munsi ni wo tugomba kurenga uruzitiro ngo tubwire Israel n’Isi yose ko tutazemera gutwarirwa ubutaka ubuziraherezo.”

“Uyu munsi abenshi bashobora guhorwa Imana, benshi cyane, ariko Isi iraza kumva ubutumwa bwacu. Kwigarurirwa bigomba kurangira.”

Palestine ivuga ko hakomeretse 500, naho mu bishwe harimo umwana w‘imyaka 14, abazize amasasu barashwe arenga 200.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yavuze ko uyu ari “Umunsi ukomeye ku baturage ba Israel na Leta ya Israel.”

Minisitiri w’Intebe wa Palestine, Rami Hamdallah, we avuga ko kuba Trump yaremeje Yeruzalemu nk’umurwa mukuru wa Israel, akanimurirayo Ambasade ari “ukurenga bikomeye ku mategeko mpuzamahanga.”

Ibihugu byinshi bivuga ko Yeruzalemu nk’umujyi mutagatifu w’Abayahudi, Abayisilamu n’Abakirisitu ukwiye gufatwaho umwanzuro binyuze mu masezerano y’amahoro, ku buryo kwimurirayo ambasade byahita biyabangamira.

Uretse USA, na Guatemala iteganya kuhafungura Ambasade kuri uyu wa Gatatu, hakazakurikiraho Paraguay mbere y’uko uku kwezi kurangira.

 

Imyuka iryana mu maso yatewe muri Palestine ku bwinshi

 

Uyu mugore yirukaga mu myotsi ituruka ku mapine yacanwe n’abigaragambya

 

2018-05-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kinshasa : Perezida Kagame yunamiye Étienne Tshisekedi wasezeweho bwa nyuma

Kinshasa : Perezida Kagame yunamiye Étienne Tshisekedi wasezeweho bwa nyuma

Ubwanditsi 01 Jun 2019
FIBA Africa U-16 Zone V:  U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

FIBA Africa U-16 Zone V: U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

Ubwanditsi 10 Jun 2019
UBUHANUZI:Abashaka guteza umutekano muke mu Rwanda ndetse n’impfu za hato na hato i Burundi bigiye kuburizwamo.

UBUHANUZI:Abashaka guteza umutekano muke mu Rwanda ndetse n’impfu za hato na hato i Burundi bigiye kuburizwamo.

Ubwanditsi 11 Dec 2017
Ifoto y’Umunsi

Ifoto y’Umunsi

Ubwanditsi 05 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuco wa Nkombo, umwihariko washimishije abitabiriye FESPAD
Mu Mahanga

Umuco wa Nkombo, umwihariko washimishije abitabiriye FESPAD

Ubwanditsi 04 Aug 2016
Mu mubano w’ u Rwanda n’u Bushinwa amateka yaraye yiyanditse
INKURU NYAMUKURU

Mu mubano w’ u Rwanda n’u Bushinwa amateka yaraye yiyanditse

Ubwanditsi 23 Jul 2018
M23 yakiriye kinyamwuga ingabo z’Afurika y’Epfo zari zimaze icyumweru zigeze mu burasirazuba bwa Congo
Amakuru

M23 yakiriye kinyamwuga ingabo z’Afurika y’Epfo zari zimaze icyumweru zigeze mu burasirazuba bwa Congo

Ubwanditsi 03 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru