• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abantu 10 bamaze kugwa mu myigaragambyo yamagana kwimurira Ambasade ya Amerika i Yeruzalemu

Abantu 10 bamaze kugwa mu myigaragambyo yamagana kwimurira Ambasade ya Amerika i Yeruzalemu

Ubwanditsi 14 May 2018 HIRYA NO HINO

Minisiteri y’Ubuzima muri Palestine yatangaje ko ingabo za Israel zimaze kwica Abanya-Palestine barenga icumi mu myigaragambyo yabimburiye umuhango wo kwimura Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Israel, ikava i Tel Aviv ikajyanwa i Yeruzalemu.

Kuri uyu wa Mbere nibwo Amerika ifungura Ambasade yayo i Yeruzalemu ariko Abanya-Palestine bamaganye icyo gikorwa binyuze mu myigaragambyo ikomeye.

Abategetsi bakuru bo muri Amerika bageze muri Israel kuri iki Cyumweru, barimo Minisitiri w’Imari Steven Mnuchin n’umukobwa wa Perezida wa Amerika Donald Trump, Ivanka n’umugabo we Jared Kushner.

Umwanzuro wa Trump wo kwimura Ambasade ya Amerika warakaje Abanya-Palestine bavuga ko Uburasirazuba bwa Yeruzalemu ari wo murwa mukuru wabo. Israel yahigaruriye mu 1948, mu ntambara yagejeje ku ishingwa rya Leta ya Israel.

Uyu mwanzuro Trump yafashe umwaka ushize wo kwemeza Yeruzalemu nk’umurwa mukuru wa Israel, wahise ugaragaza byeruye aho icyo gihugu gihagaze muri icyo kibazo, bitandukanye n’uko abamubanjirije babyitwayemo.

CNN yatangaje ko igisirikare cya Israel cyanyanyagije muri Gaza gikoresheje indege, inyandiko ziburira baturage kutegera urukuta rutandukanya Gaza na Israel. Kuva muri Werurwe, ingabo za Israel zimaze kuharasira abantu basaga 50 bagapfa, gusa nta munya-Israel uragwa muri icyo kibazo.

Aba bigaragambya bavuga ko bakeneye gusubira ku butaka bw’abasekuruza babo, Israel yo ikavuga ko iyo myigaragambyo yashowe n’umutwe wa Hamas uyobora Gaza kugeza ubwo Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Avigdor Lieberman, yavuze ko biteguye guhangana n’ibikorwa by’uwo mutwe “bigamije kudobya ibirori”.

Yagize ati “Icyo nisabira abaturage ba Gaza; ntimuhumwe amaso na Sinwar (Umuyobozi wa Hamas muri Gaza) uri kohereza abana banyu ngo batange ubuzima bwanyu mu bidafite akamaro. Turaza kurwana ku baturage bacu mu buryo bwose bushoboka kandi ntituratuma hari urenga uruzitiro.”

Hamas ihakana ibyo birego.

Umwe mu bigaragambya witwa Ali wanze gutangaza izina rya kabiri, yabwiye Reuters ati “Uyu munsi ni wo tugomba kurenga uruzitiro ngo tubwire Israel n’Isi yose ko tutazemera gutwarirwa ubutaka ubuziraherezo.”

“Uyu munsi abenshi bashobora guhorwa Imana, benshi cyane, ariko Isi iraza kumva ubutumwa bwacu. Kwigarurirwa bigomba kurangira.”

Palestine ivuga ko hakomeretse 500, naho mu bishwe harimo umwana w‘imyaka 14, abazize amasasu barashwe arenga 200.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yavuze ko uyu ari “Umunsi ukomeye ku baturage ba Israel na Leta ya Israel.”

Minisitiri w’Intebe wa Palestine, Rami Hamdallah, we avuga ko kuba Trump yaremeje Yeruzalemu nk’umurwa mukuru wa Israel, akanimurirayo Ambasade ari “ukurenga bikomeye ku mategeko mpuzamahanga.”

Ibihugu byinshi bivuga ko Yeruzalemu nk’umujyi mutagatifu w’Abayahudi, Abayisilamu n’Abakirisitu ukwiye gufatwaho umwanzuro binyuze mu masezerano y’amahoro, ku buryo kwimurirayo ambasade byahita biyabangamira.

Uretse USA, na Guatemala iteganya kuhafungura Ambasade kuri uyu wa Gatatu, hakazakurikiraho Paraguay mbere y’uko uku kwezi kurangira.

 

Imyuka iryana mu maso yatewe muri Palestine ku bwinshi

 

Uyu mugore yirukaga mu myotsi ituruka ku mapine yacanwe n’abigaragambya

 

2018-05-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CAN 2019: Maroc yatsinze Namibia mu mukino wasifuwe n’Umunyarwanda

CAN 2019: Maroc yatsinze Namibia mu mukino wasifuwe n’Umunyarwanda

Ubwanditsi 24 Jun 2019
RDC: Abatavuga Rumwe Na Leta Baburiye Perezida Kabila

RDC: Abatavuga Rumwe Na Leta Baburiye Perezida Kabila

Ubwanditsi 14 Sep 2018
Hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” kivuga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo

Hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” kivuga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Ubwanditsi 31 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze
INKURU NYAMUKURU

Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze

Ubwanditsi 27 Mar 2020
“Uyu ni umubano mwiza cyane “- Kenyatta avuga kuri  Kagame
INKURU NYAMUKURU

“Uyu ni umubano mwiza cyane “- Kenyatta avuga kuri Kagame

Ubwanditsi 11 Mar 2019
Bitangiye kugaragara yuko nta Jammeh wa Gambia nta Nkurunziza w’u Burundi
POLITIKI

Bitangiye kugaragara yuko nta Jammeh wa Gambia nta Nkurunziza w’u Burundi

Ubwanditsi 13 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru