• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuco wa Nkombo, umwihariko washimishije abitabiriye FESPAD

Umuco wa Nkombo, umwihariko washimishije abitabiriye FESPAD

Ubwanditsi 04 Aug 2016 Mu Mahanga

Abaturage bo mu Karere ka Rusizi barasabwa guteza imbere umuco wihariye bafite ukomoka ku batuye Nkombo, udashobora kuboneka ahandi mu Rwanda.

Ibi babisabwe n’Umuyobozi ushinzwe Igenamigambi n’Ikurikiranabikorwa muri Minisiteri ya Siporo n’Umuco, Uwiringiyimana Callixte. Hari ku wa 3 Kanama 2016, mu birori by’Iserukiramucyo Nyafurika ry’Imbyino (FESPAD) byabereye mu Karere ka Rusizi.

Uwiringiyimana yasobanuye ko mu Rwanda hari abahanzi batandukanye ariko ubuhanzi bwabo bukaba bushingiye mu kwigana iby’abandi, nyamara i Rusizi ngo haboneka imbyino n’indirimbo z’umwihariko zabateza imbere baramutse babikoze neza bitari mu kajagari, akaba yabasabye kubikora kinyamwuga.

Yagize ati “Uyu munsi hari abacuranzi batandukanye ariko bashingiye ku gukopera iby’abandi. Rusizi yo ifite umwihariko: twavuga nk’impano zo ku Nkombo zihariye mu gihugu hose, ntekereza ko bazikoresheje neza nta kajagari, byabafasha mu iterambere rishingiye ku muco.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Harerimana Frederic, na we yashimangiye ko aka karere karimo umuco ushobora kuba ishingiro ry’iterambere ry’abaturage bahereye ku “Basamyi” ba Nkombo bigatuma akarere kaba nyabagendwa kurushaho mu bijyanye n’ubukerarugendo.

Harerimana akomeza avuga ko ibyo bishoboka kuko hari umuhanzi Marchale watangiye guteza imbere umuco w’Abanyenkombo, ubu akaba arimo kuwugaragaza hirya no hino mu gihugu ndetse no hanze yacyo, agahera aho akangurira urubyiruko kubyutsa impano ibarimo.

Yagize ati “Abari hano mwabonye ko hari umuco ushobora kuba ishingiro ry’iterambere ryacu bigatuma akarere kaba nyabagendwa duhereye ku Basamyi ba Nkombo. Ni umwihariko w’akarere kacu mu gihugu, imbyino zabo n’ibihangano tugomba kubikoresha mu iterambere, mu bukerarugendo n’ahandi.”

Bamwe mu batuye ikirwa cya Nkombo bavuga ko bahuriye ku muco wabo wihariye ariko ngo ntubyazwa umusaruro kuko bategerwa kugira ngo babashe gukomeza kuvumbura ubuhanzi bubarimo. Basaba ko ubuyobozi bwabafasha kugira ngo bagire imikorere myiza bave mu kajagari.

Abitabiriye FESPAD bishimiye ibyo birori kuko baboneyemo imico itandukanye batari bazi.

-3501.jpg

Bafite umwihariko wo gucinya akadiho

-3502.jpg

Bamwe mu bitabiriye FESPAD mu karere ka Rusizi, harimo Abasamyi ba Nkombo, Itorero Amasata, umuhanzi Marchale, Itorero ry’Igihugu Urukerereza, Amis de Jeune n’abandi.

KT

2016-08-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Ikibatsi cy’umuriro n’imvura y’amasasu bikomeje kwisuka ku barwanyi ba Kayumba (Video)

RDC: Ikibatsi cy’umuriro n’imvura y’amasasu bikomeje kwisuka ku barwanyi ba Kayumba (Video)

Ubwanditsi 01 Jul 2019
“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Ubwanditsi 31 Mar 2024
Abofisiye bakuru badacana uwaka na Gen Kayihura baragororerwa ubutitsa

Abofisiye bakuru badacana uwaka na Gen Kayihura baragororerwa ubutitsa

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Umuhungu wa Ingabire mu marira y’ingona asaba ko Trump afungura nyina ufunzwe ku byaha bikomeye

Umuhungu wa Ingabire mu marira y’ingona asaba ko Trump afungura nyina ufunzwe ku byaha bikomeye

Ubwanditsi 22 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rusizi : Kagame  yiyamamarije mu  Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe
Mu Rwanda

Rusizi : Kagame yiyamamarije mu Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe

Ubwanditsi 28 Jul 2017
Kigali: Abantu b’ingeri zose bitabiriye umunsi wa Siporo “Car Free day”
IMIKINO

Kigali: Abantu b’ingeri zose bitabiriye umunsi wa Siporo “Car Free day”

Ubwanditsi 18 Mar 2018
I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.
INKURU NYAMUKURU

I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.

Ubwanditsi 11 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru