• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe   |   16 Nov 2025

  • Byahuriranye? Rayon Sports yatandukanye n’umutoza Afahmia Lofti, Paul Muvunyi atumiza inama y’intekorusange   |   15 Nov 2025

  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yishyuwe igitego mu minota ya nyuma ikura inota rimwe muri Algeria

Rayon Sports yishyuwe igitego mu minota ya nyuma ikura inota rimwe muri Algeria

Editorial 30 Jul 2018 IMIKINO

Rayon Sports ihagarariye u Rwanda mu marushanwa Nyafurika ya CAF Confederation Cup, yari yihagazeho mu mukino wo kwishyura ihura na USM Alger kuri iki Cyumweru itsinda igitego cya kare cya Ismaila Diarra ariko icyishyurwa mu minota ya nyuma, itahana inota rimwe.

Umutoza Roberto Oliveira Goncalves do Carmo “Robertinho” wa Rayon Sports yagiye muri Algeria afite akazi gakomeye ko kwitwara neza akoresheje abakinnyi 16 gusa batanarimo bamwe mu b’imena nka kapiteni Kwizera Pierrot, Usengimana Faustin, Muhire Kevin na Mutsinzi Ange Jimmy.

Uyu munya-Brazil yihagazeho akoresheje abakinnyi afite, ikipe ye itsinda igitego ku munota wa 28 cya Ismaila Diarra. Gusa USM Alger niyo yari yagiye yiharira umukino, igakina neza ariko amahirwe yo gutera mu izamu ntayisekere.

Amahirwe make y’iyi kipe yiyongereye cyane ubwo umwe mu bakinnyi bayo bakomeye Abderrahmane Meziane yagiraga ikibazo cy’imvune bikaba ngombwa ko asohoka mu kibuga agasimburwa na Walid Ardji mbere y’uko igice cya mbere kirangira.

No mu gice cya kabiri, iyi kipe yakiniraga imbere y’abafana bayo yakomeje kurusha cyane Rayon Sports ariko ishyaka, ubwitange no gukorera hamwe cyane cyane mu gukiza izamu abakinnyi b’iyi kipe ihagarariye u Rwanda bagaragazaga bigatuma iminota yicuma.

USM Alger n’ubundi yari yatsindiye Rayon Sports i Kigali ibitego 2-1 mu mukino ubanza icy’intsinzi cyaje mu minota ya nyuma, n’ubundi no mu wo kwishyura yabonye igitego ku munota wa 86 cya Mohamed Amine Hamia cyabonetse nyuma y’uko iyi kipe yari imaze gutera ku mutambiko w’izamu.

Nyuma yo kunganya uyu mukino wa USM Alger byatumye Gor Mahia nayo yari yatsinze Young Africans mu wundi w’itsinda D ihita ifata umwanya wa mbere n’amanota umunani inganya na USM Alger naho Rayon Sports ikaba ifite atatu mu gihe Young Africans ifite rimwe. Hasigaye imikino ibiri kuri buri kipe kugira ngo iyo mu itsinda irangire, ebyiri za mbere zikazahita zerekeza muri 1/4.

2018-07-30
Editorial

IZINDI NKURU

CAN 2019: Cameroun ifite igikombe giheruka na Misiri yakiriye irushanwa byasezerewe muri 1/8

CAN 2019: Cameroun ifite igikombe giheruka na Misiri yakiriye irushanwa byasezerewe muri 1/8

Editorial 07 Jul 2019
Ikipe ya APR FC igiye gukina umukino wa gicuti na AS Maniema mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo aho bazakina na na Mogadishu City FC yo muri Somalia

Ikipe ya APR FC igiye gukina umukino wa gicuti na AS Maniema mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo aho bazakina na na Mogadishu City FC yo muri Somalia

Editorial 31 Aug 2021
Amafoto – Rayon Sports WFC yasuye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza, ibumurikira ibikombe bibiri yatwaye mu mwaka w’imikino wa 2023/24

Amafoto – Rayon Sports WFC yasuye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza, ibumurikira ibikombe bibiri yatwaye mu mwaka w’imikino wa 2023/24

Editorial 08 May 2024
Ikipe y’igihugu ya Senegal na Côte d’Ivoire zageze muri 1/2 cya Afrobasket ikomeje kubera mu Rwanda

Ikipe y’igihugu ya Senegal na Côte d’Ivoire zageze muri 1/2 cya Afrobasket ikomeje kubera mu Rwanda

Editorial 02 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi
INKURU NYAMUKURU

Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Editorial 29 Oct 2018
Turaburira urubyiruko rwitegura kwerekeza mu mashyamba ya Kongo, basubire inyuma bakurikire urubanza rwa Maj (Rtd) Mudathiru bamenye Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Turaburira urubyiruko rwitegura kwerekeza mu mashyamba ya Kongo, basubire inyuma bakurikire urubanza rwa Maj (Rtd) Mudathiru bamenye Kayumba Nyamwasa

Editorial 19 Jun 2020
Ongera Umenye Abana b’Interahamwe mu Ihuriro ry’urwango JAMBO ASBL
Amakuru

Ongera Umenye Abana b’Interahamwe mu Ihuriro ry’urwango JAMBO ASBL

Editorial 21 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru